Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku bishya byatangajwe kuri gahunda yarwo n’u Bwongereza yo kohereza abimukira

radiotv10by radiotv10
09/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku bishya byatangajwe kuri gahunda yarwo n’u Bwongereza yo kohereza abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yamenye amakuru y’umugambi w’iy’u Bwongereza wo guhagaruka gahunda zombi zari zagiranye yari igamije kurengera abimukira, ivuga ko yo igihagaze ku ruhande rwayo kabone nubwo yari yatangijwe n’u Bwongereza nk’ikibazo cy’iki Gihugu, aho kuba icy’u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nyakanga 2024 binyujijwe mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda.

Iri tangazo ritangira rigira riti “U Rwanda rwamenye umugambi wa Guverinoma y’u Bwongereza wo guhagarika amasezerano ‘Migration and Economic Developmeny Partnership’, yari yamaze kunyura mu Nteko Zishinga Amategeko z’Ibihugu byombi.”

Ni nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Keir Rodney Starmer atangaje ko ahagaritse gahunda iki Gihugu cyari cyagiranye n’u Rwanda igamije kohereza abimukira bakinjiyemo binyuranyije n’amategeko.

Iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rikomeza rigira riti “Ubu bufatanye bwari bwatangijwe na Guverinoma y’u Bwongereza mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy’abimukira kigira Ingaruka ku Bwongereza- ni ikibazo cy’u Bwongereza ntabwo ari icy’u Rwanda.”

U Rwanda rukomeza ruvuga ko rwo rugihagaze ku ruhande rwarwo ndetse runashyigikiye aya masezerano n’ibiyakubiyemo birimo no gutera inkunga ibikorwa byo kuyashyira mu bikorwa.

Rugakomeza rugira ruti “Kandi ruzakomeza gushishikazwa no gushaka ibisubizo by’ikibazo cyugarije Isi cy’abimukira, birimo kubaha umutekano, agaciro n’amahirwe ku mpunzi n’abimukira baza mu Gihugu cyacu.”

Aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yashyizweho umukono bwa mbere muri Mata 2022, ariko aza guhura n’imbogamizi z’abayarwanyije barimo n’Imiryango Mpuzamahanga irimo na UNCHR usanzwe ukorana n’u Rwanda mu kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’impunzi, bituma Urukiko rw’Ikirenga mu kwezi k’Ugushyingo 2023, ruyatesha agaciro.

Yaje kuvugururwa na Guverinoma z’Ibihugu byombi mu kwezi k’Ugushyingo 2023, aho avuguruye yasubizaga impungenge zose zari zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza.

Ibi byatumye ananyura mu Nteko Ishinga Amategeko z’Ibihugu byombi, ziranayemeza, kimwe n’Ubwami bw’u Bwongereza, aho kugeza ubu hari hasigaye ko abimukira ba mbere burizwa indege bakoherezwa mu Rwanda.

Minisitiri mushya w’u Bwongereza, Keir Rodney Starmer; uyobora ishyaka rya Labour Party, mu biganiro mpaka byakunze kumuhuza na Rishi Sunak yasimbuye, yakunze kuvuga ko natorwa; azahita ahagarika aya masezerano, ndetse mu cyumweru gishize amaze gutorwa, yahise yongera kubishimangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one − 1 =

Previous Post

Hatangajwe ikizakoreshwa arenga Miliyari 60Frw yasinywe n’u Rwanda n’u Butaliyani

Next Post

Trump Attends the Return of the Remains of the Navy SEAL Who Died in Yemen

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Trump Attends the Return of the Remains of the Navy SEAL Who Died in Yemen

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.