Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barwaye uburwayi bwo mu mutwe mu bihe bitandukanye bo mu Karere ka Rubavu, bakaza gukira; bavuga ko bahabwa akato; ku buryo batabona akazi aho babazi, bagasaba abantu kureka imyumvire y’abacyumva ko ubu burwayi budakira.

Bamwe mu bahuye n’uburwayi bwo mu mutwe bakaza gukira, kimwe n’abagifata imiti, bavuga ko bamwe mu baturage babafata nk’abatagira ibitekerezo, rimwe na rimwe kandi imyumvire nk’iyi ikagirwa n’abo mu miryango yabo.

Umwe yagize ati “Noneho n’iyo niyumvisemo akabaraga nkagira ngo ngiye kwijajara guca inshuro ahantu mpisha ko ndwara iyo ndwara. Ntabwo najya aho banzi ntabwo bampa akazi ariko nagira Imana nkakorera icyo gihumbi.”

Undi uvuga ko yakoze imirimo itandukanye nko kuba yarakoze muri Banki ndetse akanaba umwarimu, ariko akaza kujya kwivuriza mu Bitari by’indwara zo mu mutwe wa Ndera, avuga ko iyo hagize uwumva ko yarwariye muri ibyo Bitaro, amuha akato ndetse ko no kubona akazi, ubu bigoye.

Ati “Aho hose nagiye mpava nta cyaha nakoze. Umuntu mbwiye ko narwariye i Ndera muri we ahita amfata ukundi, najya no mu biro by’abantu, nabwira umuntu ati ‘oya oya, ba usizeho!’.”

Ibi kandi binashimangirwa na bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo bibwiraga ko uwarwaye uburwayi bwo mu mutwe atabasha gutekereza neza. Umwe ati “Uwarwaye uburwayi bwo mu mutwe nta bitekerezo agira.”

Umukozi mu Ishami rishinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Mukeshimana Mediatrice asaba abantu bose gusobanukirwa n’ibimenyetso by’uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo babonereho uko bafasha abahuye na bwo.

Avuga ko umuryango nyarwanda usabwa kujya wita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe, ndetse abawugize bakamenya ko ubu burwayi bukira.

Ati “Niba umwana wawe agize uburwayi bwo mu mutwe, umuturanyi, ukamuba hafi ugatanga amakuru, ukamugeza ku Kigo Nderabuzima mbese buri wese ni ugusobanukirwa n’ibimenyetso hanyuma ubigaragaje akihutishwa kwa muganga agafashwa n’abaganga b’inzobere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko ubuyobozi bugiye kwegera abaturage bukabasobanurira ko uburwayi bwo mu mutwe ari indwara nk’izindi ndetse ko ivurwa igakira.

Ati “Ntabwo rero twabihakana ahubwo twafata ingamba zo kwegera abaturage kurushaho, tukagenda dukoresha n’ingero nziza; nk’uriya mugabo murabona ni umuhanga ariko kumunena bishobora gutuma yiheza na we ntajye gutanga umusanzu we mu iterambere ry’Igihugu kandi mu by’ukuri yarakize.”

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC bwakozwe muri 2018, bwagaragaje ko 5% y’abafite uburwayi bwo mu mutwe ari bo bagezwa kwa muganga mu gihe abandi batereranwa bakirirwa biruka ku gasozi.

Uturere twa Gicumbi, Nyaruguru, Rubavu na Nyagatare ni two tuza ku isonga nk’udufite abarwayi bo mu mutwe benshi mu Rwanda.

Mukeshimana Mediatrice yibutsa abantu ko uburwayi bwo mu mutwe buvurwa bugakira

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Ikoranabuhanga rya gisirikare ryakwifashishwa mu bihe by’intambara ntirihungabanye ikiremwamuntu riri guhugurwaho mu Rwanda

Next Post

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.