Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo umaze imyaka ine ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora uyu muryango mu yindi manda, bikaba bisobanuye ko byanga byakunda yongera gutorerwa uyu mwanya.

Ni amatora ateganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022, i Djerba muri Tunisie ahari kubera inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu muryango wa OIF.

U Rwanda rwari rwongeye gutanga Mushikiwabo nk’umukandida wo guhatanira manda ikurikira iyi ye irangiye, ndetse kugeza ubu akaba ari we mukandida rukumbi kuri uyu mwanya.

Biha amahirwe 100% ko Madamu Louise Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora uyu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, muri manda ya kabiri akaba ari na yo ya nyuma.

Aratorwa mu nama iteganyijwe uyu munsi, iza kuba irimo abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma 31, barimo abaraye bageze muri Tunisie nka Perezida Paul Kagame waraye ahageze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame.

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma irakurikira iy’Abaminisitiri bo mu Bihugu bya OIF yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2022, ku ruhande rw’u Rwanda yitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Agaruka ku kuba u Rwanda rwarongeye gutangamo Mushikiwabo umukandida, Dr Biruta avuga ko Mushikiwabo adashyigikiwe n’Ibihugu bya Afurika gusa, ahubwo ko n’ibindi Bihugu byo muri OIF bimushyikiye.

Ati “Twagiye tuganira n’Ibihugu bigize uyu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, bose bavugaga ko bishimiye ibyagezweho muri iyi manda ya mbere ya Madamu Louise Mushikiwabo, bakaba biteguye ko bamushyigikira ko yabona na manda ya kabiri.”

Dr Biruta avuga ko icyizere ari cyose ko Louise Mushikiwabo atorerwa kongera kuyobora OIF kuko nta mukandida bahatanye ndetse n’igihe cyo gutanga kandidatire kikaba cyararangiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo kitanejeje ku bakunzi b’agasembuye bazitabira icy’Isi

Next Post

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.