Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibihimbano bikomeje gucurwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) rinenga u Rwanda uko rufata abasaba ubuhungiro rikanabiruregaho mu nkiko zo mu Bwongereza, nyamara rikorana na rwo muri gahunda y’abimukira bavanwa muri Libya.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, ryarutse mu Biro by’Umuvugizi wayo mu masaha akuze yo kuri uyu wa 11 Kamena 2024.

Ni nyuma y’uko UNHCR yongeye kwitambika umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza, wo kohereza abimukira n’impunzi, binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ritangira rivuga ko “UNHCR ibeshya. Umuryango ukomeje kujyana ibirego by’ibihimbano mu Nkiko z’u Bwongereza ku birebana n’uburyo abashaka ubuhungiro bafatwa, nyamara ukomeje gukorana natwe mu kuzana abimukira bavuye muri Libya kugira ngo babone ahantu hatekanye mu Rwanda, banyuzwa ngo bazabone Ibihugu bibakira.”

Guverinoma y’u Rwanda yagarutse kuri kimwe mu bishingirwaho na UNHCR kijyanye n’umuntu umwe wimwe ubuhungiro muri Seychelles, nyuma UNHCR yo muri Afurika y’Epfo ikemeza ko uwo mugabo yoherezwa mu Rwanda ariko bitigeze biganirizwaho Guverinoma y’u Rwanda cyangwa ngo igire uruhare mu ifatwa ry’icyo cyemezo, ndetse ko itigeze inabivuganaho na UNHCR.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti “Uru ni rumwe mu ngero z’ibirego byinshi bidafite ishingiro byagiye bitwibasira bizamuwe na UNHCR.” Ikanavuga ko hari n’urundi rwatanzwe ruvuga ko u Rwanda rwanze kwakira itsinda ry’impunzi z’Abarundi, nyamara bo batarigeze banasaba ubuhungiro, ahubwo bakaba bararenze ku mategeko y’abinjira n’abasohoka mu Rwanda.

Guverinoma iti “Ibi bikomeza kuba agahomamunwa iyo ukomeza gusiga icyasha u Rwanda nk’iki kandi ubu ari Igihugu gicumbikiye impunzi zibarirwa mu bihumbi mirongo z’abaturanyi bacu b’Abarundi bakomeje kubaho batekanye mu Gihugu cyacu.”

Nanone kandi hari ibindi birego by’ibinyoma bishingira ku bantu binjira mu Rwanda batujuje ibisabwa nk’abashyitsi barugendereye cyangwa nk’abashaka ubuhungiro, kimwe n’abaruvamo ku bushake bwabo.

U Rwanda ruti “Rwose, ibi ntibikwiye gutangwaho ingero. Nk’uko twabivuze kenshi, u Rwanda ntirushobora gusubiza inyuma abashaka ubuhungiro.”

Rugakomeza rugira ruti “UNHCR isa nk’aho ishaka kujya kunengera Inkiko zo mu Bwongereza umutekano w’u Rwanda. Ikibazo cyakunze kugaragara cyane kuva u Rwanda rwakwinjira mu masezerano n’u Bwongereza yo kwakira abimukira n’abasaba ubuhungiro, hashingiwe ku byigaragaza by’uburyo duha ituze abo baba bahunze ibibazo by’amakimbirane.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubahiriza amasezerano rwashyizeho umukono arebana n’impunzi, kandi rukazakomeza gucungira umutekano no guha amahirwe abaruhungiyemo bose, nk’uko rutahwemye kubikora mu myaka 30 ishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

Next Post

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n'ahakiri imbogamizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.