Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku Banyarwanda bamaze imyaka ibiri bafungishijwe ijisho imahanga barabuze Igihugu kibakira

radiotv10by radiotv10
16/12/2023
in MU RWANDA
0
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), ruvuga ko ruhangayikishijwe n’uko Abanyarwanda barindwi barimo abari barahamijwe gukora Jenoside mu Rwanda barangije ibihano, bagiye kumara imyaka ibiri bafungishijwe ijisho muri Niger, mu gihe u Rwanda rwo rwongeye gusaba ko bataha bakareka kuba umuzigo w’ibindi Bihugu.

Aba Banyarwanda bari umunani ari bo Francois-Xavier Nzuwonemeye, Prosper Mugiraneza, Anatole Nsengiyumva, Protais Zigiranyirazo, Alphonse Nteziryayo, Andre Ntagerura, Tharcisse Muvunyi, na Innocent Sagahutu, ariko umwe muri bo akaba yarapfiriye i Niamey muri Kamena uyu mwaka wa 2023.

Aba bagabo barimo abari barangije ibihano bari barakatiwe na ICTR nyuma yo kubahamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’abagizwe abere, baje koherezwa muri Niger nyuma y’ubwumvikane bw’iki Gihugu n’Umuryango w’Abibumbye.

Gusa kugeza ubu aba bagabo bagaragazwa nk’abahindutse umuzigo wa IRMCT, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha zirimo urwari rwarashyiriweho u Rwanda i Arusha muri Tanzania (ICTR/TPIR).

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, Umuryango w’Abibumbye wumvikanye n’iki Gihugu cya Niger ko kibakira, gusa nyuma y’ukwezi kumwe; iki Gihugu cyabahaye iminsi irindwi (7) yo kuba bavuye ku butaka bwacyo, ndetse gitegeka igipolisi gushyira mu bikorwa icyo cyemezo. Ariko byarangiye aba baturage babuze ikindi Gihugu cyemera kubakira, ndetse banga no gusubira iwabo mu Rwanda.

Me Graciela Gatti Santana uyobora uru rwego, avuga ko Niger yahise ifata icyemezo cyo gufungisha ijisho aba bagabo, nyamara atari byo byari byumvikanyweho.

Yagize ati “Ku itariki ya 27 Ukuboza bazaba bujuje umwaka bafungishijwe ijisho. Iki gikorwa nticyemewe kandi cyakabaye cyaraburijwemo kuko Niger yagombaga kubahiriza amasezerano yagiranye n’Umuryango w’Abibumbye yo kubakira.”

Uhagarariye u Bwongereza mu kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye; avuga ko bakeneye kumenya iherezo ry’aba Banyarwanda banze gutaha iwabo.

Yagize ati “U Bwongereza buhangayikishijwe n’imibereho y’Abanyarwanda bajyanywe muri Niger; ubu bakaba batagira Igihugu kuva muri 2022. Ndetse bakomeje gufungishwa ijisho. Dukeneye kumenya ibiri gukorwa mu gushaka igisubizo cy’aba bantu.”

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Ambasaderi Ernest Rwamucyo yahise agaragaza aho u Rwanda ruhagaze kuri iki kibazo.

Yagize ati “Ku kibazo cyo kwakira Abanyarwanda bagizwe abere n’abarangije ibihano; u Rwanda rurashaka kwibutsa iyi nama ko mu nama twagiranye n’abayobozi bose b’Urukiko, u Rwanda rwakomeje gusobanura ko bashobora kuza mu Rwanda mu gihe babyifuza, nibabikora; ntabwo bazaba ari Abanyarwanda ba mbere bagarutse mu Rwanda babana n’Abanyarwanda mu burenganzira bwabo bwose.”

Yakomeje agira ati “Ibi byabaye ku Banyarwanda benshi barimo abari impunzi, abarwanyi, abahamijwe Jenoside ubu baturanye n’abayirokotse. Ubwo ni ikimenyetso cy’ubumwe n’ubwiyunge, ariko icyemezo cyo kuza mu Rwanda ni bo bagomba kucyifatira.

Ariko icyo twibaza cyane ni impamvu aba bantu badafite icyo babazwa n’Inkiko banga gutaha ahubwo bagakomeza kuba umuzigo w’umuryango mpuzamahanga.”

Uru rugereko rwo rusaba Ibihugu kwiyemeza kwakira aba Banyarwanda kuko bahindutse umuzigo w’Umuryango w’Abibumbye, gusa ngo ruhangayikishijwe no kuba Ibihugu bitabikozwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 5 =

Previous Post

Israel ikimara gutangaza ko intambara ikiri mbisi yahise ikora igikorwa kibishimangira

Next Post

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Abaperezida babiri baraye i Kigali: Menya abayobozi bakomeye bamaze kugera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.