Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho hafashwe icyemezo ntakuka ku by’amasezerano y’Umutoza w’Amavubi yarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, ryatangaje ko Torsten Frank Spittler wari Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, atazongererwa amasezerano.

Ni nyuma yuko amasezerano ye arangiye, aho abakunzi b’Umupira w’amaguru bari bakiri mu gihirahiro niba uyu mutoza azakomezanya n’Ikipe y’Igihugu akaba yakongererwa amasezerano cyangwa agacumbikira aho yari agejeje.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mutarama 2024, ryemeje ko uyu mutoza w’Umudage atazakomezanya n’Ikipe y’Igihugu.

Iri tangazo rya FERWAFA rigira riti “Turamenyesha Abanyarwanda bose, by’umwihariko abakunzi b’umupira w’amaguru, ko nyuma y’ibiganiro bitandukanye na Torsten Frank Spittler wari Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, hafashwe umwanzuro wo kutamwongerera amasezerano y’akazi.”

Iri Shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryasoje ubutumwa bwaryo bwizeza ko “Mu gihe cya vuba tuzabamenyesha umutoza uzakomeza akazi ko gutoza Ikipe Nkuru y’Igihugu.”

Iki cyemezo cyo kutongerera amasezerano uyu mutoza, kibaye nyuma yuko atanatoje imikino ibiri u Rwanda rwakinnye na Sudani y’Epfo mu mikino yo gushaka itike y’Igikimbe cya Afurika CHAN 2025, aho uyu mugabo yari yuriye rutemikirere akajya iwabo mu biruhuko by’iminsi mikuru, agasigira akazi Jimmy Mulisa wari usanzwe amwungirije.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2024, ubwo Torsten Frank Spittler yaganiraga na RADIOTV10, yavuze ko abamuhaye akazi bari bamumenyesheje ko bifuza gukomezanya na we, ariko ko uburyo babimubwiraga byarimo agasuzuguro ku buryo atabyishimiye.

Mu mpera z’umwaka ushize, Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Adolphe Kalisa yatangaje ko habayeho kwegera uyu mutoza koko kugira ngo yongererwe amasezerano, ariko ko bari bagitegereje igisubizo cye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seven =

Previous Post

Abasanzwe mu rugo rw’uwo mu Itorero ‘Christo w’Abera’ ritemewe bakurikiranyweho kwigomeka

Next Post

U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba

Related Posts

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

by radiotv10
17/06/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje abakinnyi baguzwe n’iyi kipe ndetse n’abo isigaje kugura, barimo abanyamahanga babiri isigaje kongera mu bo...

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
13/06/2025
0

Muhire Kevin wari kapiteni w’ikipe ya Rayon Sport, aratangazwa nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo. Ni...

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

by radiotv10
11/06/2025
0

Ikipe ya APR BBC yo mu Rwanda yasezerewe muri 1/2 cy’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2025 nyuma yo gutsindwa...

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

by radiotv10
10/06/2025
0

Mashami Vincent wari umutoza mukuru wa Police FC, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’imyaka itatu yari ayimazemo, ayishimira icyizere...

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi...

IZIHERUKA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi
MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

17/06/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

17/06/2025
Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

17/06/2025
Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

17/06/2025
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

17/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba

U Rwanda rwagaragarije Isi ibikwiye kwibazwaho byirengagijwe ubwo Congo yitaga M23 umutwe w’Iterabwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.