Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubumwe bwacu burenze ubw’amateka, turi bamwe- Muhoozi yasabiye umugisha ubumwe bw’u Rwanda na Uganda

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubumwe bwacu burenze ubw’amateka, turi bamwe- Muhoozi yasabiye umugisha ubumwe bw’u Rwanda na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kuza mu Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, yatangaje ko ubumwe bw’u Rwanda na Uganda bwahozeho kuva cyera, aboneraho gusaba Imana guha umugisha ubwo bumwe.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba waje mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize akakirwa na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, yasubiye mu Gihugu cye ashimira umukuru w’u Rwanda uburyo yamwakiriye ndetse n’ibiganiro bagiranye bitanga icyizere cyo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda umaze igihe urimo urunturuntu.

Nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko ibi biganiro byagenze neza ndetse ko u Rwanda rwagaragarijemo ibyo rwifuza ko bihabwa umurongo kugira ngo umubano uzahuke.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye kwibutsa ko u Rwanda na Uganda bifitanye amateka y’ubuvandimwe kuva hambere.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’umwaduko wo kwandika amateka. Turi bamwe. Imana ihe umugisha ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amafoto abiri y’amabendera y’u Rwanda na Uganda.

Abasesengura ibijyanye na Politiki, batangaza ko uyu muhungu wa Museveni kuba yaraje mu Rwanda bishobora kugira icyo byongera mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi kuko azagira uruhare mu guhuza abakuru b’Ibihugu byombi bamaze igihe batanavugana.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko biriya biganiro byahuje Perezida Kagame na  Lt Gen Muhoozi Kainerugaba bitanga icyizere kiri hagati ya 50% na 60% cy’inzira iganisha ku kuzahuka k’umubano.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, ni umwe mu basirikare bafite ijambo mu Gihugu cye ndetse bivugwa ko ashobora kuzasimbura Se Museveni.

Abasesenguzi kandi banabiheraho bavuga ko kuba ari we wiziye mu Rwanda bishobora kugira izindi ngufu mu kuzahura umubano kuko bimwe mu bibazo u Rwanda rushinja Uganda bishingiye ku bikorwa bihungabanya umutekano dore ko iki Gihugu cya kimaze igihe gishyigikira abarwanya u Rwanda.

Ubwo General Muhoozi yari i Kigali mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Yves Mutabazi wari waburiwe irengero yabonetse

Next Post

Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.