Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

radiotv10by radiotv10
30/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC birangira, ariko ko bigikomeje, bityo ko amahanga yose akwiye kuzishyigikira kugira ngo zigere ku ntego yazo.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe mu nama ya 1 321 yo ku rwego rw’Abaminisitiri y’Akanama k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gashinzwe Amahoro n’Umutekano.

Muri iyi nama yibanze ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko muri uyu mwaka wa 2025, hari inzira za Dipolomasi zageragejwe zashoboraga gushyira iherezo ku bibazo bikomeje kugaragara mu karere, aboneraho gusaba aka Kanama gushyigikira byimazeyo ibyemezo byazo.

Yagaragaje ko nubwo habayeho izo nzira, ariko “FDLR ishyigikiwe na Kinshasa iracyari ikibazo gikomeye cy’umutekano kitarakemuka mu karere, nk’uko bigaragazwa vuba aha n’itwikwa ry’agace ko muri Teritwari ya Walikale ryabaye ku ya 15 Ukuboza 2025, ndetse no gukomeza guhungabanya umutekano w’aka gace kugeza ubu.”

Minisitiri Nduhungirehe yibukije ko u Rwanda rutahwemye kugaragaza impungenge ku kurenga ku byemezo byo guhagarika imirwano byagiye bikorwa n’abahuzamugambi b’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Ndashaka kubibutsa ko guhagarika imirwano, mu buryo busobanutse, ari amasezerano hagati y’impande ebyiri zirwana zagombaga gutanga agahenge, mu gihe hagitegerejwe ko ibibazo by’ibanze bikemurwa.”

Nduhungirehe kandi yavuze ko iyi ngingo ireba mu buryo bungana impande zombi zihanganye mu burasirazuba bwa DRC. Ati “Bityo rero ntabwo guhagarika imirwano byashyirwa mu bikorwa n’uruhande rumwe mu mpande zishyamiranye.”

Yaboneyeho gutangaza ko u Rwanda rwishimiye icyemezo giherutse gufatwa n’Ihuriro AFC/M23 cyo kurekura umujyi wa Uvira, avuga ko ari ikimenyetso cy’ubushake bwiza gikwiye guha ubutumwa abahuza, ko ryiteguye gusubira mu biganiro.

Yavuze kandi ko u Rwanda rukomeje gufatanya n’ubuhuza bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse na Leta Zunze Ubumwe za America byumwihariko ku gushyira mu bikorwa amasezerano y’i Washington no kurandura umutwe w’abajenosideri wa FDLR.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rugikomeje kurangwa n’ubushake bugamije ko haboneka umuti w’ibibazo byo muri DRC
Iyi nama yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + two =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.