Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje impamvu rutagwa mu ikosa ry’ikirego gishya America yarushinje gukorera muri Congo

radiotv10by radiotv10
26/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwagaragaje impamvu rutagwa mu ikosa ry’ikirego gishya America yarushinje gukorera muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwamaganye ikirego cyazamuwe na Leta Zunze Ubumwe za America ko ingabo zarwo zarashe ku za MONUSCO muri DRC, ruvuga ko ntakuntu zakora ibyo kandi zitari muri iki Gihugu, ndetse rusobanura ko ruhora rutanga umusanzu mu bikorwa by’amahoro n’ibya UN, bityo ko rutahindukira ngo runyuranye n’uyu murongo.

Ibi byavugiwe mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi, yateranye ku ya 24 Mata 2024, aho kashyikirijwe raporo y’intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango mu karere k’ibiyaga bigari.

Abahagarariye Leta Zunze Ubumwe za America n’u Bwongereza mu Muryango w’Abibumbye, bongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, mu gihe rwo rutahwemye kubihakana.

Uhagarariye USA, yagize ati “M23 ishyigikiwe n’u Rwanda ndetse n’Ingabo z’u Rwanda ikomeje gufata ibice byinshi bya Congo Kinshasa, ndetse hari impungenge ko igihe cyose yafata n’ahandi. Leta Zunze Ubumwe za America zirasaba u Rwanda guhagarika ubufasha ruha M23 ndetse igakura ingabo zayo zoze ku butaka bwa Congo.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda kandi rugomba guhagarika kurasa ku ngabo z’Umuryango w’Abibumbye.”

Uhagarariye u Bwongereza, na we yavuze ko iki Gihugu “gihangayikishijwe n’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo ndetse no hagati y’u Rwanda n’u Burundi. Turasaba ko hashyirwaho ibindi bihano kuri M23. Turasaba ubuyobozi bw’i Kigali na Kinshasa kujya mu biganiro. Turasaba kandi Perezida Pagame na Tshisekedi kujya mu biganiro bihagarika ibyo bibazo.”

Uhagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na we yagize ati “dushyira mu bikorwa amasezerano twiyemeje mu byo kurinda amahoro n’umutekano ariko u Rwanda nta na kimwe rwubahiriza. Ikimenyetso ni uko bari ku butaka bwa Congo ubu tuvugana.”

Ambasaderi Ernest Rwamucyo uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye yavuze ko ibyo birego ari ibihimbano, kuko ibyo bashinje u Rwanda, rudashobora kubikora.

Yagize ati “Ibirego by’uko u Rwanda rugaba ibitero kuri MONUSCO nta shingiro bifite, ni ibinyoma. Ni ugute u Rwanda rwagaba icyo gitero kuri MONUSCO kani rutariyo, kandi muri iyi nteko mufite ibimenyetso bigaragaza ko izi ngabo zahunze ibitero by’ingabo za Congo, Wazalendo n’iz’Umuryango wa SADC.”

Yakomeje agira ati “Abasirikare bacu bitangiye mu mahanga barinda umutekano w’abasivile, ntidushobora gutera ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu gihe dufite umuhingo wo kugira abasirikare benshi barinda umutekano ku isi. U Rwanda rwemeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro kubera ko twizera ko ubufatanye bw’Ibihugu by’aka karere bushobora kuzana igisubizo cya politike kirambye mu karere, ndetse turacyizeye ko ibiganiro bishobora kuzana igisubizo.R

U rwanda kandi rwasabye Ibihugu byari biteraniye muri iyi Nteko guhagurukira umutwe wa FDLR kuko ari wo ntandaro y’umutekano mucye umaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa Congo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Icyifuzo cyakunze gutangwa mu bizamini bya ‘Permis’ cyasubijwe

Next Post

Igihugu cyahaye Ukraine misile za kirimbuzi cyabitanzeho amakuru arambuye

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cyahaye Ukraine misile za kirimbuzi cyabitanzeho amakuru arambuye

Igihugu cyahaye Ukraine misile za kirimbuzi cyabitanzeho amakuru arambuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.