Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
04/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko hateganyijwe ibiganiro bizahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bizabera i Luanda muri uku kwezi hagati.

Aya makuru yatangiye kuvugwa muri iki cyumweru, ko Abakuru b’ibi Bihugu byombi bimaze igihe mu biganiro, bagiye kuzahurira mu bindi biganiro bizabera i Luanda, bizaba tariki 15 Ukuboza 2024.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yemereye ikinyamakuru cyitwa Igihe, iby’aya makuru.

Ni ibiganiro kandi byanemejwe na Perezidansi ya Angola, yatangaje ko Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bamaze igihe bitabira ibiganiro by’i Luanda, na bo bazitabira ibi by’Abakuru b’Ibihugu.

Perezida João Lourenço wa Angola ugiye kongera kuyobora ibiganiro bihuza Perezida Kagame na Tshisekedi, muri Kanama (08) uyu mwaka, yari yagiriye ingendo mu Rwanda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho yaganiriye na bagenzi be bombi muri buri Gihugu.

Perezida João Lourenço wari wagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rye, bugacya yerecyeza i Kinshasa, akiva muri ibi Bihugu byombi, yavuze ko yashyikirije Abakuru b’Ibihugu byombi, “umushinga ufatika wazana amahoro arambye.”

Inama zo ku rwego rw’Abaminisitiri, zimaze kuba ari esheshatu, aho iheruka yabaye ku wa Mbere w’icyumweru gishize, tariki 25 Ugushyingo 2024, yahumuje impande zombi zishyize umukono ku nyandiko y’umushinga uhuriweho wiswe CONOPS (Proposed Concept of Operations) ugamije kuzana amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi nyandiko yateguwe n’inzobere mu by’umutekano n’iperereza, ugaragaza uburyo umutwe wa FDLR uzarandurwa burundu, nk’uko byemeranyijweho n’impande zombi.

Impande zombi kandi zemeranyijwe ko u Rwanda ruzakuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije, ariko rukaba rwarakunze kuvuga ko rudashobora kuzikuraho mu gihe Congo yaba itaratangira gushyira mu bikorwa umwanzuro wo kurandura FDLR.

Nyuma y’ibi biganiro byemerejwemo iyi nyandiko, Perezida João Lourenço wahawe ishingano z’ubuhuza n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yahise agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame ndetse na Felix Tshisekedi, ibiganiro byakozwe kuri Telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 1 =

Previous Post

Biden visits Angola. Is it too late and too little for Africa?

Next Post

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Itangazo ryitiriwe RDF yaritanzeho umucyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.