Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
13/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma irahumuriza Abarundi baba mu Rwanda, ikavuga ko nubwo iy’Igihugu cyabo yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda babayo, ariko rwo rudashobora kugenza gutyo, ahubwo ko aho bari bagomba kumva ko bari nk’iwabo.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, agaruka u buryo u Rwanda rwakiriye icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka.

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu i Burundi, Martin Niteretse yavuze ko nta muntu wemerewe gukoresha inzira yo ku butaka yambukiranya Ibihugu byombi.

Uyu muyobozi yashimangiye ko badashaka ko Abanyarwanda kandi ko n’abo iki cyemezo cyasanze bakiri i Burundi bagomba gutaha.

Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga itangazo rivuga ko idashimishijwe n’iki cyemezo kuko kinyuranije n’amategeko agenga imigenderanire mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umuvugizi Gungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko Abanyarwanda bakiri ku butaka bw’u Burundi bagomba kwitabwaho n’iki Gihugu.

Yagize ati “Ugomba gukora ibishoboka byose umutekano w’Abanyarwanda udashaka ku butaka bwawe ukawubahiriza, ukabaherekeza kugeza igihe binjiriye mu Gihugu cyabo.”

Akomeza avuga ko icyo u Rwanda rwakora ari ukwakira Abanyarwanda birukanywe mu Burundi, igihe baba bageze ku mupaka.

Ati “Ariko ntabwo ari u Rwanda rwavuga ngo rwinjiye mu Burundi rugiye kubazana, cyeretse u Burundi bubitangiye uburenganzira.”

Uyu Muvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko nubwo ayo makuru y’iyirukanwa ry’Abanyarwanda yagiye hanze, ariko batarabona abaje.

Ati “Nta Banyarwanda turabona birukanywe i Burundi. Hari abari bariyo batuyeyo, hari abari bari mu bucuruzi, wenda hari n’abigagayo. Ni ukuvuga ngo babirukanye gusa. Ntabwo bavuga ngo birukanye kanaka na kanaka.”

Nubwo Guverinoma y’u Burundi ivuga ko Abanyarwanda bagomba gusubira iwabo; u Rwanda rwo ruvuga ko rudateze gufata icyemezo giteye gityo.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda irahumuriza Umurundi wese uri ku butaka bw’u Rwanda ntacyo azaba. Umurundi wese uri kubutaka bw’u Rwanda naryame asinzire akore ibyo yagombaga gukora, turabizi ntacyo bazaba, ntacyo bagomba kwikanga kubera icyemezo Guverinoma yabo yafashe cyo gufunga umupaka.”

U Rwanda ruvuga kandi ko nubwo Abanyarwanda batagikenewe mu Burundi, ambasade yarwo i Bujumbura izakomeza gukora kuko umubano ushingiye kuri dipolomasi utaravaho.

Nubwo ibibazo byongeye gusubira uko byari bimeze mbere y’umwaka wa 2020; u Rwanda ruravuga ko ibiganiro byari bimaze imyaka itatu hagati y’Ibihugu byombi rwiteguye kubikomeza kugira ngo haboneke igisubizo kirambye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 8 =

Previous Post

Zambia: Icyorezo kiri kuvuza ubuhuha cyatumye hafatwa ingamba nk’izo mu bihe bya Covid

Next Post

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.