Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yakiriye ibikoresho bizifashishwa mu ruganda rukora inkingo n’imiti, birimo imashini kabuhariwe mu rwego rw’ubuvuzi, ziturutse mu kigo gikomeye ku Isi mu byo gutunganya inkingo kizwi nka BioNTech.

Ibi bikoresho byakiriwe kuri uyu wa Mbere tariki 13 Werurwe 2023, ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe, ubwo indege yabizanye yasesekaraga kuri iki kibuga.

Ibi bikoresho bizanywe mu cyiciro cya mbere, birimo imashini bizakoreshwa n’uruganda ruzatangira gutunganya inkingo mu mpera z’uyu mwaka wa 2023, bikaba byaturutse mu kigo cya BioNTech cyo mu Budage kizwiho gukora inkingo n’imiti.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana wagiye kwakira ibi bikoresho, yavuze ko ibi bikoresho bizanywe mu cyiciro cya mbere, bizakurikirwa n’ibindi bizagenda biza nyuma.

Ati “Ariko iby’ingenzi biri gukurwa muri iyi ndege, ni byo by’ibanze biri bukore igice kimwe cy’urwo ruganda hari ibindi bizagenda byongerwaho.”

Dr Sabin uvuga ko imirimo yo gukora inkingo itahita itangira kuko hanakenewe n’abakozi babizobereyemo barimo n’abazaturuka muri kiriya kigo cya BioNTech, bagomba kuza ariko hakaba n’abamaze kugera mu Rwanda.

Ati “Ku buryo hari n’Abanyarwanda batangiye kwiga, na bo hari abari kugenda bamenya ibikoresho n’ibikorwa muri ubu buhanga bushya bwo gukora inkingo ariko n’imiti.”

Dr Sabin avuga ko uretse kuba uru ruganda ruzagirira akamaro urwego rw’ubuzima mu Rwanda, ariko ruzanafasha uru rwego ku Mugabane wa Afurika.

Muri Kamena 2022, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo uwa BioNTech, Prof Dr Uğur Şahin, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus; bashyize ibuye ry’ifatizo ahagomba kubakwa uru ruganda rutunganya inkingo, i Masoro mu Karere ka Gasabo.

Ku kibuga cy’indege uyu munsi ubwo hakirwaga ibi bikoresho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

Bwa mbere hahishuwe inzira nshya u Rwanda rwatangiye ku byo kurekura Rusesabagina

Next Post

Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.