Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge

radiotv10by radiotv10
18/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango yo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu yahoragamo amakimbirane ikaza kwigishwa, iravuga ko ubu babanye neza n’abafasha babo, mu gihe hari abahoraga bafatana mu mashati.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023, Bigirimana Prosper utuye mu Mudugudu wa Buranga mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero, yari yatekerereje RADIOTV10 agahinda n’ipfunwe yatewe n’ibyari byamubayeho bishingiye ku makimbirane yagiranaga n’umugore we.

Ni amakimbirane yanatumye uyu mugabo akubitirwa n’umugore we mu kabari ubwo yamusangagamo agiye kumucyura, ubwo yariho asangira inzoga n’abandi bagabo.

Icyo gihe yavugaga ko byamuteye ipfunwe n’ikimwaro, ku buryo yari yazibukiriye kutazasubira mu kabari. Ati “mu bandi bagabo nta jambo, ni ukubona akabari nkagatinya, ubu nameze nk’uvuye ku kinyobwa bitewe n’uko nahawe nk’akato.”

Nyuma yo guhabwa inyigisho n’ubuyobozi, zo kurandura aya makimbirane, Prosper n’umugore we, ubu babanye neza, ndetse ni na ko biri ku yindi miryango.

Twizerimana Noel na we wabanaga mu makimbirane n’umugore we Nyirabasirimu, avuga ko byose byashingiraga ku mabwire.

Ati “Abantu baramubwiraga ngo ndi interahamwe ngo nzamwica kandi na we akanabimbwira, najya gusura abantu ngo nagiye muri za nterahamwe, naza nkisobanura.”

Umugore we Nyirabasirimu ubu babanye neza, yamwunganiye ati “Ukuntu byaje guhinduka rero abantu baramubwiraga bati dore harimo abana yabyaye batari abawe, bigeza igihe mvuze nti nubwo muri kumpuza n’uyu mugabo ni interahamwe, mbese nta kintu ntavuze.”

Akomeza avuga ko aya makimbirane yanabasubije inyuma mu iterambere, ati “twari twishoboye kuko twari tugeze ku ntera aho twari dutunze moto, dutunze inzu z’ubucuruzi byose tukabyigurishiriza ntumenye icyo bimaze, twari tugeze igihe cyo kugura imodoka ariko ikibazo cyitwa amakimbirane cyonyine byose bijya hasi bigeza igihe dukennye bishoboka.”

Bavuga ko ubu babanye neza ndetse batangiye n’ibikorwa byo kongera kwiyubaka bafatanyije, kandi ko bafite icyizere.

Ati “Umuryango wabashije kubijyamo hamwe n’ubuyobozi barabihoshora, uko biri ntabwo bimeze nk’uko byari bimeze mbere. Twifuza ko natwe ayo mahugurwa yatugeraho natwe ntiduheranwe no kumva ko byakemukiye mu kirere gusa.”

Gahunda yo gufasha imiryango ifite amakimbirane kuyavamo binyuze mu biganiro, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rugerero buyifashwamo n’itorero ry’inshuti mu Rwanda.

Imibare yo muri 2022 y’umuryango RWAMREC ugamije guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, igaragaza ko mu Rwanda 46% by’abagore na 18% by’abagabo bakorerwa ihohoterwa n’abo bashakanye.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 8 =

Previous Post

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Next Post

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Related Posts

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

IZIHERUKA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge
IMIBEREHO MYIZA

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.