Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko nubwo hakomeje gushakwa umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, iki Gihugu gikomeje kugaragaza ubushake bw’intambara, bityo ko u Rwanda na rwo rwakajije uburyo bwo kwirinda no gukumira, ku buryo ingabo z’u Rwanda ziteguye kugira icyo zakora mu gihe umutekano warwo wakongera gutokozwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023, ritangira rivuga ko u Rwanda rushima imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera iya Addis Ababa y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ku birebana n’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda ruvuga ko rufite icyizere ko ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zizafasha gutanga umusanzu mu gushyirwa mu bikorwa imyanzuro yafatiwe i Nairobi n’i Luanda irimo no kuba M23 yava mu bice yafashe.

Ruvuga ko rushima umusanzu w’umuryango mpuzamahanga byumwihariko itangazo y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, iry’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ndetse n’irya Leta Zunze Ubumwe za America.

Byumwihariko ariko itangazo rya Leta Zunze Ubumwe za America ryagiye hanze tariki 22 Gashyantare 2023 ryagarukaga ku myanzuro yafashwe ku rwego rw’akarere yo kwamagana imvugo zibiba urwango n’amacakubiri zakunze kuvugwa muri Congo, ku bijyanye no gucyura impunzi z’Abanyekongo, ndetse no kwambura intwaro no gucyura inyeshyamba za FDLR.

Gusa ariko nanone Leta Zunze Ubumwe za America zabaye nk’izitandukira zisa nk’izivuguruza imyanzuro y’akarere, aho iki Gihugu nacyo cyaguye mu mutego w’ikinyoma cya Guverinoma ya DRC cyo kwegeka ku Rwanda ibibazo bya kiriya Gihugu.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ugutsindwa k’umuryango mpuzamahanga mu kwamangana Guverinoma ya DRC ku bwo gushyikigira FDLR, bitiza umurindi DRC gukomeza gufasha no gufatanya n’uyu mutwe wakoze Jenoside, banagabye ibitero mu Rwanda byanagizwemo uruhare n’igisirikare cya Congo (FARDC).”

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko ibi ari imbogamizi zikomeye ku mutekano w’u Rwanda kuko ikibazo cya FDLR kidakwiye kwirengagizwa cyangwa ngo gifatwe nk’aho nta ngaruka cyatera mu gihe cyose uyu mutwe waba uri gukorana na FARDC bagaba ibitero ku Rwanda.

U Rwanda ruvuga kandi ko bikomeza no gutuma uyu mutwe wa FDLR ukomeza gukwirakwiza urwango ndetse n’ibikorwa byo guhohotera Abatutsi no gushishikariza abaturage ibikorwa byo kwinjira mu bwicanyi bwo kwica Abatutsi mu rwego rwo kurema icyabangamira amatora.

Nanone kandi DRC yirengagije ibyo byose birimo imyanzuro yagiye ifatwa igamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano, ahubwo ikaba ikomeje kohereza abasirikare ndetse n’intwaro n’abacancuro hafi y’umupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda.

U Rwanda rugakomeza rugira ruti “Mu buryo bwemewe n’amategeko, u Rwanda rwakajije uburyo bwo kwirinda no gukumira bugamije kurwanya ubushotoranyi bwo kuvogera ikirere cyacu n’imipaka.”

Rukomeza ruvuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zambariye kandi ziteguye kugira icyo zakora igihe haba habayeho igikorwa gihungabanya umutekano cyambukiranya umupaka aho cyaba giturutse hose.

Ruti “Ntituzigera na rimwe twemera ko hari ikintu na kimwe gihungabanya umutekano w’u Rwanda gitewe n’umutwe witwaje intwaro cyangwa ikindi cyose cyahungabanya ubusugire n’umutekano w’abaturage.”

U Rwanda rusoza rushimira imyanzuro y’abayobozi bo mu karere igamije gushaka umuti urambye w’ibibazo by’umutekano biri mu aka karere, rwizeza ko rwakomeje gukorana n’abandi mu gushaka uwo muti “ariko ntidushobora kwihanganira ko umutekano w’u Rwanda watokozwa cyangwa ngo wirengagizwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − three =

Previous Post

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.