Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in IMYIDAGADURO
0
Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi bakizamuka ariko bakomeje kuvugisha benshi mu Rwanda Ariel Wayz na Juno Kizigenza banavugwa ko bari mu rukundo, bakomeje kugaragaza amaganya ku mbuga nkoranyambaga none byatumye bamwe bakeka ko urukundo rwabo rwaba rutakiri pata na rugi.

Aba bahanzi batarubaka ibigwi muri muzika ariko ni bamwe mu bamaze kuvugwaho cyane kubera udushya twabo by’umwihariko ibyabavuzweho ko bakundana ndtse na bo bakaba batasibaga kubigaragaza.

Ariel Wayz yabaye nk’uca amarenga ko umukunzi we yamutengushye mu gihe bizwi ko uwo yihebeye ari Juno Kizigenza.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, uyu mukobwa yagize ati “Gutenguhwa ntibijya bibura. Nari naketse ko uyu ari itandukaniro ariko ndakeka ko nari nibeshye.” Ubundi ashyiraho umutima ushengaguritse bigaragaza ko yatengushywe n’umuntu mu rukundo.

Bivugwa ko Ariel Wayz na Juno Kizigenza bari bamaze amezi atandatu bari mu rukundo, mu gihe bamwe mu babakurikira bahise batangira kwibaza kuri uru rukundo rwabo.

Uwitwa Rodrigue Izy yahise ashyira igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Ariel Wayz agira ati “None ubwo indirimbo mwakoranye biragenda gute?”

Naho uwitwa Inkotanyi iri maso we ati “Rutwitsi aragutwitse agukoma ama beer ahita acaho. Juno Kizigenza wagiye uheza koko. Siwamubwiye ko niyo yaba fake cyangwa real crazy or ch…umukunda birenze.”

Juno Kizigenza na we washyize ubutumwa buto kuri Twitter, yabaye nk’uwerura ko yasubiye mu buzima butarimo umukunzi aho yavuze ko arambiwe ibintu by’udukino.

Aba bombi kandi ubu nta n’umwe ukurikira undi kuri Instagram. Ibintu byatumye abakurikiranira hafi iby’imyidagaduro bavuga ko urukundo rwabo rushobora kuba rwajemo igitotsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 7 =

Previous Post

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

Next Post

Ishimwe wirukanywe muri APR kubera ikinyabupfura gicye ubu yamaze no gutandukana na Kiyovu

Related Posts

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishimwe wirukanywe muri APR kubera ikinyabupfura gicye ubu yamaze no gutandukana na Kiyovu

Ishimwe wirukanywe muri APR kubera ikinyabupfura gicye ubu yamaze no gutandukana na Kiyovu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.