Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje impamvu rutagwa mu ikosa ry’ikirego gishya America yarushinje gukorera muri Congo

radiotv10by radiotv10
26/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje impamvu rutagwa mu ikosa ry’ikirego gishya America yarushinje gukorera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganye ikirego cyazamuwe na Leta Zunze Ubumwe za America ko ingabo zarwo zarashe ku za MONUSCO muri DRC, ruvuga ko ntakuntu zakora ibyo kandi zitari muri iki Gihugu, ndetse rusobanura ko ruhora rutanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro n’ibya UN, bityo ko rutahindukira ngo runyuranye n’uyu murongo.

Ibi byavugiwe mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi, yateranye ku ya 24 Mata 2024, aho kashyikirijwe raporo y’intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango mu karere k’ibiyaga bigari.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bwongereza mu Muryango w’Abibumbye, bongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe rwo rutahwemye kubihakana.

Uhagarariye USA, yagize ati “M23 ishyigikiwe n’u Rwanda ndetse n’Ingabo z’u Rwanda ikomeje gufata ibice byinshi bya Congo Kinshasa, ndetse hari impungenge ko igihe cyose yafata n’ahandi. Leta Zunze Ubumwe za America zirasaba u Rwanda guhagarika ubufasha ruha M23 ndetse igakura ingabo zayo zoze ku butaka bwa Congo.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda kandi rugomba guhagarika kurasa ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye.”

Uhagarariye u Bwongereza, na we yavuze ko iki Gihugu “gihangayikishijwe n’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo ndetse no hagati y’u Rwanda n’u Burundi. Turasaba ko hashyirwaho ibindi bihano kuri M23. Turasaba ubuyobozi bw’i Kigali na Kinshasa kujya mu biganiro. Turasaba kandi Perezida Pagame na Tshisekedi kujya mu biganiro bihagarika ibyo bibazo.”

Uhagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na we yagize ati “dushyira mu bikorwa amasezerano twiyemeje mu byo kurinda amahoro n’umutekano ariko u Rwanda nta na kimwe rwubahiriza. Ikimenyetso ni uko bari ku butaka bwa Congo ubu tuvugana.”

Ambasaderi Ernest Rwamucyo uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye yavuze ko ibyo birego ari ibihimbano, kuko ibyo bashinje u Rwanda, rudashobora kubikora.

Yagize ati “Ibirego by’uko u Rwanda rugaba ibitero kuri MONUSCO nta shingiro bifite, ni ibinyoma. Ni ugute u Rwanda rwagaba icyo gitero kuri MONUSCO kani rutariyo, kandi muri iyi nteko mufite ibimenyetso bigaragaza ko izi ngabo zahunze ibitero by’ingabo za Congo, Wazalendo n’iz’Umuryango wa SADC.”

Yakomeje agira ati “Abasirikare bacu bitangiye mu mahanga barinda umutekano w’abasivile, ntidushobora gutera ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu gihe dufite umuhingo wo kugira abasirikare benshi barinda umutekano ku isi. U Rwanda rwemeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro kubera ko twizera ko ubufatanye bw’Ibihugu by’aka karere bushobora kuzana igisubizo cya politike kirambye mu karere, ndetse turacyizeye ko ibiganiro bishobora kuzana igisubizo.R

U rwanda kandi rwasabye Ibihugu byari biteraniye muri iyi Nteko guhagurukira umutwe wa FDLR kuko ari wo ntandaro y’umutekano mucye umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa Congo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Icyifuzo cyakunze gutangwa mu bizamini bya ‘Permis’ cyasubijwe

Next Post

Igihugu cyahaye Ukraine misile za kirimbuzi cyabitanzeho amakuru arambuye

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze
FOOTBALL

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyahaye Ukraine misile za kirimbuzi cyabitanzeho amakuru arambuye

Igihugu cyahaye Ukraine misile za kirimbuzi cyabitanzeho amakuru arambuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.