Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UBUREZI:Abanyeshuri barifuza gukingirwa COVID-19 mbere yo kujya mu biruhuko

radiotv10by radiotv10
22/06/2021
in MU RWANDA
0
UBUREZI:Abanyeshuri barifuza gukingirwa COVID-19 mbere yo kujya mu biruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Kuba ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 bwiyongera, kandi abanyeshuri bakaba bagiye kujya mu biruhuko, ni byo bamwe mu banyeshuri biga baba mu bigo bashingiraho basaba gukingirwa.

Urugero, ni urw’abiga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya FR. Ramon Kabuga riherereye mu karere ka Kamonyi, bavuga ko bafite impungenge ko ni bataha badakingiwe bashobora kuzandura iki cyorezo, ubwo bazaba bagiye mu biruhuko bibura iminsi itageze ku kwezi ngo basubire mu miryango yabo.

Uwimana Jean Claude, yiga mu mwaka wa Gatanu w’Ubwubatsi. Avuga ko babahereyeho nabo bakabona kuri izo nkingo, byabafasha cyane mu myigire yabo, impungenge zikagabanuka, buri wese akirinda ariko na none yizeye ko yakingiwe.

Image

Uwimana Jean Claude umunyeshuri uri mu masomo y’ubwubatsi

Iradukunda Florence wiga ububaji mu mwaka wa Gatanu w’amashuri yisumbuye muri Fr. Ramon Kabuga TVET School, ati: “Dufite impungenge nyinshi, kuko kuba turi ahangaha turi abanyeshuri, twagiye duturuka mu bice by’igihugu bitandukanye, kandi turi mu gihe cyo gusoza umwaka w’amashuri tujye hanze. Dufite impungenge rero ko tuzahahurira n’abantu banduye COVID-19, bityo natwe bakaba batwanduza. Icyo rero twasaba reta, ni uko yadutekerezaho nk’abanyeshuri, natwe tukaba twahabwa inkingo mbere y’uko twerekeza iwacu mu miryango.”

Image

Iradukunda Florence aganira na Radio &TV10

Ni ikibazo bahurizaho n’abarimu babo basaba inzego z’ubuzima mu Rwanda gutekereza ku banyeshuri n’abarezi babo, nabo bakongera mu byiciro by’abakingirwa.

Ngabonziza Abbasi, ni umwarimu muri FR. Ramon Kabuga TVET School.

Yateruye agira ati ”Abana bagiye kujya mu biruhuko kandi ubwandu bw’iki cyorezo bwo burimo buriyongera ku gipimo tutari twarigeze twumva mu Rwanda. Ubwo rero inzego z’ubuzima nkuko zagiye zireba abihutirwa cyane bagakingirwa icyorezo cya COVID-19, n’abanyeshuri n’abarimu bagakingiwe cyane cyane muri iki gihe bagiye kujya mu biruhuko, kuko bizadufasha kuba twakwirinda ariko nibura dufite n’icyo cyizere.”

Image

Ngabonziza Abbas umurezi muri FR. Ramon Kabuga TVET School

Kuva ku itariki 14 z’ukwezi kwa kabiri kw’uyu mwaka w’2021 Ministeri y’ubuzima itangiye gukingira abanyarwanda, yahereye mu byiciro bishobora kuba byakwibasira n’iki cyorezo, no guhitanwa nacyo.

Abari muri ibi byiciro, ni abageze mu zabukuru kuko byagaragaye ko bibasirwa n’iki cyorezo cyane, abasirikare, abaganga, n’abasanzwe bafite indwara zitandura.

Nyamara kuri iyi nshuro, abanyeshuri biga mu baba mu bigo by’amashuri, bifuzaga kuba nabo bakongerwa muri ibi byiciro, nabo bakaba bakingirwa mbere y’uko berekeza mu biruhuko.

Gusa, iyi Ministeri ivuga ko nta gahunda yihariye ihari yo gukingira abanyeshuri, cyakora ikongeraho ko uko inkingo zizagenda ziyongera, nabo bazagerwaho.

Umuvugizi wa Ministeri y’ubuzima Julien Mahoro Niyingabira, ati: “ Impungenge bafite, zirumvikana. Gusa, inkingo u Rwanda rwabashije kubona rwazikoresheje ruhereye kubashobora guhura n’ibyago byo kwandura icyorezo cya COVID-19, nk’abageze muzabukuru, abaganga n’abandi basanzwe barwaye indwara zindi, zishobora gutuma umubiri wabo udakomeza kugira imbaraga zo guhangana n’indi ndwara nk’iki cyorezo.”

Image

Umuvugizi wa Ministeri y’ubuzima Julien Mahoro Niyingabira

Yakomeje avuga ko nkuko bagenda bafata ibyiciro runaka bakabikingira bitewe n’umubare w’inkingo u Rwanda rwabashije kubona, n’aba banyeshuri ngo bazakingirwa.

Ati:”Ariko mu gihe iyi gahunda itarabageraho, bagomba gukurikiza amabwiriza yokwirinda, arazwi arasobanutse. Ntamuntu utayazi.”

Kimwe n’abandi baturarwanda bose, aba banyeshuri bagirwa inama yo gukomeza kwitwararika no mugihe bazaba bageze mu biruhuko, bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 kuko asobanutse.

Basabwa kandi kuba aribo bafata iya mbere mu guhugura no gufasha abandi kubahiriza ingamba zashyiriweho guhangana n’iki cyorezo.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/Radio &TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

MUHANGA: Hari abahinzi bababajwe no kubura isoko ry’umusaruro w’imboga

Next Post

UNESCO iraburira ibihugu kugaburira abanyeshuri bari mu bigo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UNESCO iraburira ibihugu kugaburira abanyeshuri bari mu bigo

UNESCO iraburira ibihugu kugaburira abanyeshuri bari mu bigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.