Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye inama yo ku rwego rw’abaminisitiri bo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Ubukungu bwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yiga ku bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama ibera i Harare muri Zimbabwe kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, ihuza Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane bo mu Bihugu bigize iyi Miryango (EAC na SADC).

Iyi nama ije ikurikira indi yabaye kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025 yitabiriwe n’abayobozi mu Nzego za Gisirikare mu Bihugu bigize iyi Miryango, aho u Rwanda rwahagarariwe n’Umugaba Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga ari kumwe n’Umuyobozi w’Umutwe w’Ingabo zidasanzwe mu Ngabo z’u Rwanda, Brig Gen Stanislas Gashugi ndetse n’Umuyobozi Ushinzwe Ubutasi muri RDF, Col Regis Gatarayiha.

Mu butumwa bwari bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda mu ijoro ryacyeye, bwavuze ko iyi nama y’Abasirikare bakuru bo mu Bihugu bigize EAC na SADC, ikurikirwa n’indi iba none yo ku rwego rw’Abaminisitiri, igomba gusuzumirwamo raporo y’ibyaganiriweho mu nama z’Abakuriye Ingabo ndetse ikanasuzumirwamo ishyirwaho ry’Urwego rushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ifatirwa mu mu biganiro bihuriweho n’iyi miryango yombi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yemereye Ikinyamakuru cyitwa Igihe ko yageze i Harare muri Zimbabwe ahagomba kubera iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri.

Iyi nama kandi yabanjirijwe n’indi yabereye i Nairobi muri Kenya mu cyumweru gishize yahuje ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’ab’Ingabo bo mu Bihugu bigize EAC, aho u Rwanda rwahagarariye na Amb. Olivier Nduhungirehe ndetse na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Iyi nama y’i Nairobi kandi yanitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner .

Olvier Nduhungire ubwo yari muri iyi nama y’i Nairobi, yavuze ko u Rwanda rushyigikiye ibyemerejwe mu nama yo ku ya 24 Gashyantare yabereye i Dar Es Salaam muri Tanzania y’Abakuru Ingabo z’Ibihugu byo mu miryango ya EAC na SADC ku bijyanye no guhagarika imirwano yo mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri iterana kuri uyu wa Mbere, ibaye mbere y’umunsi umwe hakaba ibiganiro bya mbere biteganyijwe hagati ya Guverinoma ya Congo Kinshasa n’umutwe wa M23.

Amb. Nduhungirehe na Marizamunda bari bitabiriye iyi nama yabaye mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Next Post

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Related Posts

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

What emotional intelligence means and why it’s important
MU RWANDA

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

America yatangaje impamvu imwe yatuma ihagarika ibitero yatangije ku mutwe uteye impungenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What emotional intelligence means and why it’s important

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.