Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku Banyarwanda bamaze imyaka ibiri bafungishijwe ijisho imahanga barabuze Igihugu kibakira

radiotv10by radiotv10
16/12/2023
in MU RWANDA
0
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), ruvuga ko ruhangayikishijwe n’uko Abanyarwanda barindwi barimo abari barahamijwe gukora Jenoside mu Rwanda barangije ibihano, bagiye kumara imyaka ibiri bafungishijwe ijisho muri Niger, mu gihe u Rwanda rwo rwongeye gusaba ko bataha bakareka kuba umuzigo w’ibindi Bihugu.

Aba Banyarwanda bari umunani ari bo Francois-Xavier Nzuwonemeye, Prosper Mugiraneza, Anatole Nsengiyumva, Protais Zigiranyirazo, Alphonse Nteziryayo, Andre Ntagerura, Tharcisse Muvunyi, na Innocent Sagahutu, ariko umwe muri bo akaba yarapfiriye i Niamey muri Kamena uyu mwaka wa 2023.

Aba bagabo barimo abari barangije ibihano bari barakatiwe na ICTR nyuma yo kubahamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’abagizwe abere, baje koherezwa muri Niger nyuma y’ubwumvikane bw’iki Gihugu n’Umuryango w’Abibumbye.

Gusa kugeza ubu aba bagabo bagaragazwa nk’abahindutse umuzigo wa IRMCT, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania (ICTR/TPIR).

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, Umuryango w’Abibumbye wumvikanye n’iki Gihugu cya Niger ko kibakira, gusa nyuma y’ukwezi kumwe; iki Gihugu cyabahaye iminsi irindwi (7) yo kuba bavuye ku butaka bwacyo, ndetse gitegeka igipolisi gushyira mu bikorwa icyo cyemezo. Ariko byarangiye aba baturage babuze ikindi Gihugu cyemera kubakira, ndetse banga no gusubira iwabo mu Rwanda.

Me Graciela Gatti Santana uyobora uru rwego, avuga ko Niger yahise ifata icyemezo cyo gufungisha ijisho aba bagabo, nyamara atari byo byari byumvikanyweho.

Yagize ati “Ku itariki ya 27 Ukuboza bazaba bujuje umwaka bafungishijwe ijisho. Iki gikorwa nticyemewe kandi cyakabaye cyaraburijwemo kuko Niger yagombaga kubahiriza amasezerano yagiranye n’Umuryango w’Abibumbye yo kubakira.”

Uhagarariye u Bwongereza mu kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye; avuga ko bakeneye kumenya iherezo ry’aba Banyarwanda banze gutaha iwabo.

Yagize ati “U Bwongereza buhangayikishijwe n’imibereho y’Abanyarwanda bajyanywe muri Niger; ubu bakaba batagira Igihugu kuva muri 2022. Ndetse bakomeje gufungishwa ijisho. Dukeneye kumenya ibiri gukorwa mu gushaka igisubizo cy’aba bantu.”

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Ernest Rwamucyo yahise agaragaza aho u Rwanda ruhagaze kuri iki kibazo.

Yagize ati “Ku kibazo cyo kwakira Abanyarwanda bagizwe abere n’abarangije ibihano; u Rwanda rurashaka kwibutsa iyi nama ko mu nama twagiranye n’abayobozi bose b’Urukiko, u Rwanda rwakomeje gusobanura ko bashobora kuza mu Rwanda mu gihe babyifuza, nibabikora; ntabwo bazaba ari Abanyarwanda ba mbere bagarutse mu Rwanda babana n’Abanyarwanda mu burenganzira bwabo bwose.”

Yakomeje agira ati “Ibi byabaye ku Banyarwanda benshi barimo abari impunzi, abarwanyi, abahamijwe Jenoside ubu baturanye n’abayirokotse. Ubwo ni ikimenyetso cy’ubumwe n’ubwiyunge, ariko icyemezo cyo kuza mu Rwanda ni bo bagomba kucyifatira.

Ariko icyo twibaza cyane ni impamvu aba bantu badafite icyo babazwa n’Inkiko banga gutaha ahubwo bagakomeza kuba umuzigo w’umuryango mpuzamahanga.”

Uru rugereko rwo rusaba Ibihugu kwiyemeza kwakira aba Banyarwanda kuko bahindutse umuzigo w’Umuryango w’Abibumbye, gusa ngo ruhangayikishijwe no kuba Ibihugu bitabikozwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + nine =

Previous Post

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Next Post

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.