Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze ku cyizere cyo kuba Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo umaze imyaka ine ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora uyu muryango mu yindi manda, bikaba bisobanuye ko byanga byakunda yongera gutorerwa uyu mwanya.

Ni amatora ateganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo 2022, i Djerba muri Tunisie ahari kubera inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu muryango wa OIF.

U Rwanda rwari rwongeye gutanga Mushikiwabo nk’umukandida wo guhatanira manda ikurikira iyi ye irangiye, ndetse kugeza ubu akaba ari we mukandida rukumbi kuri uyu mwanya.

Biha amahirwe 100% ko Madamu Louise Mushikiwabo yongera gutorerwa kuyobora uyu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, muri manda ya kabiri akaba ari na yo ya nyuma.

Aratorwa mu nama iteganyijwe uyu munsi, iza kuba irimo abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma 31, barimo abaraye bageze muri Tunisie nka Perezida Paul Kagame waraye ahageze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame.

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma irakurikira iy’Abaminisitiri bo mu Bihugu bya OIF yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2022, ku ruhande rw’u Rwanda yitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta.

Agaruka ku kuba u Rwanda rwarongeye gutangamo Mushikiwabo umukandida, Dr Biruta avuga ko Mushikiwabo adashyigikiwe n’Ibihugu bya Afurika gusa, ahubwo ko n’ibindi Bihugu byo muri OIF bimushyikiye.

Ati “Twagiye tuganira n’Ibihugu bigize uyu muryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, bose bavugaga ko bishimiye ibyagezweho muri iyi manda ya mbere ya Madamu Louise Mushikiwabo, bakaba biteguye ko bamushyigikira ko yabona na manda ya kabiri.”

Dr Biruta avuga ko icyizere ari cyose ko Louise Mushikiwabo atorerwa kongera kuyobora OIF kuko nta mukandida bahatanye ndetse n’igihe cyo gutanga kandidatire kikaba cyararangiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo kitanejeje ku bakunzi b’agasembuye bazitabira icy’Isi

Next Post

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

IFOTO: Umuganga wafotowe ahetse umwana w’umurwayi yakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.