Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye inama yo ku rwego rw’abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Ubukungu bwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yiga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama ibera i Harare muri Zimbabwe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, ihuza Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane bo mu Bihugu bigize iyi Miryango (EAC na SADC).

Iyi nama ije ikurikira indi yabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025 yitabiriwe n’abayobozi mu Nzego za Gisirikare mu Bihugu bigize iyi Miryango, aho u Rwanda rwahagarariwe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga ari kumwe n’Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Stanislas Gashugi ndetse n’Umuyobozi Ushinzwe Ubutasi muri RDF, Col Regis Gatarayiha.

Mu butumwa bwari bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda mu ijoro ryacyeye, bwavuze ko iyi nama y’Abasirikare bakuru bo mu Bihugu bigize EAC na SADC, ikurikirwa n’indi iba none yo ku rwego rw’Abaminisitiri, igomba gusuzumirwamo raporo y’ibyaganiriweho mu nama z’Abakuriye Ingabo ndetse ikanasuzumirwamo ishyirwaho ry’Urwego rushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ifatirwa mu mu biganiro bihuriweho n’iyi miryango yombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemereye Ikinyamakuru cyitwa Igihe ko yageze i Harare muri Zimbabwe ahagomba kubera iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Iyi nama kandi yabanjirijwe n’indi yabereye i Nairobi muri Kenya mu cyumweru gishize yahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’ab’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC, aho u Rwanda rwahagarariye na Amb. Olivier Nduhungirehe ndetse na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Iyi nama y’i Nairobi kandi yanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner .

Olvier Nduhungire ubwo yari muri iyi nama y’i Nairobi, yavuze ko u Rwanda rushyigikiye ibyemerejwe mu nama yo ku ya 24 Gashyantare yabereye i Dar Es Salaam muri Tanzania y’Abakuru Ingabo z’Ibihugu byo mu miryango ya EAC na SADC ku bijyanye no guhagarika imirwano yo mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri iterana kuri uyu wa Mbere, ibaye mbere y’umunsi umwe hakaba ibiganiro bya mbere biteganyijwe hagati ya Guverinoma ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23.

Amb. Nduhungirehe na Marizamunda bari bitabiriye iyi nama yabaye mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 17 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Next Post

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.