Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwatanze umucyo ku byavugwaga ko RDF yageze i Maputo hari kubera imyigaragambyo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje amakuru yavugaga ko RDF yaba iri gutanga umusada mu guhosha imyigaragambyo iri kubera i Maputo mu Murwa Mukuru wa Muzambique, ivuga ko ari ikinyoma.

I Maputo muri Mozambique hamaze iminsi hari kuba imyigaragambyo yadutse nyuma y’Amatora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Daniel Chapo usanzwe ari uwo mu ishyaka riri ku butegetsi Frelimo rikaba n’irya Filipe Nyusi asimbuye.

Abatavuga rumwe n’Ubutegetsi by’umwihariko Venãnçio Mondilane wo mu ishyaka ryitwa PODEMOS, ntibakozwa ibyavuye muri aya matora, bavuga ko yabayemo uburiganya, ari na byo byatumye muri iki Gihugu haduka imyigaragambyo.

Ni imyigaragambyo yibasira abanyamahanga baba muri iki Gihugu barimo n’Abanyarwanda, aho abanyagihugu bo muri Mozambique, bibasira ibikorwa byabo nk’ubucuruzi.

Ku rubuga nkoranyambaga, hakwirakwiye amakuru avuga ko Ingabo z’u Rwanda zisanzwe ziri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique mu butumwa bw’amahoro, zaba zagiye i Maputo gutanga umusada wo guhosha iyi myigaragambyo.

Sophie Mokoena, Umunyamakuru w’Igitangazamakuru SABC cyo muri Afurika y’Epfo, yasabye Guverinoma y’u Rwanda kugira icyo ivuga kuri aya makuru yari akomeje gukwirakwira.

Uyu munyamakuru yagize ati “U Rwanda rugomba gusubiza vuba na bwangu kuri ibi birego. Ibi byazazamura ibibazo. Hakenewe igisubizo cyihariye.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, asubiza uyu munyamakuru, yamaganye aya makuru, avuga ko ari ikinyoma.

Yolande Makolo yagize ati “Ibi ni ikinyoma. Nta ngabo z’u Rwanda ziri muri Maputo. Inzego z’umutekano z’u Rwanda zoherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado, mu bikorwa zihuriweho n’Ingabo za Mozambique mu guhangana n’intagondwa zigendera ku mahame ya kisilamu, zari zarazengereje abaturage bo muri iyo Ntara.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yari iherutse gutangaza ko Abanyarwanda bari muri Mozambique, bagirwa inama zo kwirinda kujya ahari kubera iyi myigaragambyo, kandi ko uwagira ikibazo cyamubaho, yabimenyesha ambasade ikamufasha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eight =

Previous Post

Rusizi: Serivisi mbi zavugwaga mu Bitaro bya Gihundwe haravugwa igishobora kuzirandura

Next Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi byemeranyijweho n’inzobere mu Gisirikare hagati y’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.