Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko hateganyijwe ibiganiro bizahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizabera i Luanda muri uku kwezi hagati.

Aya makuru yatangiye kuvugwa muri iki cyumweru, ko Abakuru b’ibi Bihugu byombi bimaze igihe mu biganiro, bagiye kuzahurira mu bindi biganiro bizabera i Luanda, bizaba tariki 15 Ukuboza 2024.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yemereye ikinyamakuru cyitwa Igihe, iby’aya makuru.

Ni ibiganiro kandi byanemejwe na Perezidansi ya Angola, yatangaje ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bamaze igihe bitabira ibiganiro by’i Luanda, na bo bazitabira ibi by’Abakuru b’Ibihugu.

Perezida João Lourenço wa Angola ugiye kongera kuyobora ibiganiro bihuza Perezida Kagame na Tshisekedi, muri Kanama (08) uyu mwaka, yari yagiriye ingendo mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yaganiriye na bagenzi be bombi muri buri Gihugu.

Perezida João Lourenço wari wagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rye, bugacya yerecyeza i Kinshasa, akiva muri ibi Bihugu byombi, yavuze ko yashyikirije Abakuru b’Ibihugu byombi, “umushinga ufatika wazana amahoro arambye.”

Inama zo ku rwego rw’Abaminisitiri, zimaze kuba ari esheshatu, aho iheruka yabaye ku wa Mbere w’icyumweru gishize, tariki 25 Ugushyingo 2024, yahumuje impande zombi zishyize umukono ku nyandiko y’umushinga uhuriweho wiswe CONOPS (Proposed Concept of Operations) ugamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nyandiko yateguwe n’inzobere mu by’umutekano n’iperereza, ugaragaza uburyo umutwe wa FDLR uzarandurwa burundu, nk’uko byemeranyijweho n’impande zombi.

Impande zombi kandi zemeranyijwe ko u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije, ariko rukaba rwarakunze kuvuga ko rudashobora kuzikuraho mu gihe Congo yaba itaratangira gushyira mu bikorwa umwanzuro wo kurandura FDLR.

Nyuma y’ibi biganiro byemerejwemo iyi nyandiko, Perezida João Lourenço wahawe ishingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yahise agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame ndetse na Felix Tshisekedi, ibiganiro byakozwe kuri Telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Next Post

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.