Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje ibimenyetso byerekana uburyarya bw’u Bubiligi mu bibazo byarwo na Congo

radiotv10by radiotv10
19/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagarutse kuri bimwe mu byerekana uburyarya bw’u Bubiligi mu bibazo by’u Rwanda na DRC, birimo kuba butaragize icyo bukora ku bintu byose byakozwe bibangamira u Rwanda birimo kuba Perezida Tshisekedi yaravuze kenshi ko azarutera agakuraho ubutegetsi, bukaryumaho ahubwo bukaba burushinja ibinyoma.

Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ibi nyuma yuko Guverinoma y’u Rwanda ifashe icyemezo cyo guhagarika imikoranire n’u Bubiligi kubera kurukangisha ibihano ku nkunga.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot mu butumwa bwe avuga ko Guverinoma y’u Bubiligi yamenye icyemezo cy’u Rwanda cyo guhagarika imikoranire, yavuzemo ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rwavogereye ubusugire bwa Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda asubiza ubu butumwa bwa mugenzi we w’u Bubiligi, yavuze ko bitangaje kubona u Bubiligi buhagarara kuri uru ruhande rwokamwe n’ibikorwa bibi, bukirengagiza impamvu zakomeje gutangwa n’u Rwanda.

Yagize ati “Igihe Perezida Félix Tshisekedi yafashaga akanaha intwaro umutwe w’abajenosideri wa FDLR, akanawinjiza mu ngabo ze, u Bubiligi bwararebaga ariko ntacyo bwabikozeho.

Igihe Perezida Tshisekedi yavugaga inshuro nyinshi ku karubanda ko azakuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, akanarasa ibibombe muri Kigali atiriwe ahagera, u Bubiligi bwarabyumvise neza ariko buryumaho.

Ubwo Perezida Tshisekedi yakoreshaga amamiliyari y’amadolari mu kugura intwaro za rutura, zirimo na Drone n’indege z’intambara kugira ngo abashe kugera ku mugambi we, ubwo yemeraga ko habaho ubufatanye hagati y’Igisirikare cye, FDLR, ingabo z’Abarundi n’iza SAMIDRC, kimwe n’abacancuro b’Abanyaburayi, nubundi ku ntego imwe, i Bruxelles barabimenyaga ariko bakigiraba ba ntibindeba.”

Yavuze kandi ko hagiye hakorwa ibindi bikorwa bibi bishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo, nko kuba FARDC yarakomeje kwica ku manywa y’ihangu Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Kivu ya Ruguru, ndetse n’Abanyamulenge muri Kivu y’Epfo kimwe n’Aba-Hema muri Ituri, byose u Bubiligi bwabimenye ariko bubirenza ingohi.

Ati “Iyo rero Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi avuga ngo Igihugu cye ‘kirashaka inzira za kinyamwuga zo guhagararika amasezerano y’ubufatanye afitiye inyungu Abanyarwanda’ ibi ntabwo ari imvugo y’Ubukoloni bw’isura nshya (neocolonial) gusa, ahubwo ni n’uburyarya.”

Ati “Mbere na mbere, Ubwami bw’u Bubiligi sibwo burajwe inshinga n’imibereho myiza y’Abanyarwanda, ahubwo bireba Guverinoma y’u Rwanda ubwayo.

Icya kabiri, iyo u Bubiligi buza kuba bukorera ‘inyungu z’Abanyarwanda’ ntabwo bwari kwirukanga bushyira igitutu ku bafatanyabikorwa bacu ngo bahagarike imikoranire igamije iterambere ry’Abanyarwanda.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe avuga ko u Rwanda ruzi ibyo u Bwami bw’u Bubiligi bwakoze mu mateka yarwo n’uburyo bwitwara iyo bigeze mu bihe byo kurengera Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 1 =

Previous Post

Amakuru aramutse avugwa ku rugamba rwa M23 na FARDC

Next Post

Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Hatewe intambwe y’amateka mu rugendo ruganisha gushyira akadomo ku ntambara yashegeshe Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.