Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwibukije Congo ibyo yagakwiye kuvuga mu mwanya wo guhoro irushinja ibinyoma

radiotv10by radiotv10
07/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwibukije Congo ibyo yagakwiye kuvuga mu mwanya wo guhoro irushinja ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yavuze ko iturufu ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo guhora ishinja u Rwanda ibinyoma aho igeze hose, imaze kuba nk’ivanjiri, ariko ko mu mwanya wo kuzamura ibi binyoma, iki gihugu cyari gikwiye kugaragaza ibibazo bikomeye bikirimo bishingiye ku miyoborere.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta mu nama ya 44 y’Abaminisitiri b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Igifaransa (OIF) yaberey i Yaoundé muri Cameroon.

Agace k’ijwi ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umugizi wa Guverinoma y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2023, Minisitiri Biruta asubiza uwari uhagarariye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ko u Rwanda rufite ukuboko mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Congo.

Muri iri jwi, Dr Biruta avuga ko ibirego by’ibihimbano byakunze gucurwa na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo “bimaze kuba akamenyero mu nama zose mpuzamahanga, ko Guverinoma ya DRC yiyemeje kwegeka ku Rwanda ugutsindwa kw’imiyoborere y’intege nke iranga iki Gihugu cyiyemeje kwegeka ku bandi ibibazo byacyo.”

Dr Biruta akomeza avuga ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahisemo guhora ifata “u Rwanda nk’umuzi w’ibibazo rugashinjwa ibintu byose bitagenda neza, ariko yibagiwe kubabwira ko hari imitwe yitwaje intwaro irenga magana abiri iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, irimo n’iyakoze Jenoside nka FDLR.”

Dr Biruta kandi yavuze ko muri Congo hari ikibazo cy’imiyoborere yananiwe guhagarika ibikorwa by’urugomo bikorerwa abo mu bwoko bumwe bw’abanyekongo bo mu Burasirazuba bw’iki Gihugu, bakorerwa Jenoside igamije kubarimbura.

Ati “Ibyo byose yibagiwe kubibabwira. Yanagarutse ku kibazo cy’abakuwe mu byabo bari imbere mu Gihugu [muri Congo] ariko yibagirwa kubabwira ko u Rwanda rucumbikiye impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi mirongo icyenda ndetse na Uganda ikaba ifite undi mubare munini.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yanavuze ko uwari uhagarariye Congo muri iyi nama, yirengagije kuvuga ko igisirikare cy’iki Gihugu cyihuje n’imitwe irimo FDLR ndetse n’indi yitwaje intwaro ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi, bagamije gushoza intambara ku ruhande rwumwe rw’Abanyekongo.

Ati “Na mbere yo kubura umutwe kwa M23, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yari yashyizeho ibyiswe Etat de Siege mu Ntara ya Kivu ya Ruguru no muri Ituri, kuva muri 2021. Ni ukuvuga ko icyo kibazo cyahozeho na mbere y’igaruka ry’uwo mutwe [M23].”

Dr Biruta yavuze ko ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari iby’imbere mu Gihugu, kandi ko ari ibibazo bishingiye kuri Politiki, ndetse n’ibisubizo bikwiye gushakirwa mu nzira za Politiki, ariko ko bikwiye kugirwamo uruhare na Guverinoma ya Congo, ikemera imyanzuro yagiye ifatwa ku rwego rw’akarere.

Ati “Ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni ikibazo cy’imiyoborere, ni ikibazo gishingiye kuri politiki, gikeneye umuti wa politiki, rero guhora bashinja u Rwanda ibitagenda byose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwabyo ntibizatanga umuti w’iki kibazo.”

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Ugushyingo 2023, Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro nUmunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony John Blinken, byagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, aho Umukuru w’u Rwanda yongeye gushimangira ko u Rwanda rushyigikiye imyanzuro yagiye ifatwa n’akarere.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + ten =

Previous Post

Cameroon: Amayobera ku bagabye igitero cyahitanye abiganjemo abana

Next Post

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

Kigali: Menya ikizakorerwa kuri Hegitari 500 zigiye kwimurwaho abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.