Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yakiriye ibikoresho bizifashishwa mu ruganda rukora inkingo n’imiti, birimo imashini kabuhariwe mu rwego rw’ubuvuzi, ziturutse mu kigo gikomeye ku Isi mu byo gutunganya inkingo kizwi nka BioNTech.

Ibi bikoresho byakiriwe kuri uyu wa Mbere tariki 13 Werurwe 2023, ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, ubwo indege yabizanye yasesekaraga kuri iki kibuga.

Ibi bikoresho bizanywe mu cyiciro cya mbere, birimo imashini bizakoreshwa n’uruganda ruzatangira gutunganya inkingo mu mpera z’uyu mwaka wa 2023, bikaba byaturutse mu kigo cya BioNTech cyo mu Budage kizwiho gukora inkingo n’imiti.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana wagiye kwakira ibi bikoresho, yavuze ko ibi bikoresho bizanywe mu cyiciro cya mbere, bizakurikirwa n’ibindi bizagenda biza nyuma.

Ati “Ariko iby’ingenzi biri gukurwa muri iyi ndege, ni byo by’ibanze biri bukore igice kimwe cy’urwo ruganda hari ibindi bizagenda byongerwaho.”

Dr Sabin uvuga ko imirimo yo gukora inkingo itahita itangira kuko hanakenewe n’abakozi babizobereyemo barimo n’abazaturuka muri kiriya kigo cya BioNTech, bagomba kuza ariko hakaba n’abamaze kugera mu Rwanda.

Ati “Ku buryo hari n’Abanyarwanda batangiye kwiga, na bo hari abari kugenda bamenya ibikoresho n’ibikorwa muri ubu buhanga bushya bwo gukora inkingo ariko n’imiti.”

Dr Sabin avuga ko uretse kuba uru ruganda ruzagirira akamaro urwego rw’ubuzima mu Rwanda, ariko ruzanafasha uru rwego ku Mugabane wa Afurika.

Muri Kamena 2022, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo uwa BioNTech, Prof Dr Uğur Şahin, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus; bashyize ibuye ry’ifatizo ahagomba kubakwa uru ruganda rutunganya inkingo, i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Ku kibuga cy’indege uyu munsi ubwo hakirwaga ibi bikoresho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 8 =

Previous Post

Bwa mbere hahishuwe inzira nshya u Rwanda rwatangiye ku byo kurekura Rusesabagina

Next Post

Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.