Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barwaye uburwayi bwo mu mutwe mu bihe bitandukanye bo mu Karere ka Rubavu, bakaza gukira; bavuga ko bahabwa akato; ku buryo batabona akazi aho babazi, bagasaba abantu kureka imyumvire y’abacyumva ko ubu burwayi budakira.

Bamwe mu bahuye n’uburwayi bwo mu mutwe bakaza gukira, kimwe n’abagifata imiti, bavuga ko bamwe mu baturage babafata nk’abatagira ibitekerezo, rimwe na rimwe kandi imyumvire nk’iyi ikagirwa n’abo mu miryango yabo.

Umwe yagize ati “Noneho n’iyo niyumvisemo akabaraga nkagira ngo ngiye kwijajara guca inshuro ahantu mpisha ko ndwara iyo ndwara. Ntabwo najya aho banzi ntabwo bampa akazi ariko nagira Imana nkakorera icyo gihumbi.”

Undi uvuga ko yakoze imirimo itandukanye nko kuba yarakoze muri Banki ndetse akanaba umwarimu, ariko akaza kujya kwivuriza mu Bitari by’indwara zo mu mutwe wa Ndera, avuga ko iyo hagize uwumva ko yarwariye muri ibyo Bitaro, amuha akato ndetse ko no kubona akazi, ubu bigoye.

Ati “Aho hose nagiye mpava nta cyaha nakoze. Umuntu mbwiye ko narwariye i Ndera muri we ahita amfata ukundi, najya no mu biro by’abantu, nabwira umuntu ati ‘oya oya, ba usizeho!’.”

Ibi kandi binashimangirwa na bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo bibwiraga ko uwarwaye uburwayi bwo mu mutwe atabasha gutekereza neza. Umwe ati “Uwarwaye uburwayi bwo mu mutwe nta bitekerezo agira.”

Umukozi mu Ishami rishinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Mukeshimana Mediatrice asaba abantu bose gusobanukirwa n’ibimenyetso by’uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo babonereho uko bafasha abahuye na bwo.

Avuga ko umuryango nyarwanda usabwa kujya wita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe, ndetse abawugize bakamenya ko ubu burwayi bukira.

Ati “Niba umwana wawe agize uburwayi bwo mu mutwe, umuturanyi, ukamuba hafi ugatanga amakuru, ukamugeza ku Kigo Nderabuzima mbese buri wese ni ugusobanukirwa n’ibimenyetso hanyuma ubigaragaje akihutishwa kwa muganga agafashwa n’abaganga b’inzobere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko ubuyobozi bugiye kwegera abaturage bukabasobanurira ko uburwayi bwo mu mutwe ari indwara nk’izindi ndetse ko ivurwa igakira.

Ati “Ntabwo rero twabihakana ahubwo twafata ingamba zo kwegera abaturage kurushaho, tukagenda dukoresha n’ingero nziza; nk’uriya mugabo murabona ni umuhanga ariko kumunena bishobora gutuma yiheza na we ntajye gutanga umusanzu we mu iterambere ry’Igihugu kandi mu by’ukuri yarakize.”

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC bwakozwe muri 2018, bwagaragaje ko 5% y’abafite uburwayi bwo mu mutwe ari bo bagezwa kwa muganga mu gihe abandi batereranwa bakirirwa biruka ku gasozi.

Uturere twa Gicumbi, Nyaruguru, Rubavu na Nyagatare ni two tuza ku isonga nk’udufite abarwayi bo mu mutwe benshi mu Rwanda.

Mukeshimana Mediatrice yibutsa abantu ko uburwayi bwo mu mutwe buvurwa bugakira

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 2 =

Previous Post

Ikoranabuhanga rya gisirikare ryakwifashishwa mu bihe by’intambara ntirihungabanye ikiremwamuntu riri guhugurwaho mu Rwanda

Next Post

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.