Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Rwanda rwagarutsweho imbere y’Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza ruvugwaho ingingo ikomeye

radiotv10by radiotv10
10/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagarutsweho imbere y’Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza ruvugwaho ingingo ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’ubujurire ku mpaka zo kohereza mu Rwanda abimukira n’abashaka ubuhungiro baturutse mu Bwongereza, Abanyamategeko b’uruhande rwa Guverinoma y’u Bwongereza babwiye Urukiko rw’Ikirenga ko; u Rwanda ari Igihugu gikwiye kwizerwa ku kuba rwabafata neza.

Babitangaje mu ifungurwa ry’uru rubanza, aho Abanyamategeko b’Umunyamabanga w’Imbere mu Gihugu mu Bwongereza, bavuze ko Urukiko rw’Ubujurire rwakoze amakosa mu guhagarika gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, kuko rwagendeye ku mpungenge zidahari.

Aba banyamategeko basabye Urukiko rusumba izindi mu Bwongereza guha umugisha iyi gahunda, igiye kuzuza umwaka n’igice izamo birantega.

Muri Kamena umwaka ushize wa 2022, Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, rwaburijemo ku munota wa nyuma ihaguruka ry’indege yari igiye kujyana mu Rwanda abimukira ba mbere, ruvuga ko Abacamanza bagomba kubanza gufata umwanya wo gusuzuma niba uyu mugambi ukurikije amategeko.

Kuva ubwo, uru rubanza rwarazamutse rugera mu Rukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, ari na rwo ruri kumva ibitangazwa n’impande zirebwa n’iyi ngingo.

Inteko y’Abacamanza batanu b’uru Rukiko rw’Ikirenga, basanzwe ari bari mu bacamanza bakomeye, ni yo igomba kwemeza ko uyu mugambi ushyirwa mu bikorwa cyangwa uhagarara.

Abanyamategeko bahagarariye uruhande rwa Guverinoma, babwiye uru Rukiko ko muri Kamena Urukiko rw’Ubujurire rwibeshye rugafata umwanzuro rushingiye ku makuru atari yo ko u Rwanda rutakwizerwa ku gufata neza abimukira.

Umunyamategeko Sir James Eadie KC usanzwe ari mu Bavoka bakomeye mu Bwongereza, uhagarariye Umunyamabanga w’Imbere, yabwiye Urukiko rw’Ikirenga ko “hari impamvu buri wese yakwemeza” ko u Rwanda ari ahantu h’amahitamo akwiye.

Yavuze ko u Rwanda ari Igihugu gisanzwe gifite ingamba zihamye n’isura nziza, kandi cyahawe ubushobozi bwo kuzafata neza abashaka ubuhungiro, kandi ko n’iyo havuka imbogamizi, hari uburyo bwashyizweho bwo kubigenzura.

Nanone kandi hari umukozi wa Guverinoma y’u Bwongereza uzaba afite ibiro i Kigali, mu rwego rwo kugenzura ko uyu mugambi uri gushyirwa neza mu bikorwa, ndetse akajya anagaragaza ikibazo mu gihe cyaba cyavutse.

Sir James Eadie KC yavuze kandi ko abimukira bazoherezwa bazakomeza kugira ubwigenge n’uburenganzira ku byifuzo byabo.

Aya masezerano y’Ibihugu byombi (u Rwanda n’u Bwongereza), agena ko abazoherezwa mu Rwanda, bazagira amahitamo atandukanye, aho abazabyifuza bazatura nk’Abaturarwanda bose, abandi bagakomeza gushaka ubuhungiro mu Bihugu byabakira, cyangwa abashaka gusubira mu Bihugu baturutsemo, bakaba bajyayo.

 

Nta kuntu u Rwanda rutakwizerwa

Sir James avuga ko mu gihe abavugaga nabi u Rwanda ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa muntu bashingiye ku byabaye mu bihe byahise cyera, bidakwiye guhabwa agaciro.

Yagize ati “Nta kibazo na kimwe kijyanye no kuba u Rwanda rwakwizerwa ku bijyanye no kuba ruzubahirizwa ibyo rwumvikanye n’u Bwongereza.”

Yakomeje yizeza Urukiko ko iyi gahunda y’ubwumvikane hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda, ishingiye ku iyubahirizwa ry’amasezerano y’Umuryango w’Abibumye yo kurengera impunzi ndetse n’ay’iyubahirizwa ry’Uburenganzira bwa Muntu y’u Burayi.

Guverinoma y’u Rwanda yo yakunze gusobanura ko yiyemeje kugirana n’u Bwongereza uyu mugambi mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abimukira n’impunzi, kuko ruzi ingaruka zo kuba abantu babaho badafite aho bita iwabo, kubera amateka y’ibihe by’amajye rwanyuzemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 10 =

Previous Post

Afghanistan: Amarira akomeje kuba menshi kubera imibare ihanitse y’abahitanywe n’umutingito

Next Post

Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Mu magambo y’ikiniga uwakunzwe muri ruhago y’Isi yatangaje amakuru atunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.