Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yirengagiza umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomeje kwica abantu, ikawushyira mu gatebo kamwe na M23 irwanira uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025 i New York ku cyicaro Gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye mu biganiro by’Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi.

Amb. Nduhungirehe yagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro n’umutekano aho byahungabanye, aho yavuze ko kuva muri Nyakanga 2021, rwohereje ingabo mu Ntara ya Cabo Delgado kurwanya ibikorwa by’ibyihebe.

Yagaragaje ibyagiye bigerwaho ku bufatanye bw’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique, nko kugaruza ibice byari byari byarabohojwe n’imitwe y’iterabwobwa mu Turere twa Mocimboa da Praia, Palma, na Muidumbe.

Nanone kandi abantu barenga ibihumbi 600 bari barakuwe mu byabo, basubiye mu ngo zabo, ndetse hanasubukurwa ibikorwa byari byarahagaze, nk’amashuri, amasoko n’ibindi bikorwa birimo amavuriro.

Ati “Mu rwego rwo gushimangira ibyagezweho, twafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare b’ibyongera 2 500 muri Mozambique kujya guha ubufasha abandi 1000 boherejwe muri 2021. Ibi bigaragaza umuhate udasanzwe mu kubungabunga amahoro n’ituze ku Mugabane.”

 

M23 yitwa umutwe w’Iterabwoba ite?

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko nubwo bimeze bityo, mu karere k’Ibiyaga Bigari u Rwanda ruherereyemo, hagikomeje kugaragara ibibazo by’umutekano mucye by’imitwe y’iterabwoba byumwihariko uwa ADF ufite ibirindiro mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “ADF ufatwa nk’imwe mu mitwe igira uruhare rukomeye mu guhungabanya Uburenganzi bwa muntu muri DRC, wahitanye ubuzima bw’abasivile barenga 650 kuva muri Kamena 2024 barimo abarenga 200 wishe mu gace ka Beni honyine.”

Yakomeje agira ati “Nubwo ibi ari akaga kadasanzwe, birababaje kubona Guverinoma ya DRC ihitamo kwirengagiza uyu mutwe w’iterabwoba wa nyawo, ikajya kubitwerera umuryango wa M23 usanzwe ari itsinda rirwanira kurinda Umuryango w’Abanyekongo wakomeje guhohoterwa, ikawita Umutwe w’iterabwoba.”

Yavuze ko kuva mu myaka yatambutse, umuryango mugari w’Abanyekongo watumye havuka uyu mutwe wa M23, wagiye uhura n’ibibazo byo gutotezwa, aho banshi bagiye bamenengana bakava mu byabo, bakajya kuba impunzi mu Bihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda ubu rucumbikiye abarenga ibihumbi 100.

Ati “Ibi bituma twibaza ikibazo cy’ingenzi: ese ni inde ufite uburenganzira bwo gutanga igisobanuro cy’iterabwoba, cyangwa n’iyihe mitwe ikwiye gufatwa nk’iy’iterabwoba mu busirazuba bwa DRC? Ese Igihugu kinyamuryango cya UN ubwacyo gifite uburenganzira bwo gukoresha nabi ububasha bwacyo kigena umutwe w’iterabwoba ku nyungu za Politiki na Dipolomasi?”

Yakomeje agaragaza ibibazo bikwiye kwibazwa, ati “Iyo turebye, ni bande bakwiye kwitwa umutwe w’iterabwoba mu burasirazuba bwa DRC hirengagijwe ADF? Ese ni M23 nk’umuryango urwanirira umuryango mugari w’Abanyekongo wakomeje kugirwaho ingaruka n’imvugo z’urwango? Cyangwa ni igisirikare cya Congo, cyiyemeje gukorana n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR utarafatiwe ibigano gusa na UN, ahubwo wanashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America muri 2001?”

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hakwiye kwibazwa niba ibikorwa bya M23 byo guharanira uburenganzira bw’Abanyekongo bakomeje kubuvutswa, bikwiye gufatwa nk’iterabwoba, hirengagijwe imitwe ibahohotera ikabatwikira amazu ikanabica, irimo FDLR na Nyatura.

Yakomeje avuga ko gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, bikwiye guhera mu mizi, hakarebwa gitera, ndetse n’abatumye ibi bibazo bivuka, kuko ibindi byose byakorwa, byaba ari nko kwambarira ku gikomere kuko bitatanga umuti urambye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.