Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge

radiotv10by radiotv10
18/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu miryango yo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu yahoragamo amakimbirane ikaza kwigishwa, iravuga ko ubu babanye neza n’abafasha babo, mu gihe hari abahoraga bafatana mu mashati.

Muri Gicurasi uyu mwaka wa 2023, Bigirimana Prosper utuye mu Mudugudu wa Buranga mu Kagari ka Basa mu Murenge wa Rugerero, yari yatekerereje RADIOTV10 agahinda n’ipfunwe yatewe n’ibyari byamubayeho bishingiye ku makimbirane yagiranaga n’umugore we.

Ni amakimbirane yanatumye uyu mugabo akubitirwa n’umugore we mu kabari ubwo yamusangagamo agiye kumucyura, ubwo yariho asangira inzoga n’abandi bagabo.

Icyo gihe yavugaga ko byamuteye ipfunwe n’ikimwaro, ku buryo yari yazibukiriye kutazasubira mu kabari. Ati “mu bandi bagabo nta jambo, ni ukubona akabari nkagatinya, ubu nameze nk’uvuye ku kinyobwa bitewe n’uko nahawe nk’akato.”

Nyuma yo guhabwa inyigisho n’ubuyobozi, zo kurandura aya makimbirane, Prosper n’umugore we, ubu babanye neza, ndetse ni na ko biri ku yindi miryango.

Twizerimana Noel na we wabanaga mu makimbirane n’umugore we Nyirabasirimu, avuga ko byose byashingiraga ku mabwire.

Ati “Abantu baramubwiraga ngo ndi interahamwe ngo nzamwica kandi na we akanabimbwira, najya gusura abantu ngo nagiye muri za nterahamwe, naza nkisobanura.”

Umugore we Nyirabasirimu ubu babanye neza, yamwunganiye ati “Ukuntu byaje guhinduka rero abantu baramubwiraga bati dore harimo abana yabyaye batari abawe, bigeza igihe mvuze nti nubwo muri kumpuza n’uyu mugabo ni interahamwe, mbese nta kintu ntavuze.”

Akomeza avuga ko aya makimbirane yanabasubije inyuma mu iterambere, ati “twari twishoboye kuko twari tugeze ku ntera aho twari dutunze moto, dutunze inzu z’ubucuruzi byose tukabyigurishiriza ntumenye icyo bimaze, twari tugeze igihe cyo kugura imodoka ariko ikibazo cyitwa amakimbirane cyonyine byose bijya hasi bigeza igihe dukennye bishoboka.”

Bavuga ko ubu babanye neza ndetse batangiye n’ibikorwa byo kongera kwiyubaka bafatanyije, kandi ko bafite icyizere.

Ati “Umuryango wabashije kubijyamo hamwe n’ubuyobozi barabihoshora, uko biri ntabwo bimeze nk’uko byari bimeze mbere. Twifuza ko natwe ayo mahugurwa yatugeraho natwe ntiduheranwe no kumva ko byakemukiye mu kirere gusa.”

Gahunda yo gufasha imiryango ifite amakimbirane kuyavamo binyuze mu biganiro, ubuyobozi bw’Umurenge wa Rugerero buyifashwamo n’itorero ry’inshuti mu Rwanda.

Imibare yo muri 2022 y’umuryango RWAMREC ugamije guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, igaragaza ko mu Rwanda 46% by’abagore na 18% by’abagabo bakorerwa ihohoterwa n’abo bashakanye.

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fourteen =

Previous Post

Michel Masabo wari umunyamabanga mukuru wa APR yirukanywe 

Next Post

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.