Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubumwe bwacu burenze ubw’amateka, turi bamwe- Muhoozi yasabiye umugisha ubumwe bw’u Rwanda na Uganda

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubumwe bwacu burenze ubw’amateka, turi bamwe- Muhoozi yasabiye umugisha ubumwe bw’u Rwanda na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kuza mu Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, yatangaje ko ubumwe bw’u Rwanda na Uganda bwahozeho kuva cyera, aboneraho gusaba Imana guha umugisha ubwo bumwe.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba waje mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize akakirwa na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, yasubiye mu Gihugu cye ashimira umukuru w’u Rwanda uburyo yamwakiriye ndetse n’ibiganiro bagiranye bitanga icyizere cyo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda umaze igihe urimo urunturuntu.

Nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko ibi biganiro byagenze neza ndetse ko u Rwanda rwagaragarijemo ibyo rwifuza ko bihabwa umurongo kugira ngo umubano uzahuke.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye kwibutsa ko u Rwanda na Uganda bifitanye amateka y’ubuvandimwe kuva hambere.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’umwaduko wo kwandika amateka. Turi bamwe. Imana ihe umugisha ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amafoto abiri y’amabendera y’u Rwanda na Uganda.

Abasesengura ibijyanye na Politiki, batangaza ko uyu muhungu wa Museveni kuba yaraje mu Rwanda bishobora kugira icyo byongera mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi kuko azagira uruhare mu guhuza abakuru b’Ibihugu byombi bamaze igihe batanavugana.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko biriya biganiro byahuje Perezida Kagame na  Lt Gen Muhoozi Kainerugaba bitanga icyizere kiri hagati ya 50% na 60% cy’inzira iganisha ku kuzahuka k’umubano.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, ni umwe mu basirikare bafite ijambo mu Gihugu cye ndetse bivugwa ko ashobora kuzasimbura Se Museveni.

Abasesenguzi kandi banabiheraho bavuga ko kuba ari we wiziye mu Rwanda bishobora kugira izindi ngufu mu kuzahura umubano kuko bimwe mu bibazo u Rwanda rushinja Uganda bishingiye ku bikorwa bihungabanya umutekano dore ko iki Gihugu cya kimaze igihe gishyigikira abarwanya u Rwanda.

Ubwo General Muhoozi yari i Kigali mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Yves Mutabazi wari waburiwe irengero yabonetse

Next Post

Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.