Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye inama yo ku rwego rw’abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Ubukungu bwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yiga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama ibera i Harare muri Zimbabwe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, ihuza Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane bo mu Bihugu bigize iyi Miryango (EAC na SADC).

Iyi nama ije ikurikira indi yabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025 yitabiriwe n’abayobozi mu Nzego za Gisirikare mu Bihugu bigize iyi Miryango, aho u Rwanda rwahagarariwe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga ari kumwe n’Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Stanislas Gashugi ndetse n’Umuyobozi Ushinzwe Ubutasi muri RDF, Col Regis Gatarayiha.

Mu butumwa bwari bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda mu ijoro ryacyeye, bwavuze ko iyi nama y’Abasirikare bakuru bo mu Bihugu bigize EAC na SADC, ikurikirwa n’indi iba none yo ku rwego rw’Abaminisitiri, igomba gusuzumirwamo raporo y’ibyaganiriweho mu nama z’Abakuriye Ingabo ndetse ikanasuzumirwamo ishyirwaho ry’Urwego rushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ifatirwa mu mu biganiro bihuriweho n’iyi miryango yombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemereye Ikinyamakuru cyitwa Igihe ko yageze i Harare muri Zimbabwe ahagomba kubera iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Iyi nama kandi yabanjirijwe n’indi yabereye i Nairobi muri Kenya mu cyumweru gishize yahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’ab’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC, aho u Rwanda rwahagarariye na Amb. Olivier Nduhungirehe ndetse na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Iyi nama y’i Nairobi kandi yanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner .

Olvier Nduhungire ubwo yari muri iyi nama y’i Nairobi, yavuze ko u Rwanda rushyigikiye ibyemerejwe mu nama yo ku ya 24 Gashyantare yabereye i Dar Es Salaam muri Tanzania y’Abakuru Ingabo z’Ibihugu byo mu miryango ya EAC na SADC ku bijyanye no guhagarika imirwano yo mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri iterana kuri uyu wa Mbere, ibaye mbere y’umunsi umwe hakaba ibiganiro bya mbere biteganyijwe hagati ya Guverinoma ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23.

Amb. Nduhungirehe na Marizamunda bari bitabiriye iyi nama yabaye mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 6 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Next Post

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.