Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ihangayikishijwe n’ibyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariho imirwano ikarishye yabereye mu bice byegereye Umujyi wa Goma, n’ibikorwa birenga ku gahenge byakozwe na FARDC ifatanyije n’abarimo FDLR.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye, aho u Rwanda rwavuze ko amatangazo akomeje gushyirwa hanze n’impande zinyuranye yaba ari Guverinoma ya DRC ndetse n’Ibihugu n’imiryango mpuzamhanga, adatanga umurongo, ndetse ubwayo adashobora gutanga umuti w’ibibazo.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje igira iti “Amakimbirane akomeje kuba mu burasirazuba bwa DRC, by’umwihariko imirwano iremereye iri kubera mu nkengero za Goma, yasembuwe no kurenga ku gahenge byatewe n’igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyijwe n’Umutwe w’Abajenoside wa FDLR wafatiwe ibihano na UN, abacancuro b’Abanyaburayi, umutwe w’irondabwoko (Wazalendo), abasirikare b’u Burundi, ingabo za SAMIDRC ndetse n’abasirikare ba MONUSCO.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yakomeje igaruka ku byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye by’urupfu rwa Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Maj Gen Peter Chirimwami, wiciwe mu mirwano yabereye i Sake, akaba yari asanzwe ari ikiraro gihuza ibikorwa bya FARDC na FDLR, bikaba byari bibangamiye umugambi wo gusenya FDLR.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iyi mirwano isatira umupaka w’u Rwanda ikomeje gutera impungenge ku mutekano w’u Rwanda n’ubusugire bwarwo, kandi byatumye u Rwanda rurushaho gukaza ubwirinzi.”

U Rwanda kandi rwaboneyeho kwibutsa ko kubura imirwano kwa M23 kwabayeho muri 2021, abayubuye bataturutse mu Rwanda, nubwo Guverinoma ya Congo yabirwegetseho igendeye ku kuba uyu mutwe wa M23 urwanirira uburenganzi bw’Abanyekongo b’Abatutsi, ikavuga ko bifitanye isano n’u Rwanda.

U Rwanda ruti “M23, nk’umutwe w’Abanyekongo wishyize hamwe kugira ngo urinde umuryango mugari mu burasirazuba bwa DRC ntukwiye gushinjwa kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo.”

Rwavuze kandi ko ihagaragara ry’ibiganiro by’i Luanda, byaje nyuma yuko Guverinoma ya DRC ihakanye ko itazaganira na M23, ndetse uku gutsimbarara ku kwanga gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ari byo ntandaro y’iyi mirwano ikomeje, bikaba bikomeje kugira ingaruka ku mutekano w’Ibihugu by’ibituranyi birimo n’u Rwanda.

Iri tangazo ry’u Rwanda rikagira riti “Abari bakwiye kugira uruhare mu kuzana umuti urambye, ntibakwiye kuba bamwe mu batera ibibazo.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko rwiteguye kugira uruhare mu ishakwa ry’umuti binyuze mu nzira za Politiki, ruboneraho kuvuga ko n’ibiganiro ndetse n’amasezerano yasinyirwa i Luanda, ubwabyo bidahagije, ahubwo ko byagira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri hagati yarwo na DRC.

Amwe mu masezerano yari yagezweho hagati y’u Rwanda na DRC, harimo gusenya umutwe wa FDLR ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko ukaba ukomeje gukorana n’igisirikare cya DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − eight =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake

Next Post

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Hakomeje kugaragara impinduka nziza mu bya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.