Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwahaye imfashanyo y’ibiribwa by’arenga miliyoni 450Frw Igihugu cyugarijwe n’amapfa

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwahaye imfashanyo y’ibiribwa by’arenga miliyoni 450Frw Igihugu cyugarijwe n’amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyigikije iya Zambia inkunga ya toni 1 000 z’ibigori bifite agaciro k’Ibihumbi 370$, mu rwego rwo gufasha iki Gihugu guhangana n’amapfa acyugarije, igisezeranya ko kifatanyije na cyo.

Iyi nkunga ya Guverinoma y’u Rwanda, yatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Emmanuel Bugingo wari uhagarariye u Rwanda, mu gihe yayishyikirije Visi Perezida wa Zambia, Mutale Nalumango.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Emmanuel Bugingo, yavuze ko iyi nkunga u Rwanda rwayitanze mu rwego rwo kwifatanya n’iki Gihugu cyugarijwe n’iki kibazo cy’amapfa.

Yagize ati “Uyu munsi u Rwanda rwifatanyije na Zambia, mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda nashyikirije toni 1 000 z’ibigori Visi Perezida wa Zambia Nalumango, mu kubaha ubufasha muri ibi bihe by’amapfa.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, yavuze ko kubera ubufatanye bw’ibi Bihugu byombi, bizakomeza gusangira akabisi n’agahiye. Ati “Dusangiye imbogamizi mu cyizere n’ubumwe.”

Iyi nkunga igizwe n’imifuka ibihumbi 20 y’ibilo 50 by’ibigori kuri buri umwe, aho ifite agaciro k’ibihumbi 370 USD [arenga miliyoni 450 Frw].

Visi Perezida wa Zambia, Mutale Nalumango yavuze ko iyi nkunga Igihugu cyabo cyahawe n’u Rwanda, izagifasha mu rugamba kirimo cyo guhangana n’inzara yugarije abaturage.

Yavuze ko iyi nkunga igaragaza umubano n’ubucuti byiza bisanzwe biri hagati ya Zambia n’u Rwanda, ndetse ashimira iki Gihugu kuba cyifatanyije n’icyabo muri ibi bihe by’amajye.

Ati “Mureke tuzirikane akamaro ko gushyira hamwe mu bihe by’amajye. Mureke dukomeza gufatana urunana no gukorera hamwe mu kubaka ahazaza hazira amapfa no gutereranwa mu gihe abantu bakeneye ubufasha.”

Visi Perezida wa Zambia, Nalumango yasabye Ikigo Gishinzwe imicungire y’ibikorwa by’ubutabazi, guhita gishaka uburyo iyi mfashanyo y’Ibigori u Rwanda rwatanze, ihita igezwa ku baturage bayikeneye kurusha abandi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia yavuze ko iyi mfashanyo yatanzwe mu rwego rwo kwifatanya n’iki Gihugu mu mapfa
Visi Perezida wa Zambia yashimye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Next Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Related Posts

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

IZIHERUKA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo
MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.