Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwahaye imfashanyo y’ibiribwa by’arenga miliyoni 450Frw Igihugu cyugarijwe n’amapfa

radiotv10by radiotv10
19/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwahaye imfashanyo y’ibiribwa by’arenga miliyoni 450Frw Igihugu cyugarijwe n’amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyigikije iya Zambia inkunga ya toni 1 000 z’ibigori bifite agaciro k’Ibihumbi 370$, mu rwego rwo gufasha iki Gihugu guhangana n’amapfa acyugarije, igisezeranya ko kifatanyije na cyo.

Iyi nkunga ya Guverinoma y’u Rwanda, yatanzwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Emmanuel Bugingo wari uhagarariye u Rwanda, mu gihe yayishyikirije Visi Perezida wa Zambia, Mutale Nalumango.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Emmanuel Bugingo, yavuze ko iyi nkunga u Rwanda rwayitanze mu rwego rwo kwifatanya n’iki Gihugu cyugarijwe n’iki kibazo cy’amapfa.

Yagize ati “Uyu munsi u Rwanda rwifatanyije na Zambia, mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda nashyikirije toni 1 000 z’ibigori Visi Perezida wa Zambia Nalumango, mu kubaha ubufasha muri ibi bihe by’amapfa.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, yavuze ko kubera ubufatanye bw’ibi Bihugu byombi, bizakomeza gusangira akabisi n’agahiye. Ati “Dusangiye imbogamizi mu cyizere n’ubumwe.”

Iyi nkunga igizwe n’imifuka ibihumbi 20 y’ibilo 50 by’ibigori kuri buri umwe, aho ifite agaciro k’ibihumbi 370 USD [arenga miliyoni 450 Frw].

Visi Perezida wa Zambia, Mutale Nalumango yavuze ko iyi nkunga Igihugu cyabo cyahawe n’u Rwanda, izagifasha mu rugamba kirimo cyo guhangana n’inzara yugarije abaturage.

Yavuze ko iyi nkunga igaragaza umubano n’ubucuti byiza bisanzwe biri hagati ya Zambia n’u Rwanda, ndetse ashimira iki Gihugu kuba cyifatanyije n’icyabo muri ibi bihe by’amajye.

Ati “Mureke tuzirikane akamaro ko gushyira hamwe mu bihe by’amajye. Mureke dukomeza gufatana urunana no gukorera hamwe mu kubaka ahazaza hazira amapfa no gutereranwa mu gihe abantu bakeneye ubufasha.”

Visi Perezida wa Zambia, Nalumango yasabye Ikigo Gishinzwe imicungire y’ibikorwa by’ubutabazi, guhita gishaka uburyo iyi mfashanyo y’Ibigori u Rwanda rwatanze, ihita igezwa ku baturage bayikeneye kurusha abandi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia yavuze ko iyi mfashanyo yatanzwe mu rwego rwo kwifatanya n’iki Gihugu mu mapfa
Visi Perezida wa Zambia yashimye u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − three =

Previous Post

Impamvu Ibihugu bisanganywe umubano mwiza na America bitanyuzwe n’icyemezo cya Trump

Next Post

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Umunyarwenya uzwi mu Rwanda ari mu byishimo ku ntambwe yateye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.