Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibimenyetso byerekana uburyarya bw’u Bubiligi mu bibazo byarwo na Congo

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Amb. Olivier Nduhungirehe

Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagarutse kuri bimwe mu byerekana uburyarya bw’u Bubiligi mu bibazo by’u Rwanda na DRC, birimo kuba butaragize icyo bukora ku bintu byose byakozwe bibangamira u Rwanda birimo kuba Perezida Tshisekedi yaravuze kenshi ko azarutera agakuraho ubutegetsi, bukaryumaho ahubwo bukaba burushinja ibinyoma.

Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ibi nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda ifashe icyemezo cyo guhagarika imikoranire n’u Bubiligi kubera kurukangisha ibihano ku nkunga.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot mu butumwa bwe avuga ko Guverinoma y’u Bubiligi yamenye icyemezo cy’u Rwanda cyo guhagarika imikoranire, yavuzemo ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bwa Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda asubiza ubu butumwa bwa mugenzi we w’u Bubiligi, yavuze ko bitangaje kubona u Bubiligi buhagarara kuri uru ruhande rwokamwe n’ibikorwa bibi, bukirengagiza impamvu zakomeje gutangwa n’u Rwanda.

Yagize ati “Igihe Perezida Félix Tshisekedi yafashaga akanaha intwaro umutwe w’abajenosideri wa FDLR, akanawinjiza mu ngabo ze, u Bubiligi bwararebaga ariko ntacyo bwabikozeho.

Igihe Perezida Tshisekedi yavugaga inshuro nyinshi ku karubanda ko azakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, akanarasa ibibombe muri Kigali atiriwe ahagera, u Bubiligi bwarabyumvise neza ariko buryumaho.

Ubwo Perezida Tshisekedi yakoreshaga amamiliyari y’amadolari mu kugura intwaro za rutura, zirimo na Drone n’indege z’intambara kugira ngo abashe kugera ku mugambi we, ubwo yemeraga ko habaho ubufatanye hagati y’Igisirikare cye, FDLR, ingabo z’Abarundi n’iza SAMIDRC, kimwe n’abacancuro b’Abanyaburayi, nubundi ku ntego imwe, i Bruxelles barabimenyaga ariko bakigiraba ba ntibindeba.”

Yavuze kandi ko hagiye hakorwa ibindi bikorwa bibi bishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo, nko kuba FARDC yarakomeje kwica ku manywa y’ihangu Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Kivu ya Ruguru, ndetse n’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo kimwe n’Aba-Hema muri Ituri, byose u Bubiligi bwabimenye ariko bubirenza ingohi.

Ati “Iyo rero Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi avuga ngo Igihugu cye ‘kirashaka inzira za kinyamwuga zo guhagararika amasezerano y’ubufatanye afitiye inyungu Abanyarwanda’ ibi ntabwo ari imvugo y’Ubukoloni bw’isura nshya (neocolonial) gusa, ahubwo ni n’uburyarya.”

Ati “Mbere na mbere, Ubwami bw’u Bubiligi sibwo burajwe inshinga n’imibereho myiza y’Abanyarwanda, ahubwo bireba Guverinoma y’u Rwanda ubwayo.

Icya kabiri, iyo u Bubiligi buza kuba bukorera ‘inyungu z’Abanyarwanda’ ntabwo bwari kwirukanga bushyira igitutu ku bafatanyabikorwa bacu ngo bahagarike imikoranire igamije iterambere ry’Abanyarwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe avuga ko u Rwanda ruzi ibyo u Bwami bw’u Bubiligi bwakoze mu mateka yarwo n’uburyo bwitwara iyo bigeze mu bihe byo kurengera Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − one =

Previous Post

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Next Post

Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.