Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in IMYIDAGADURO
0
Ubanza naribeshye- Urukundo rwa Ariel Wayz na Juno Kizigenza ruravugwamo urunturuntu
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi bakizamuka ariko bakomeje kuvugisha benshi mu Rwanda Ariel Wayz na Juno Kizigenza banavugwa ko bari mu rukundo, bakomeje kugaragaza amaganya ku mbuga nkoranyambaga none byatumye bamwe bakeka ko urukundo rwabo rwaba rutakiri pata na rugi.

Aba bahanzi batarubaka ibigwi muri muzika ariko ni bamwe mu bamaze kuvugwaho cyane kubera udushya twabo by’umwihariko ibyabavuzweho ko bakundana ndtse na bo bakaba batasibaga kubigaragaza.

Ariel Wayz yabaye nk’uca amarenga ko umukunzi we yamutengushye mu gihe bizwi ko uwo yihebeye ari Juno Kizigenza.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, uyu mukobwa yagize ati “Gutenguhwa ntibijya bibura. Nari naketse ko uyu ari itandukaniro ariko ndakeka ko nari nibeshye.” Ubundi ashyiraho umutima ushengaguritse bigaragaza ko yatengushywe n’umuntu mu rukundo.

Bivugwa ko Ariel Wayz na Juno Kizigenza bari bamaze amezi atandatu bari mu rukundo, mu gihe bamwe mu babakurikira bahise batangira kwibaza kuri uru rukundo rwabo.

Uwitwa Rodrigue Izy yahise ashyira igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Ariel Wayz agira ati “None ubwo indirimbo mwakoranye biragenda gute?”

Naho uwitwa Inkotanyi iri maso we ati “Rutwitsi aragutwitse agukoma ama beer ahita acaho. Juno Kizigenza wagiye uheza koko. Siwamubwiye ko niyo yaba fake cyangwa real crazy or ch…umukunda birenze.”

Juno Kizigenza na we washyize ubutumwa buto kuri Twitter, yabaye nk’uwerura ko yasubiye mu buzima butarimo umukunzi aho yavuze ko arambiwe ibintu by’udukino.

Aba bombi kandi ubu nta n’umwe ukurikira undi kuri Instagram. Ibintu byatumye abakurikiranira hafi iby’imyidagaduro bavuga ko urukundo rwabo rushobora kuba rwajemo igitotsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

Next Post

Ishimwe wirukanywe muri APR kubera ikinyabupfura gicye ubu yamaze no gutandukana na Kiyovu

Related Posts

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishimwe wirukanywe muri APR kubera ikinyabupfura gicye ubu yamaze no gutandukana na Kiyovu

Ishimwe wirukanywe muri APR kubera ikinyabupfura gicye ubu yamaze no gutandukana na Kiyovu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.