Wednesday, September 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje amakuru yavugaga ko RDF yaba iri gutanga umusada mu guhosha imyigaragambyo iri kubera i Maputo mu Murwa Mukuru wa Muzambique, ivuga ko ari ikinyoma.

I Maputo muri Mozambique hamaze iminsi hari kuba imyigaragambyo yadutse nyuma y’Amatora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Daniel Chapo usanzwe ari uwo mu ishyaka riri ku butegetsi Frelimo rikaba n’irya Filipe Nyusi asimbuye.

Abatavuga rumwe n’Ubutegetsi by’umwihariko Venãnçio Mondilane wo mu ishyaka ryitwa PODEMOS, ntibakozwa ibyavuye muri aya matora, bavuga ko yabayemo uburiganya, ari na byo byatumye muri iki Gihugu haduka imyigaragambyo.

Ni imyigaragambyo yibasira abanyamahanga baba muri iki Gihugu barimo n’Abanyarwanda, aho abanyagihugu bo muri Mozambique, bibasira ibikorwa byabo nk’ubucuruzi.

Ku rubuga nkoranyambaga, hakwirakwiye amakuru avuga ko Ingabo z’u Rwanda zisanzwe ziri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique mu butumwa bw’amahoro, zaba zagiye i Maputo gutanga umusada wo guhosha iyi myigaragambyo.

Sophie Mokoena, Umunyamakuru w’Igitangazamakuru SABC cyo muri Afurika y’Epfo, yasabye Guverinoma y’u Rwanda kugira icyo ivuga kuri aya makuru yari akomeje gukwirakwira.

Uyu munyamakuru yagize ati “U Rwanda rugomba gusubiza vuba na bwangu kuri ibi birego. Ibi byazazamura ibibazo. Hakenewe igisubizo cyihariye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, asubiza uyu munyamakuru, yamaganye aya makuru, avuga ko ari ikinyoma.

Yolande Makolo yagize ati “Ibi ni ikinyoma. Nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Maputo. Inzego z’umutekano z’u Rwanda zoherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa zihuriweho n’Ingabo za Mozambique mu guhangana n’intagondwa zigendera ku mahame ya kisilamu, zari zarazengereje abaturage bo muri iyo Ntara.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yari iherutse gutangaza ko Abanyarwanda bari muri Mozambique, bagirwa inama zo kwirinda kujya ahari kubera iyi myigaragambyo, kandi ko uwagira ikibazo cyamubaho, yabimenyesha ambasade ikamufasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + nine =

Previous Post

Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura

Next Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

A new lake is about to be created in Rwanda, located between the Northern, Southern, and Western Provinces. It will...

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

by radiotv10
03/09/2025
0

Hashyizwe hanze amashusho yerekana ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique mu guhangana n’ibyihebe mu Ntara ya Cabo Delgado, aho...

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

by radiotv10
02/09/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’u Rwanda yo kuba hari igice cy’Abanyarwanda bigeze kumara igihe kinini ari impunzi na...

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
02/09/2025
0

Mu Rwanda hagiye kuvuka ikiyaga gishya kiri guhangwa hagati y'Intara y'Amajyaruguru, iy’Amajyepfo n'iy’Iburengerazuba, kizuzura gitwaye miliyari 320 Frw cyitezweho kuzanira...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Inama zigirwa abanyeshuri batsinzwe ibizamini bya Leta bisoza ayisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
02/09/2025
0

Minisitiri w’Uburezi aragira inama abanyeshuri batabashije gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, kujya gusibira, kandi bagatangirana n’abandi kuko imyanya...

IZIHERUKA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know
IMIBEREHO MYIZA

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

by radiotv10
03/09/2025
0

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

03/09/2025
Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

02/09/2025
Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

Icyihishe inyuma yo kunanuka kudasanzwe k’umunyabigango ‘The Rock’ kwazamuye impaka

02/09/2025
Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

Ubutumwa bwa Tshisekedi kuri Gen.Cirimwami wa FARDC umaze amezi arindwi yishwe na M23

02/09/2025
Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

Ngwino nkumare amatsiko ku Kiyaga gishya kigiye kugaragara mu Rwanda

02/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

A new lake is coming to Rwanda: Here’s what you Need to know

VIDEO: Sogongera ku rugamba rwa RDF i Cabo Delgado ‘irasa ibyihebe nta kubibabarira’

Perezida Kagame yifashishije amateka y’ubuzima yanyuzemo yongeye kugaragaza impamvu u Rwanda rwita ku mpunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.