Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku Banyarwanda bamaze imyaka ibiri bafungishijwe ijisho imahanga barabuze Igihugu kibakira

radiotv10by radiotv10
16/12/2023
in MU RWANDA
0
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), ruvuga ko ruhangayikishijwe n’uko Abanyarwanda barindwi barimo abari barahamijwe gukora Jenoside mu Rwanda barangije ibihano, bagiye kumara imyaka ibiri bafungishijwe ijisho muri Niger, mu gihe u Rwanda rwo rwongeye gusaba ko bataha bakareka kuba umuzigo w’ibindi Bihugu.

Aba Banyarwanda bari umunani ari bo Francois-Xavier Nzuwonemeye, Prosper Mugiraneza, Anatole Nsengiyumva, Protais Zigiranyirazo, Alphonse Nteziryayo, Andre Ntagerura, Tharcisse Muvunyi, na Innocent Sagahutu, ariko umwe muri bo akaba yarapfiriye i Niamey muri Kamena uyu mwaka wa 2023.

Aba bagabo barimo abari barangije ibihano bari barakatiwe na ICTR nyuma yo kubahamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’abagizwe abere, baje koherezwa muri Niger nyuma y’ubwumvikane bw’iki Gihugu n’Umuryango w’Abibumbye.

Gusa kugeza ubu aba bagabo bagaragazwa nk’abahindutse umuzigo wa IRMCT, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania (ICTR/TPIR).

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, Umuryango w’Abibumbye wumvikanye n’iki Gihugu cya Niger ko kibakira, gusa nyuma y’ukwezi kumwe; iki Gihugu cyabahaye iminsi irindwi (7) yo kuba bavuye ku butaka bwacyo, ndetse gitegeka igipolisi gushyira mu bikorwa icyo cyemezo. Ariko byarangiye aba baturage babuze ikindi Gihugu cyemera kubakira, ndetse banga no gusubira iwabo mu Rwanda.

Me Graciela Gatti Santana uyobora uru rwego, avuga ko Niger yahise ifata icyemezo cyo gufungisha ijisho aba bagabo, nyamara atari byo byari byumvikanyweho.

Yagize ati “Ku itariki ya 27 Ukuboza bazaba bujuje umwaka bafungishijwe ijisho. Iki gikorwa nticyemewe kandi cyakabaye cyaraburijwemo kuko Niger yagombaga kubahiriza amasezerano yagiranye n’Umuryango w’Abibumbye yo kubakira.”

Uhagarariye u Bwongereza mu kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye; avuga ko bakeneye kumenya iherezo ry’aba Banyarwanda banze gutaha iwabo.

Yagize ati “U Bwongereza buhangayikishijwe n’imibereho y’Abanyarwanda bajyanywe muri Niger; ubu bakaba batagira Igihugu kuva muri 2022. Ndetse bakomeje gufungishwa ijisho. Dukeneye kumenya ibiri gukorwa mu gushaka igisubizo cy’aba bantu.”

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Ernest Rwamucyo yahise agaragaza aho u Rwanda ruhagaze kuri iki kibazo.

Yagize ati “Ku kibazo cyo kwakira Abanyarwanda bagizwe abere n’abarangije ibihano; u Rwanda rurashaka kwibutsa iyi nama ko mu nama twagiranye n’abayobozi bose b’Urukiko, u Rwanda rwakomeje gusobanura ko bashobora kuza mu Rwanda mu gihe babyifuza, nibabikora; ntabwo bazaba ari Abanyarwanda ba mbere bagarutse mu Rwanda babana n’Abanyarwanda mu burenganzira bwabo bwose.”

Yakomeje agira ati “Ibi byabaye ku Banyarwanda benshi barimo abari impunzi, abarwanyi, abahamijwe Jenoside ubu baturanye n’abayirokotse. Ubwo ni ikimenyetso cy’ubumwe n’ubwiyunge, ariko icyemezo cyo kuza mu Rwanda ni bo bagomba kucyifatira.

Ariko icyo twibaza cyane ni impamvu aba bantu badafite icyo babazwa n’Inkiko banga gutaha ahubwo bagakomeza kuba umuzigo w’umuryango mpuzamahanga.”

Uru rugereko rwo rusaba Ibihugu kwiyemeza kwakira aba Banyarwanda kuko bahindutse umuzigo w’Umuryango w’Abibumbye, gusa ngo ruhangayikishijwe no kuba Ibihugu bitabikozwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Next Post

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Related Posts

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.