Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko nubwo hakomeje gushakwa umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, iki Gihugu gikomeje kugaragaza ubushake bw’intambara, bityo ko u Rwanda na rwo rwakajije uburyo bwo kwirinda no gukumira, ku buryo ingabo z’u Rwanda ziteguye kugira icyo zakora mu gihe umutekano warwo wakongera gutokozwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023, ritangira rivuga ko u Rwanda rushima imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera iya Addis Ababa y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ku birebana n’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda ruvuga ko rufite icyizere ko ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zizafasha gutanga umusanzu mu gushyirwa mu bikorwa imyanzuro yafatiwe i Nairobi n’i Luanda irimo no kuba M23 yava mu bice yafashe.

Ruvuga ko rushima umusanzu w’umuryango mpuzamahanga byumwihariko itangazo y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, iry’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ndetse n’irya Leta Zunze Ubumwe za America.

Byumwihariko ariko itangazo rya Leta Zunze Ubumwe za America ryagiye hanze tariki 22 Gashyantare 2023 ryagarukaga ku myanzuro yafashwe ku rwego rw’akarere yo kwamagana imvugo zibiba urwango n’amacakubiri zakunze kuvugwa muri Congo, ku bijyanye no gucyura impunzi z’Abanyekongo, ndetse no kwambura intwaro no gucyura inyeshyamba za FDLR.

Gusa ariko nanone Leta Zunze Ubumwe za America zabaye nk’izitandukira zisa nk’izivuguruza imyanzuro y’akarere, aho iki Gihugu nacyo cyaguye mu mutego w’ikinyoma cya Guverinoma ya DRC cyo kwegeka ku Rwanda ibibazo bya kiriya Gihugu.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ugutsindwa k’umuryango mpuzamahanga mu kwamangana Guverinoma ya DRC ku bwo gushyikigira FDLR, bitiza umurindi DRC gukomeza gufasha no gufatanya n’uyu mutwe wakoze Jenoside, banagabye ibitero mu Rwanda byanagizwemo uruhare n’igisirikare cya Congo (FARDC).”

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko ibi ari imbogamizi zikomeye ku mutekano w’u Rwanda kuko ikibazo cya FDLR kidakwiye kwirengagizwa cyangwa ngo gifatwe nk’aho nta ngaruka cyatera mu gihe cyose uyu mutwe waba uri gukorana na FARDC bagaba ibitero ku Rwanda.

U Rwanda ruvuga kandi ko bikomeza no gutuma uyu mutwe wa FDLR ukomeza gukwirakwiza urwango ndetse n’ibikorwa byo guhohotera Abatutsi no gushishikariza abaturage ibikorwa byo kwinjira mu bwicanyi bwo kwica Abatutsi mu rwego rwo kurema icyabangamira amatora.

Nanone kandi DRC yirengagije ibyo byose birimo imyanzuro yagiye ifatwa igamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano, ahubwo ikaba ikomeje kohereza abasirikare ndetse n’intwaro n’abacancuro hafi y’umupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda.

U Rwanda rugakomeza rugira ruti “Mu buryo bwemewe n’amategeko, u Rwanda rwakajije uburyo bwo kwirinda no gukumira bugamije kurwanya ubushotoranyi bwo kuvogera ikirere cyacu n’imipaka.”

Rukomeza ruvuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zambariye kandi ziteguye kugira icyo zakora igihe haba habayeho igikorwa gihungabanya umutekano cyambukiranya umupaka aho cyaba giturutse hose.

Ruti “Ntituzigera na rimwe twemera ko hari ikintu na kimwe gihungabanya umutekano w’u Rwanda gitewe n’umutwe witwaje intwaro cyangwa ikindi cyose cyahungabanya ubusugire n’umutekano w’abaturage.”

U Rwanda rusoza rushimira imyanzuro y’abayobozi bo mu karere igamije gushaka umuti urambye w’ibibazo by’umutekano biri mu aka karere, rwizeza ko rwakomeje gukorana n’abandi mu gushaka uwo muti “ariko ntidushobora kwihanganira ko umutekano w’u Rwanda watokozwa cyangwa ngo wirengagizwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 18 =

Previous Post

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.