Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangiza urugamba rwo guharika Jenoside muri Congo?- Umusesenguzi avuze uko abibona

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangiza urugamba rwo guharika Jenoside muri Congo?- Umusesenguzi avuze uko abibona
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu mibanire mpuzamahanga y’Ibihugu, avuga ko u Rwanda ruramutse rugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika Jenoside iri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, nta sakirirego rwaba rukoze, kuko impamvu yabyo igaragarira buri wese.

John Mugabo usanzwe yumvikana mu busesenguzi bw’imibanire y’Ibihugu, yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Mutarama 2023 mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo y’Igihugu.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kugararaga ibikorwa byo gutoteza no kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Nanone kandi Umujyanama Wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, ku bya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu aherutse gushyira hanze itangazo rigaragaza ko hatagize igikorwa mu Burasirazuba bwa Congo, byumwihariko mu gace ka Ituri, haba Jenoside.

Mu cyumweru gishize kandi umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanya akarengane gakorerwa abavuga Ikinyarwanda byumwihariko b’Abatutsi bakomeje kwicwa kuva cyera, watangaje byeruye ko ugiye gutangiza urugamba rwo guhagarika Jenoside iri gukorerwa Abatutsi mu bice bitandukanye mu burasirazuba bwa Congo.

Umusesenguzi John Mugabo avuga ko n’igihe Jenoside Yakorerwaga Abatutsi yabaga, hari haratanzwe raporo nyinshi zigaragaza ko ibyariho bitutumba mu Rwanda ko bizavamo Jenoside ariko amahanga agakomeza kubitera umugongo.

Avuga ko n’izi raporo zigaragaza ibibera muri Congo, zidakwiye kugira abo zihuma amaso ngo bareke gutabara byumwihariko ariko ko ku isonga hakaba hagomba kuza ba nyiri ikibazo.

Ati “Abantu bicwa muri Congo bafite abana, bafite inshingano zo guhaguruka bakarwana ku buzima bwabo n’ubw’ababyeyi babo. Ibyo ni insingano abantu badakwiye kwicara ngo basabe.”

John Mugabo avuga ko aho bigeze muri Congo, hakwiye gukoreshwa imbaraga z’imirwano kuko iz’amasezerano zanze kandi abantu bakaba bakomeje kwicwa.

Ati “Ntabwo umuntu yaba ari guhira mu nzu, umwaka umwe ushize ngo ujye aho wumva ko ikibazo cy’umuriro kizakemurirwa mu nama.”

Uyu musesenguzi uvuga ko M23 na yo yatinze gutangaza uru rugamba rwo guhagarika Jenoside, avuga ko n’ibindi Bihugu bifite umutima utabara byari bikwiye kwinjira muri iki kibazo.

Ati “N’u Rwanda [ndabivuga nkuko mbyumva] kuko n’ubundi barushinja…byaruta tubikoreye rimwe kuko impamvu iragaragara, Isi irayibona.”

Uyu musesenguzi yabajijwe niba ibi bidashobora gutera intambara y’akarere mu gihe, avuga ko iyo hari ikibazo nk’iki, hakoreshwa inzira zinyuranye mu kugitorera umuti zirimo iza dipolomasi, ariko ko iyo zanze zose, hari n’indi nzira ishobora kunyurwa.

Ati “N’iyi rero ni inzira kandi irakoreshwa yo gukemura ikibazo kubera ko izindi nzira zose zageragejwe zanze kandi ntawuzitayeho. Ntibikwiye kuba ikibazo kuko ubikoze intambara ishobora kuba, utanabikoze intambara yaba, ubwo se aho kugira ngo ushye uri mu nzu ntiwasanga umuriro aho uri wa mugani ukawuzimirizayo.”

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko itifuza na rimwe kuba yashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko igihe cyose rwayishorwaho, rwayirwana kuko rufite ubushobozi buhagije.

Umusesenguzi John Mugabo (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eleven =

Previous Post

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Next Post

Hatangajwe ibihano byahawe Kiyovu kubera ibitutsi nyandagazi by’abafana bayo

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Hatangajwe ibihano byahawe Kiyovu kubera ibitutsi nyandagazi by’abafana bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.