Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibihimbano bikomeje gucurwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) rinenga u Rwanda uko rufata abasaba ubuhungiro rikanabiruregaho mu nkiko zo mu Bwongereza, nyamara rikorana na rwo muri gahunda y’abimukira bavanwa muri Libya.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, ryarutse mu Biro by’Umuvugizi wayo mu masaha akuze yo kuri uyu wa 11 Kamena 2024.

Ni nyuma y’uko UNHCR yongeye kwitambika umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza, wo kohereza abimukira n’impunzi, binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ritangira rivuga ko “UNHCR ibeshya. Umuryango ukomeje kujyana ibirego by’ibihimbano mu Nkiko z’u Bwongereza ku birebana n’uburyo abashaka ubuhungiro bafatwa, nyamara ukomeje gukorana natwe mu kuzana abimukira bavuye muri Libya kugira ngo babone ahantu hatekanye mu Rwanda, banyuzwa ngo bazabone Ibihugu bibakira.”

Guverinoma y’u Rwanda yagarutse kuri kimwe mu bishingirwaho na UNHCR kijyanye n’umuntu umwe wimwe ubuhungiro muri Seychelles, nyuma UNHCR yo muri Afurika y’Epfo ikemeza ko uwo mugabo yoherezwa mu Rwanda ariko bitigeze biganirizwaho Guverinoma y’u Rwanda cyangwa ngo igire uruhare mu ifatwa ry’icyo cyemezo, ndetse ko itigeze inabivuganaho na UNHCR.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti “Uru ni rumwe mu ngero z’ibirego byinshi bidafite ishingiro byagiye bitwibasira bizamuwe na UNHCR.” Ikanavuga ko hari n’urundi rwatanzwe ruvuga ko u Rwanda rwanze kwakira itsinda ry’impunzi z’Abarundi, nyamara bo batarigeze banasaba ubuhungiro, ahubwo bakaba bararenze ku mategeko y’abinjira n’abasohoka mu Rwanda.

Guverinoma iti “Ibi bikomeza kuba agahomamunwa iyo ukomeza gusiga icyasha u Rwanda nk’iki kandi ubu ari Igihugu gicumbikiye impunzi zibarirwa mu bihumbi mirongo z’abaturanyi bacu b’Abarundi bakomeje kubaho batekanye mu Gihugu cyacu.”

Nanone kandi hari ibindi birego by’ibinyoma bishingira ku bantu binjira mu Rwanda batujuje ibisabwa nk’abashyitsi barugendereye cyangwa nk’abashaka ubuhungiro, kimwe n’abaruvamo ku bushake bwabo.

U Rwanda ruti “Rwose, ibi ntibikwiye gutangwaho ingero. Nk’uko twabivuze kenshi, u Rwanda ntirushobora gusubiza inyuma abashaka ubuhungiro.”

Rugakomeza rugira ruti “UNHCR isa nk’aho ishaka kujya kunengera Inkiko zo mu Bwongereza umutekano w’u Rwanda. Ikibazo cyakunze kugaragara cyane kuva u Rwanda rwakwinjira mu masezerano n’u Bwongereza yo kwakira abimukira n’abasaba ubuhungiro, hashingiwe ku byigaragaza by’uburyo duha ituze abo baba bahunze ibibazo by’amakimbirane.”

U Rwanda rusoza ruvuga ko ruzakomeza gutanga umusanzu mu kubahiriza amasezerano rwashyizeho umukono arebana n’impunzi, kandi rukazakomeza gucungira umutekano no guha amahirwe abaruhungiyemo bose, nk’uko rutahwemye kubikora mu myaka 30 ishize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

Next Post

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n'ahakiri imbogamizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.