Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko hateganyijwe ibiganiro bizahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizabera i Luanda muri uku kwezi hagati.

Aya makuru yatangiye kuvugwa muri iki cyumweru, ko Abakuru b’ibi Bihugu byombi bimaze igihe mu biganiro, bagiye kuzahurira mu bindi biganiro bizabera i Luanda, bizaba tariki 15 Ukuboza 2024.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yemereye ikinyamakuru cyitwa Igihe, iby’aya makuru.

Ni ibiganiro kandi byanemejwe na Perezidansi ya Angola, yatangaje ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bamaze igihe bitabira ibiganiro by’i Luanda, na bo bazitabira ibi by’Abakuru b’Ibihugu.

Perezida João Lourenço wa Angola ugiye kongera kuyobora ibiganiro bihuza Perezida Kagame na Tshisekedi, muri Kanama (08) uyu mwaka, yari yagiriye ingendo mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yaganiriye na bagenzi be bombi muri buri Gihugu.

Perezida João Lourenço wari wagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rye, bugacya yerecyeza i Kinshasa, akiva muri ibi Bihugu byombi, yavuze ko yashyikirije Abakuru b’Ibihugu byombi, “umushinga ufatika wazana amahoro arambye.”

Inama zo ku rwego rw’Abaminisitiri, zimaze kuba ari esheshatu, aho iheruka yabaye ku wa Mbere w’icyumweru gishize, tariki 25 Ugushyingo 2024, yahumuje impande zombi zishyize umukono ku nyandiko y’umushinga uhuriweho wiswe CONOPS (Proposed Concept of Operations) ugamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nyandiko yateguwe n’inzobere mu by’umutekano n’iperereza, ugaragaza uburyo umutwe wa FDLR uzarandurwa burundu, nk’uko byemeranyijweho n’impande zombi.

Impande zombi kandi zemeranyijwe ko u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije, ariko rukaba rwarakunze kuvuga ko rudashobora kuzikuraho mu gihe Congo yaba itaratangira gushyira mu bikorwa umwanzuro wo kurandura FDLR.

Nyuma y’ibi biganiro byemerejwemo iyi nyandiko, Perezida João Lourenço wahawe ishingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yahise agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame ndetse na Felix Tshisekedi, ibiganiro byakozwe kuri Telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Next Post

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Related Posts

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze
FOOTBALL

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.