Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
13/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma irahumuriza Abarundi baba mu Rwanda, ikavuga ko nubwo iy’Igihugu cyabo yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda babayo, ariko rwo rudashobora kugenza gutyo, ahubwo ko aho bari bagomba kumva ko bari nk’iwabo.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, agaruka u buryo u Rwanda rwakiriye icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka.

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu i Burundi, Martin Niteretse yavuze ko nta muntu wemerewe gukoresha inzira yo ku butaka yambukiranya Ibihugu byombi.

Uyu muyobozi yashimangiye ko badashaka ko Abanyarwanda kandi ko n’abo iki cyemezo cyasanze bakiri i Burundi bagomba gutaha.

Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga itangazo rivuga ko idashimishijwe n’iki cyemezo kuko kinyuranije n’amategeko agenga imigenderanire mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umuvugizi Gungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko Abanyarwanda bakiri ku butaka bw’u Burundi bagomba kwitabwaho n’iki Gihugu.

Yagize ati “Ugomba gukora ibishoboka byose umutekano w’Abanyarwanda udashaka ku butaka bwawe ukawubahiriza, ukabaherekeza kugeza igihe binjiriye mu Gihugu cyabo.”

Akomeza avuga ko icyo u Rwanda rwakora ari ukwakira Abanyarwanda birukanywe mu Burundi, igihe baba bageze ku mupaka.

Ati “Ariko ntabwo ari u Rwanda rwavuga ngo rwinjiye mu Burundi rugiye kubazana, cyeretse u Burundi bubitangiye uburenganzira.”

Uyu Muvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko nubwo ayo makuru y’iyirukanwa ry’Abanyarwanda yagiye hanze, ariko batarabona abaje.

Ati “Nta Banyarwanda turabona birukanywe i Burundi. Hari abari bariyo batuyeyo, hari abari bari mu bucuruzi, wenda hari n’abigagayo. Ni ukuvuga ngo babirukanye gusa. Ntabwo bavuga ngo birukanye kanaka na kanaka.”

Nubwo Guverinoma y’u Burundi ivuga ko Abanyarwanda bagomba gusubira iwabo; u Rwanda rwo ruvuga ko rudateze gufata icyemezo giteye gityo.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda irahumuriza Umurundi wese uri ku butaka bw’u Rwanda ntacyo azaba. Umurundi wese uri kubutaka bw’u Rwanda naryame asinzire akore ibyo yagombaga gukora, turabizi ntacyo bazaba, ntacyo bagomba kwikanga kubera icyemezo Guverinoma yabo yafashe cyo gufunga umupaka.”

U Rwanda ruvuga kandi ko nubwo Abanyarwanda batagikenewe mu Burundi, ambasade yarwo i Bujumbura izakomeza gukora kuko umubano ushingiye kuri dipolomasi utaravaho.

Nubwo ibibazo byongeye gusubira uko byari bimeze mbere y’umwaka wa 2020; u Rwanda ruravuga ko ibiganiro byari bimaze imyaka itatu hagati y’Ibihugu byombi rwiteguye kubikomeza kugira ngo haboneke igisubizo kirambye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 2 =

Previous Post

Zambia: Icyorezo kiri kuvuza ubuhuha cyatumye hafatwa ingamba nk’izo mu bihe bya Covid

Next Post

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.