Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubumwe bwacu burenze ubw’amateka, turi bamwe- Muhoozi yasabiye umugisha ubumwe bw’u Rwanda na Uganda

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubumwe bwacu burenze ubw’amateka, turi bamwe- Muhoozi yasabiye umugisha ubumwe bw’u Rwanda na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kuza mu Rwanda akagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, yatangaje ko ubumwe bw’u Rwanda na Uganda bwahozeho kuva cyera, aboneraho gusaba Imana guha umugisha ubwo bumwe.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba waje mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize akakirwa na Perezida Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, yasubiye mu Gihugu cye ashimira umukuru w’u Rwanda uburyo yamwakiriye ndetse n’ibiganiro bagiranye bitanga icyizere cyo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda umaze igihe urimo urunturuntu.

Nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko ibi biganiro byagenze neza ndetse ko u Rwanda rwagaragarijemo ibyo rwifuza ko bihabwa umurongo kugira ngo umubano uzahuke.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yongeye kwibutsa ko u Rwanda na Uganda bifitanye amateka y’ubuvandimwe kuva hambere.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yagize ati “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’umwaduko wo kwandika amateka. Turi bamwe. Imana ihe umugisha ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda.”

Ubu butumwa buherekejwe n’amafoto abiri y’amabendera y’u Rwanda na Uganda.

Abasesengura ibijyanye na Politiki, batangaza ko uyu muhungu wa Museveni kuba yaraje mu Rwanda bishobora kugira icyo byongera mu kuzahura umubano w’Ibihugu byombi kuko azagira uruhare mu guhuza abakuru b’Ibihugu byombi bamaze igihe batanavugana.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda yatangaje ko biriya biganiro byahuje Perezida Kagame na  Lt Gen Muhoozi Kainerugaba bitanga icyizere kiri hagati ya 50% na 60% cy’inzira iganisha ku kuzahuka k’umubano.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda akaba n’Umujyanama wa Perezida Museveni mu bikorwa byihariye bya Gisirikare, ni umwe mu basirikare bafite ijambo mu Gihugu cye ndetse bivugwa ko ashobora kuzasimbura Se Museveni.

Abasesenguzi kandi banabiheraho bavuga ko kuba ari we wiziye mu Rwanda bishobora kugira izindi ngufu mu kuzahura umubano kuko bimwe mu bibazo u Rwanda rushinja Uganda bishingiye ku bikorwa bihungabanya umutekano dore ko iki Gihugu cya kimaze igihe gishyigikira abarwanya u Rwanda.

Ubwo General Muhoozi yari i Kigali mu cyumweru gishize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Yves Mutabazi wari waburiwe irengero yabonetse

Next Post

Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Related Posts

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Ni ibihano bisekeje- KNC yavuze ku bihano bya FERWAFA birimo gucibwa ibihumbi 50Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.