Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
UPDATE: Ubushinjacyaha bwatangaje igihano cy’igifungo bwifuza ko gihabwa Apôtre Yongwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabye ko Harelimana Joseph uzwi nka Apotre Yongwe ahamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, agakatirwa gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya miliyini 5 Frw.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Gashyantare 2024, Apotre Yongwe yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ruherereye i Kibagabaga, kugira ngo aburane mu mizi ku byaha ashinjwa.

Uyu mukozi w’Imana wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube, kubera ibiganiro yahatangiraga; akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku mafaranga yakaga abakristu ngo azabasengere abizeza ibitangaza bazakorerwa n’Imana.

Imodoka yazanye uyu mukozi w’Imana ari kumwe n’abandi bafungwa, yageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, ku isaha zirengaho iminota.

Ku rukiko hari abantu benshi barimo abo mu muryango wa Yongwe, ndetse n’abanyamakuru biganjemo abakorera imiyoboro ya YouTube, bari baje gutara amakuru y’urubanza rw’uyu mukozi w’Imana ukurikirwa na benshi.

Apotre Yongwe wamaze kwambikwa imyambaro y’imfungwa zitarakatirwa, y’iroza, yari yambaye n’inkweto zo hasi z’umukara, mu gihe yatambukaga yerecyeza ku cyumba ry’Urukiko, bamwe mu bo mu muryango we bashakaga kumuramutsa, ariko abacungagereza bakababuza.

Uyu mugabo watawe muri yombi mu ntangiro z’Ukwakira 2023, yaburanishijwe ku ifungwa ry’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, rwamufatiye icyemezo cyo gufungwa iminsi 30.

Ni icyemezo yajuririye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, aho yarubwiraga ko urwafashe icyemezo cyo kumufunga hari ibyo rwirengagije birimo kuba ayo mafaranga ashinjwa kwaka abantu akoresheje uburiganya, hirengagijwe ko yabaga ari amaturo kandi ko ntawe yashyiragaho igitutu ngo bayamuhe.

Mu iburana ryo kuri uyu wa Kabiri, Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo busobanure ibyo bushinja uregwa, bugaruka ku bitangaza yizezaga abantu akabaka amafaranga ngo abosengere bazabibone, ariko bakabitegereza amaso agahera mu kirere.

Bwavuze kandi ko Apotre Yongwe yagaragaye mu mashusho atandukanye, yiyemerera ko atunzwe n’amafaranga ahabwa n’abantu, abasaba kumwoherereza andi ngo abasengere babone ibyo bifuzaga.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uregwa yakaga abantu ayo mafaranga abizi neza ko ibyo abizeza bidashoboka, bityo ko akwiye guhamwa n’icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Ubushinjacyaha bwasabiye uregwa guhamywa icyaha, busaba Urukiko kumukatira gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu ya miliyoni 5 Frw, ndetse akanasubiza amafaranga yahawe n’abantu batandukanye bayamwishyuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eleven =

Previous Post

M23 yashyize hanze ibiri gukorwa na FARDC bihabanye n’amategeko y’intambara

Next Post

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be
IBYAMAMARE

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

America yaciye undi muvuno mu kuvugutira umuti imvururu zimaze amezi 10 muri Sudan

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.