Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 119 zivuye muri Libya hanatangazwa Ibihugu bakomokamo
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 19 cy’impunzi n’abimukira baturutse muri Libya, kigizwe n’abantu 119 bakomoka mu Bihugu bitanu biganjemo abo muri Sudani.

Ni abantu bakiriwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, ahari abayobozi mu nzego no mu Miryanyo inyuranye, nk’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Phillipe Habinshuti.

Iki cyiciro cya 19 cy’impunzi n’abimukira bavuye muri Libya, kigizwe n’abantu 119 bakomoka mu Bihugu bitanu byo ku Mugabane wa Afurika, byose bimaze igihe byarazahajwe n’ibibazo by’umutekano.

Barimo 41 bakomoka muri Sudani, 36 bo muri Eritrea, 12 bakokoma muri Somalia, 17 bakomoka muri Ethiopia ndetse n’abandi 13 bakomoka muri Sudani y’Epfo.

Amakuru dukesha Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, agaragaza ko kuva u Rwanda rwatangira kwakira impunzi n’abimukira baturuka muri Libya, hamaze kwakirwa abarenga 2 400.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi igira iti “Itsinda rya mbere ry’abantu 66 ryageze mu Rwanda tariki 26 Nzeri 2019. Kuva icyo gihe abarenga 2 400 bamaze kwakirwa, barimo 1 835 babonye Ibihugu bibakira.”

Amasezerano y’u Rwanda n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) yo kwakira izi mpunzi n’abimukira baheze muri Libya, aherutse no kongerwa, aho azageza tariki 31 Ukuboza 2025.

Abayobozi bari bagiye kwakira iki cyiciro

Biganjemo abakomoka muri Sudani

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + one =

Previous Post

Ibyaranze umunsi wa mbere Congo n’u Rwanda byitaba Urukiko mu rubanza rw’ibirego by’ibimaze imyaka 25

Next Post

Abana bafite impano mu gutwara igare bagiye kongera kwigaragaza

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bafite impano mu gutwara igare bagiye kongera kwigaragaza

Abana bafite impano mu gutwara igare bagiye kongera kwigaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.