Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yirengagiza umutwe w’iterabwoba wa ADF ukomeje kwica abantu, ikawushyira mu gatebo kamwe na M23 irwanira uburenganzira bwa bamwe mu Banyekongo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2025 i New York ku cyicaro Gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye mu biganiro by’Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi.

Amb. Nduhungirehe yagarutse ku ruhare rw’u Rwanda mu kugarura amahoro n’umutekano aho byahungabanye, aho yavuze ko kuva muri Nyakanga 2021, rwohereje ingabo mu Ntara ya Cabo Delgado kurwanya ibikorwa by’ibyihebe.

Yagaragaje ibyagiye bigerwaho ku bufatanye bw’inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique, nko kugaruza ibice byari byari byarabohojwe n’imitwe y’iterabwobwa mu Turere twa Mocimboa da Praia, Palma, na Muidumbe.

Nanone kandi abantu barenga ibihumbi 600 bari barakuwe mu byabo, basubiye mu ngo zabo, ndetse hanasubukurwa ibikorwa byari byarahagaze, nk’amashuri, amasoko n’ibindi bikorwa birimo amavuriro.

Ati “Mu rwego rwo gushimangira ibyagezweho, twafashe icyemezo cyo kohereza abasirikare b’ibyongera 2 500 muri Mozambique kujya guha ubufasha abandi 1000 boherejwe muri 2021. Ibi bigaragaza umuhate udasanzwe mu kubungabunga amahoro n’ituze ku Mugabane.”

 

M23 yitwa umutwe w’Iterabwoba ite?

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko nubwo bimeze bityo, mu karere k’Ibiyaga Bigari u Rwanda ruherereyemo, hagikomeje kugaragara ibibazo by’umutekano mucye by’imitwe y’iterabwoba byumwihariko uwa ADF ufite ibirindiro mu burasirazuba bwa DRC.

Ati “ADF ufatwa nk’imwe mu mitwe igira uruhare rukomeye mu guhungabanya Uburenganzi bwa muntu muri DRC, wahitanye ubuzima bw’abasivile barenga 650 kuva muri Kamena 2024 barimo abarenga 200 wishe mu gace ka Beni honyine.”

Yakomeje agira ati “Nubwo ibi ari akaga kadasanzwe, birababaje kubona Guverinoma ya DRC ihitamo kwirengagiza uyu mutwe w’iterabwoba wa nyawo, ikajya kubitwerera umuryango wa M23 usanzwe ari itsinda rirwanira kurinda Umuryango w’Abanyekongo wakomeje guhohoterwa, ikawita Umutwe w’iterabwoba.”

Yavuze ko kuva mu myaka yatambutse, umuryango mugari w’Abanyekongo watumye havuka uyu mutwe wa M23, wagiye uhura n’ibibazo byo gutotezwa, aho banshi bagiye bamenengana bakava mu byabo, bakajya kuba impunzi mu Bihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda ubu rucumbikiye abarenga ibihumbi 100.

Ati “Ibi bituma twibaza ikibazo cy’ingenzi: ese ni inde ufite uburenganzira bwo gutanga igisobanuro cy’iterabwoba, cyangwa n’iyihe mitwe ikwiye gufatwa nk’iy’iterabwoba mu busirazuba bwa DRC? Ese Igihugu kinyamuryango cya UN ubwacyo gifite uburenganzira bwo gukoresha nabi ububasha bwacyo kigena umutwe w’iterabwoba ku nyungu za Politiki na Dipolomasi?”

Yakomeje agaragaza ibibazo bikwiye kwibazwa, ati “Iyo turebye, ni bande bakwiye kwitwa umutwe w’iterabwoba mu burasirazuba bwa DRC hirengagijwe ADF? Ese ni M23 nk’umuryango urwanirira umuryango mugari w’Abanyekongo wakomeje kugirwaho ingaruka n’imvugo z’urwango? Cyangwa ni igisirikare cya Congo, cyiyemeje gukorana n’umutwe w’abajenosideri wa FDLR utarafatiwe ibigano gusa na UN, ahubwo wanashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America muri 2001?”

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko hakwiye kwibazwa niba ibikorwa bya M23 byo guharanira uburenganzira bw’Abanyekongo bakomeje kubuvutswa, bikwiye gufatwa nk’iterabwoba, hirengagijwe imitwe ibahohotera ikabatwikira amazu ikanabica, irimo FDLR na Nyatura.

Yakomeje avuga ko gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, bikwiye guhera mu mizi, hakarebwa gitera, ndetse n’abatumye ibi bibazo bivuka, kuko ibindi byose byakorwa, byaba ari nko kwambarira ku gikomere kuko bitatanga umuti urambye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 13 =

Previous Post

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Related Posts

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

IZIHERUKA

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere
IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

07/06/2025
Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Igihugu cya Türkiye ku bw’ibyago cyagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.