Wednesday, October 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

radiotv10by radiotv10
11/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 babonetse bashyinguye mu cyobo yari yaracukuye aho yari acumbitse, rutegeka ko igihano yahanishijwe kigumaho.

Ni icyemezo cyatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Nyakanga 2025, nyuma yuko Urukiko Rukuru ruburanishije ubujurire bw’uyu musore mu rubanza rwabaye tariki 12 Kamena 2025.

Urukiko Rukuru rwanzuye ko ibyaha 10 byahamijwe uregwa, bimuhama, ndetse rwemeza ko igihano cyo gufungwa burundu kigumaho.

Kazungu Denis, ubwo yaburanaga ubujurire bwe, n’ubundi yakomeje kwemera ibyaha ashinjwa, yari yasabye koroherezwa ibihano, akaba yasubira mu muryango nyarwanda, kuko ngo yifuza kujya gufatanya n’abandi kubaka Igihugu.

Kazungu wumvikanaga nk’uwicuza kuri ibi bikorwa yise ‘ububwa’ yakoze, yavuze ko kimwe mu byo Urukiko rwashingiraho rumugabanyiriza ibihano, ari uko atigeze agora inzego z’ubutabera, kuko ari we wazihereye amakuru akoroshya iperereza, ndetse agasabira imbabazi ibyo yakoze.

Mu iburanisha ryabaye tariki 12 Kamena, Kazungu yagize ati “Ntabwo ibyo nakoze ari ubugabo ni ububwa, aho imbwa yatambuka sinahatambuka, ndongera gusaba imbabazi Umukuru w’Igihugu, ndasaba imbabazi Guverinoma yose, kuba narakoze ibintu by’umwanda, ndasaba imbabazi ninginga ababyeyi, abana ku byo nakoze, usaba imbabazi aringinga. Uhana umwana ntakoresha ikibando akoresha umunyafu.”

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwasabaga ko Urukiko Rukuru rugumishaho igihano cyakatiwe uregwa, kuko ibikorwa yakoze, ari umugambi yari yaracuze kandi ari ibikorwa bigize ubugome ndengakamere, ku buryo nta mpamvu nyoroshyacyaha zihari kuri we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Next Post

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Related Posts

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

by radiotv10
08/10/2025
0

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, yatangaje ko ifungwa ry'abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, ryabayeho nyuma yuko bigaragaye ko imirimo...

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

by radiotv10
08/10/2025
0

Umugore w’imyaka 32 usanzwe ari umubyeyi w’abana 2 wo mu kagari ka Miko mu murenge wa Karengera yatawe muri yombi...

RDF yemeje ko hari Umusirikare w’u Rwanda ufungiye i Burundi

Amakuru agezweho ku musirikare w’u Rwanda wari wafungiwe i Burundi

by radiotv10
07/10/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant mu Ngabo z’u Rwanda wari wafatiwe i Burundi nyuma yo kuhagera atabigambiriye, byemejwe ko yarekuwe,...

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

by radiotv10
07/10/2025
0

Abantu barindwi bafatiwe mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abategera imodoka muri Gare ya Nyanza mu Karere ka Kicukiro bari bamaze...

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

by radiotv10
07/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye, yafashe abantu bane bakekwaho kuba bari mu gatsiko k’amabandi, bafatiwe mu mukwabu...

IZIHERUKA

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
MU RWANDA

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

by radiotv10
08/10/2025
0

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

08/10/2025
RDF yemeje ko hari Umusirikare w’u Rwanda ufungiye i Burundi

Amakuru agezweho ku musirikare w’u Rwanda wari wafungiwe i Burundi

07/10/2025
Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

Ahari hamaze iminsi havugwa ubujura bukabije muri Kigali hakozwe umukwabu wasize hari igikozwe

07/10/2025
Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

07/10/2025
Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

Umubyinnyi ugezweho mu Rwanda Titi Brown yarokotse impanuka ikomeye

07/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ry’ibanze ryatumye abantu 14 barimo abayobozi muri Nyabihu bafungwa

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Amakuru agezweho ku musirikare w’u Rwanda wari wafungiwe i Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.