Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Ubuhamya bw’agahinda k’abakize uburwayi bwo mu mutwe baterwa n’ibibabaho nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barwaye uburwayi bwo mu mutwe mu bihe bitandukanye bo mu Karere ka Rubavu, bakaza gukira; bavuga ko bahabwa akato; ku buryo batabona akazi aho babazi, bagasaba abantu kureka imyumvire y’abacyumva ko ubu burwayi budakira.

Bamwe mu bahuye n’uburwayi bwo mu mutwe bakaza gukira, kimwe n’abagifata imiti, bavuga ko bamwe mu baturage babafata nk’abatagira ibitekerezo, rimwe na rimwe kandi imyumvire nk’iyi ikagirwa n’abo mu miryango yabo.

Umwe yagize ati “Noneho n’iyo niyumvisemo akabaraga nkagira ngo ngiye kwijajara guca inshuro ahantu mpisha ko ndwara iyo ndwara. Ntabwo najya aho banzi ntabwo bampa akazi ariko nagira Imana nkakorera icyo gihumbi.”

Undi uvuga ko yakoze imirimo itandukanye nko kuba yarakoze muri Banki ndetse akanaba umwarimu, ariko akaza kujya kwivuriza mu Bitari by’indwara zo mu mutwe wa Ndera, avuga ko iyo hagize uwumva ko yarwariye muri ibyo Bitaro, amuha akato ndetse ko no kubona akazi, ubu bigoye.

Ati “Aho hose nagiye mpava nta cyaha nakoze. Umuntu mbwiye ko narwariye i Ndera muri we ahita amfata ukundi, najya no mu biro by’abantu, nabwira umuntu ati ‘oya oya, ba usizeho!’.”

Ibi kandi binashimangirwa na bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo bibwiraga ko uwarwaye uburwayi bwo mu mutwe atabasha gutekereza neza. Umwe ati “Uwarwaye uburwayi bwo mu mutwe nta bitekerezo agira.”

Umukozi mu Ishami rishinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Mukeshimana Mediatrice asaba abantu bose gusobanukirwa n’ibimenyetso by’uburwayi bwo mu mutwe kugira ngo babonereho uko bafasha abahuye na bwo.

Avuga ko umuryango nyarwanda usabwa kujya wita ku bafite uburwayi bwo mu mutwe, ndetse abawugize bakamenya ko ubu burwayi bukira.

Ati “Niba umwana wawe agize uburwayi bwo mu mutwe, umuturanyi, ukamuba hafi ugatanga amakuru, ukamugeza ku Kigo Nderabuzima mbese buri wese ni ugusobanukirwa n’ibimenyetso hanyuma ubigaragaje akihutishwa kwa muganga agafashwa n’abaganga b’inzobere.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa avuga ko ubuyobozi bugiye kwegera abaturage bukabasobanurira ko uburwayi bwo mu mutwe ari indwara nk’izindi ndetse ko ivurwa igakira.

Ati “Ntabwo rero twabihakana ahubwo twafata ingamba zo kwegera abaturage kurushaho, tukagenda dukoresha n’ingero nziza; nk’uriya mugabo murabona ni umuhanga ariko kumunena bishobora gutuma yiheza na we ntajye gutanga umusanzu we mu iterambere ry’Igihugu kandi mu by’ukuri yarakize.”

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC bwakozwe muri 2018, bwagaragaje ko 5% y’abafite uburwayi bwo mu mutwe ari bo bagezwa kwa muganga mu gihe abandi batereranwa bakirirwa biruka ku gasozi.

Uturere twa Gicumbi, Nyaruguru, Rubavu na Nyagatare ni two tuza ku isonga nk’udufite abarwayi bo mu mutwe benshi mu Rwanda.

Mukeshimana Mediatrice yibutsa abantu ko uburwayi bwo mu mutwe buvurwa bugakira

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 1 =

Previous Post

Ikoranabuhanga rya gisirikare ryakwifashishwa mu bihe by’intambara ntirihungabanye ikiremwamuntu riri guhugurwaho mu Rwanda

Next Post

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Chad: Habonetse uwa mbere utemera intsinzi ya General Itno watorewe kuba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.