Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangiza urugamba rwo guharika Jenoside muri Congo?- Umusesenguzi avuze uko abibona

radiotv10by radiotv10
30/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangiza urugamba rwo guharika Jenoside muri Congo?- Umusesenguzi avuze uko abibona
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu mibanire mpuzamahanga y’Ibihugu, avuga ko u Rwanda ruramutse rugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guhagarika Jenoside iri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, nta sakirirego rwaba rukoze, kuko impamvu yabyo igaragarira buri wese.

John Mugabo usanzwe yumvikana mu busesenguzi bw’imibanire y’Ibihugu, yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 29 Mutarama 2023 mu kiganiro cyatambutse ku Televiziyo y’Igihugu.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakomeje kugararaga ibikorwa byo gutoteza no kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Nanone kandi Umujyanama Wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, ku bya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu aherutse gushyira hanze itangazo rigaragaza ko hatagize igikorwa mu Burasirazuba bwa Congo, byumwihariko mu gace ka Ituri, haba Jenoside.

Mu cyumweru gishize kandi umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo barwanya akarengane gakorerwa abavuga Ikinyarwanda byumwihariko b’Abatutsi bakomeje kwicwa kuva cyera, watangaje byeruye ko ugiye gutangiza urugamba rwo guhagarika Jenoside iri gukorerwa Abatutsi mu bice bitandukanye mu burasirazuba bwa Congo.

Umusesenguzi John Mugabo avuga ko n’igihe Jenoside Yakorerwaga Abatutsi yabaga, hari haratanzwe raporo nyinshi zigaragaza ko ibyariho bitutumba mu Rwanda ko bizavamo Jenoside ariko amahanga agakomeza kubitera umugongo.

Avuga ko n’izi raporo zigaragaza ibibera muri Congo, zidakwiye kugira abo zihuma amaso ngo bareke gutabara byumwihariko ariko ko ku isonga hakaba hagomba kuza ba nyiri ikibazo.

Ati “Abantu bicwa muri Congo bafite abana, bafite inshingano zo guhaguruka bakarwana ku buzima bwabo n’ubw’ababyeyi babo. Ibyo ni insingano abantu badakwiye kwicara ngo basabe.”

John Mugabo avuga ko aho bigeze muri Congo, hakwiye gukoreshwa imbaraga z’imirwano kuko iz’amasezerano zanze kandi abantu bakaba bakomeje kwicwa.

Ati “Ntabwo umuntu yaba ari guhira mu nzu, umwaka umwe ushize ngo ujye aho wumva ko ikibazo cy’umuriro kizakemurirwa mu nama.”

Uyu musesenguzi uvuga ko M23 na yo yatinze gutangaza uru rugamba rwo guhagarika Jenoside, avuga ko n’ibindi Bihugu bifite umutima utabara byari bikwiye kwinjira muri iki kibazo.

Ati “N’u Rwanda [ndabivuga nkuko mbyumva] kuko n’ubundi barushinja…byaruta tubikoreye rimwe kuko impamvu iragaragara, Isi irayibona.”

Uyu musesenguzi yabajijwe niba ibi bidashobora gutera intambara y’akarere mu gihe, avuga ko iyo hari ikibazo nk’iki, hakoreshwa inzira zinyuranye mu kugitorera umuti zirimo iza dipolomasi, ariko ko iyo zanze zose, hari n’indi nzira ishobora kunyurwa.

Ati “N’iyi rero ni inzira kandi irakoreshwa yo gukemura ikibazo kubera ko izindi nzira zose zageragejwe zanze kandi ntawuzitayeho. Ntibikwiye kuba ikibazo kuko ubikoze intambara ishobora kuba, utanabikoze intambara yaba, ubwo se aho kugira ngo ushye uri mu nzu ntiwasanga umuriro aho uri wa mugani ukawuzimirizayo.”

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko itifuza na rimwe kuba yashoza intambara ku Gihugu cy’igituranyi, icyakora ko igihe cyose rwayishorwaho, rwayirwana kuko rufite ubushobozi buhagije.

Umusesenguzi John Mugabo (Photo/Igihe)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fifteen =

Previous Post

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Next Post

Hatangajwe ibihano byahawe Kiyovu kubera ibitutsi nyandagazi by’abafana bayo

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho

Hatangajwe ibihano byahawe Kiyovu kubera ibitutsi nyandagazi by’abafana bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.