Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rweruriye amahanga ruyagaragariza icyo rwakora igihe Congo yakongeye kurushotora
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko nubwo hakomeje gushakwa umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, iki Gihugu gikomeje kugaragaza ubushake bw’intambara, bityo ko u Rwanda na rwo rwakajije uburyo bwo kwirinda no gukumira, ku buryo ingabo z’u Rwanda ziteguye kugira icyo zakora mu gihe umutekano warwo wakongera gutokozwa.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gashyantare 2023, ritangira rivuga ko u Rwanda rushima imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera iya Addis Ababa y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ku birebana n’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda ruvuga ko rufite icyizere ko ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zizafasha gutanga umusanzu mu gushyirwa mu bikorwa imyanzuro yafatiwe i Nairobi n’i Luanda irimo no kuba M23 yava mu bice yafashe.

Ruvuga ko rushima umusanzu w’umuryango mpuzamahanga byumwihariko itangazo y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, iry’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ndetse n’irya Leta Zunze Ubumwe za America.

Byumwihariko ariko itangazo rya Leta Zunze Ubumwe za America ryagiye hanze tariki 22 Gashyantare 2023 ryagarukaga ku myanzuro yafashwe ku rwego rw’akarere yo kwamagana imvugo zibiba urwango n’amacakubiri zakunze kuvugwa muri Congo, ku bijyanye no gucyura impunzi z’Abanyekongo, ndetse no kwambura intwaro no gucyura inyeshyamba za FDLR.

Gusa ariko nanone Leta Zunze Ubumwe za America zabaye nk’izitandukira zisa nk’izivuguruza imyanzuro y’akarere, aho iki Gihugu nacyo cyaguye mu mutego w’ikinyoma cya Guverinoma ya DRC cyo kwegeka ku Rwanda ibibazo bya kiriya Gihugu.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ugutsindwa k’umuryango mpuzamahanga mu kwamangana Guverinoma ya DRC ku bwo gushyikigira FDLR, bitiza umurindi DRC gukomeza gufasha no gufatanya n’uyu mutwe wakoze Jenoside, banagabye ibitero mu Rwanda byanagizwemo uruhare n’igisirikare cya Congo (FARDC).”

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko ibi ari imbogamizi zikomeye ku mutekano w’u Rwanda kuko ikibazo cya FDLR kidakwiye kwirengagizwa cyangwa ngo gifatwe nk’aho nta ngaruka cyatera mu gihe cyose uyu mutwe waba uri gukorana na FARDC bagaba ibitero ku Rwanda.

U Rwanda ruvuga kandi ko bikomeza no gutuma uyu mutwe wa FDLR ukomeza gukwirakwiza urwango ndetse n’ibikorwa byo guhohotera Abatutsi no gushishikariza abaturage ibikorwa byo kwinjira mu bwicanyi bwo kwica Abatutsi mu rwego rwo kurema icyabangamira amatora.

Nanone kandi DRC yirengagije ibyo byose birimo imyanzuro yagiye ifatwa igamije gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano, ahubwo ikaba ikomeje kohereza abasirikare ndetse n’intwaro n’abacancuro hafi y’umupaka uhuza iki Gihugu n’u Rwanda.

U Rwanda rugakomeza rugira ruti “Mu buryo bwemewe n’amategeko, u Rwanda rwakajije uburyo bwo kwirinda no gukumira bugamije kurwanya ubushotoranyi bwo kuvogera ikirere cyacu n’imipaka.”

Rukomeza ruvuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zambariye kandi ziteguye kugira icyo zakora igihe haba habayeho igikorwa gihungabanya umutekano cyambukiranya umupaka aho cyaba giturutse hose.

Ruti “Ntituzigera na rimwe twemera ko hari ikintu na kimwe gihungabanya umutekano w’u Rwanda gitewe n’umutwe witwaje intwaro cyangwa ikindi cyose cyahungabanya ubusugire n’umutekano w’abaturage.”

U Rwanda rusoza rushimira imyanzuro y’abayobozi bo mu karere igamije gushaka umuti urambye w’ibibazo by’umutekano biri mu aka karere, rwizeza ko rwakomeje gukorana n’abandi mu gushaka uwo muti “ariko ntidushobora kwihanganira ko umutekano w’u Rwanda watokozwa cyangwa ngo wirengagizwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Abatega imodoka rusange muri Kigali bakomeje guhozwa: Hatangajwe indi nkuru nziza

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Perezida Kagame yagaragaje icyo abanyamadini babeshyera Imana abasaba kudakomeza kuyihimbira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.