Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje amakuru yavugaga ko RDF yaba iri gutanga umusada mu guhosha imyigaragambyo iri kubera i Maputo mu Murwa Mukuru wa Muzambique, ivuga ko ari ikinyoma.

I Maputo muri Mozambique hamaze iminsi hari kuba imyigaragambyo yadutse nyuma y’Amatora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Daniel Chapo usanzwe ari uwo mu ishyaka riri ku butegetsi Frelimo rikaba n’irya Filipe Nyusi asimbuye.

Abatavuga rumwe n’Ubutegetsi by’umwihariko Venãnçio Mondilane wo mu ishyaka ryitwa PODEMOS, ntibakozwa ibyavuye muri aya matora, bavuga ko yabayemo uburiganya, ari na byo byatumye muri iki Gihugu haduka imyigaragambyo.

Ni imyigaragambyo yibasira abanyamahanga baba muri iki Gihugu barimo n’Abanyarwanda, aho abanyagihugu bo muri Mozambique, bibasira ibikorwa byabo nk’ubucuruzi.

Ku rubuga nkoranyambaga, hakwirakwiye amakuru avuga ko Ingabo z’u Rwanda zisanzwe ziri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique mu butumwa bw’amahoro, zaba zagiye i Maputo gutanga umusada wo guhosha iyi myigaragambyo.

Sophie Mokoena, Umunyamakuru w’Igitangazamakuru SABC cyo muri Afurika y’Epfo, yasabye Guverinoma y’u Rwanda kugira icyo ivuga kuri aya makuru yari akomeje gukwirakwira.

Uyu munyamakuru yagize ati “U Rwanda rugomba gusubiza vuba na bwangu kuri ibi birego. Ibi byazazamura ibibazo. Hakenewe igisubizo cyihariye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, asubiza uyu munyamakuru, yamaganye aya makuru, avuga ko ari ikinyoma.

Yolande Makolo yagize ati “Ibi ni ikinyoma. Nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Maputo. Inzego z’umutekano z’u Rwanda zoherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa zihuriweho n’Ingabo za Mozambique mu guhangana n’intagondwa zigendera ku mahame ya kisilamu, zari zarazengereje abaturage bo muri iyo Ntara.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yari iherutse gutangaza ko Abanyarwanda bari muri Mozambique, bagirwa inama zo kwirinda kujya ahari kubera iyi myigaragambyo, kandi ko uwagira ikibazo cyamubaho, yabimenyesha ambasade ikamufasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 7 =

Previous Post

Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura

Next Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.