Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge

radiotv10by radiotv10
18/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango yo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu yahoragamo amakimbirane ikaza kwigishwa, iravuga ko ubu babanye neza n’abafasha babo, mu gihe hari abahoraga bafatana mu mashati.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023, Bigirimana Prosper utuye mu Mudugudu wa Buranga mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero, yari yatekerereje RADIOTV10 agahinda n’ipfunwe yatewe n’ibyari byamubayeho bishingiye ku makimbirane yagiranaga n’umugore we.

Ni amakimbirane yanatumye uyu mugabo akubitirwa n’umugore we mu kabari ubwo yamusangagamo agiye kumucyura, ubwo yariho asangira inzoga n’abandi bagabo.

Icyo gihe yavugaga ko byamuteye ipfunwe n’ikimwaro, ku buryo yari yazibukiriye kutazasubira mu kabari. Ati “mu bandi bagabo nta jambo, ni ukubona akabari nkagatinya, ubu nameze nk’uvuye ku kinyobwa bitewe n’uko nahawe nk’akato.”

Nyuma yo guhabwa inyigisho n’ubuyobozi, zo kurandura aya makimbirane, Prosper n’umugore we, ubu babanye neza, ndetse ni na ko biri ku yindi miryango.

Twizerimana Noel na we wabanaga mu makimbirane n’umugore we Nyirabasirimu, avuga ko byose byashingiraga ku mabwire.

Ati “Abantu baramubwiraga ngo ndi interahamwe ngo nzamwica kandi na we akanabimbwira, najya gusura abantu ngo nagiye muri za nterahamwe, naza nkisobanura.”

Umugore we Nyirabasirimu ubu babanye neza, yamwunganiye ati “Ukuntu byaje guhinduka rero abantu baramubwiraga bati dore harimo abana yabyaye batari abawe, bigeza igihe mvuze nti nubwo muri kumpuza n’uyu mugabo ni interahamwe, mbese nta kintu ntavuze.”

Akomeza avuga ko aya makimbirane yanabasubije inyuma mu iterambere, ati “twari twishoboye kuko twari tugeze ku ntera aho twari dutunze moto, dutunze inzu z’ubucuruzi byose tukabyigurishiriza ntumenye icyo bimaze, twari tugeze igihe cyo kugura imodoka ariko ikibazo cyitwa amakimbirane cyonyine byose bijya hasi bigeza igihe dukennye bishoboka.”

Bavuga ko ubu babanye neza ndetse batangiye n’ibikorwa byo kongera kwiyubaka bafatanyije, kandi ko bafite icyizere.

Ati “Umuryango wabashije kubijyamo hamwe n’ubuyobozi barabihoshora, uko biri ntabwo bimeze nk’uko byari bimeze mbere. Twifuza ko natwe ayo mahugurwa yatugeraho natwe ntiduheranwe no kumva ko byakemukiye mu kirere gusa.”

Gahunda yo gufasha imiryango ifite amakimbirane kuyavamo binyuze mu biganiro, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rugerero buyifashwamo n’itorero ry’inshuti mu Rwanda.

Imibare yo muri 2022 y’umuryango RWAMREC ugamije guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, igaragaza ko mu Rwanda 46% by’abagore na 18% by’abagabo bakorerwa ihohoterwa n’abo bashakanye.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Next Post

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.