Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
13/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ko rudashobora gukora nk’ibyakozwe n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma irahumuriza Abarundi baba mu Rwanda, ikavuga ko nubwo iy’Igihugu cyabo yafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda babayo, ariko rwo rudashobora kugenza gutyo, ahubwo ko aho bari bagomba kumva ko bari nk’iwabo.

Byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, agaruka u buryo u Rwanda rwakiriye icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Burundi cyo gufunga imipaka.

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu i Burundi, Martin Niteretse yavuze ko nta muntu wemerewe gukoresha inzira yo ku butaka yambukiranya Ibihugu byombi.

Uyu muyobozi yashimangiye ko badashaka ko Abanyarwanda kandi ko n’abo iki cyemezo cyasanze bakiri i Burundi bagomba gutaha.

Guverinoma y’u Rwanda yahise itanga itangazo rivuga ko idashimishijwe n’iki cyemezo kuko kinyuranije n’amategeko agenga imigenderanire mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Umuvugizi Gungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko Abanyarwanda bakiri ku butaka bw’u Burundi bagomba kwitabwaho n’iki Gihugu.

Yagize ati “Ugomba gukora ibishoboka byose umutekano w’Abanyarwanda udashaka ku butaka bwawe ukawubahiriza, ukabaherekeza kugeza igihe binjiriye mu Gihugu cyabo.”

Akomeza avuga ko icyo u Rwanda rwakora ari ukwakira Abanyarwanda birukanywe mu Burundi, igihe baba bageze ku mupaka.

Ati “Ariko ntabwo ari u Rwanda rwavuga ngo rwinjiye mu Burundi rugiye kubazana, cyeretse u Burundi bubitangiye uburenganzira.”

Uyu Muvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko nubwo ayo makuru y’iyirukanwa ry’Abanyarwanda yagiye hanze, ariko batarabona abaje.

Ati “Nta Banyarwanda turabona birukanywe i Burundi. Hari abari bariyo batuyeyo, hari abari bari mu bucuruzi, wenda hari n’abigagayo. Ni ukuvuga ngo babirukanye gusa. Ntabwo bavuga ngo birukanye kanaka na kanaka.”

Nubwo Guverinoma y’u Burundi ivuga ko Abanyarwanda bagomba gusubira iwabo; u Rwanda rwo ruvuga ko rudateze gufata icyemezo giteye gityo.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda irahumuriza Umurundi wese uri ku butaka bw’u Rwanda ntacyo azaba. Umurundi wese uri kubutaka bw’u Rwanda naryame asinzire akore ibyo yagombaga gukora, turabizi ntacyo bazaba, ntacyo bagomba kwikanga kubera icyemezo Guverinoma yabo yafashe cyo gufunga umupaka.”

U Rwanda ruvuga kandi ko nubwo Abanyarwanda batagikenewe mu Burundi, ambasade yarwo i Bujumbura izakomeza gukora kuko umubano ushingiye kuri dipolomasi utaravaho.

Nubwo ibibazo byongeye gusubira uko byari bimeze mbere y’umwaka wa 2020; u Rwanda ruravuga ko ibiganiro byari bimaze imyaka itatu hagati y’Ibihugu byombi rwiteguye kubikomeza kugira ngo haboneke igisubizo kirambye.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 17 =

Previous Post

Zambia: Icyorezo kiri kuvuza ubuhuha cyatumye hafatwa ingamba nk’izo mu bihe bya Covid

Next Post

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Ibihugu bibiri by’i Burayi byishimiye intsinzi ya Tshisekedi bimwibutsa ibyo yirengagije birebana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.