• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa ko atabifitiye ububasha, rinasaba ubutegetsi bwa DRC kudakomeza kurizana mu bibazo bufitanye n’u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ryagarutse ku ngingo eshatu zirimo ibi byo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, ibijyanye n’igisirikare, ndetse n’ikibazo cyo kuba ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kuzana u Rwanda mu bibazo bya kiriya Gihugu.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ritangira rivuga ku bijyanye n’icyemezo bise ikinyuranye n’ukuri cya Tshisekedi cyanyujijwe mu Nama y’Abaminisitiri kigamije gufungura kiriya Kibuga cy’Indege.

Kanyuka wavuze ko uwo mugambi “uturutse i Kinshasa udashoboka kandi udashobora kwemerwa” yagize ati “Ubutegetsi bwa Kinshasa nta bubasha, yewe nta n’uburenganzira bufite bwo kuba bwagenzura serivisi z’ibikorwa remezo by’ibibuga by’indege biri mu bice byabohowe, bwabanje gusahura no kubyangiza.”

Yakomeje agira ati “Ikibuga cy’Indege kizongera gufungurwa gusa na AFC/M23, aho kuba Tshisekedi Tshilombo cyangwa undi uwo ari we wese.”

Ku bijyanye n’ibya gisirikare, ACF/M23 yatangaje ko ikomeje gukurikiranira hafi iyoherezwa ry’ingabo n’ibikoresho bya gisirikare ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gukora, ndetse n’ibijyanye n’intwaro zikomeje guhabwa abacancuro, kimwe n’amacenga y’abarwanira ku ruhande rwa Leta ya Congo.

Ibyo kuba ubutegetsi bwa Congo bukomeje kuzana u Rwanda mu bibazo bya kiriya Gihugu, Ihuriro AFC/M23 yavuze ko ari “ngombwa kugaragaza bwa mbere na nyuma ko ibibazo byatewe na Kinshasa, n’ibibazo biri hagati yayo na Repubulika y’u Rwanda, nta na hato bihuriye na Alliance Fleuve Congo/Mouvement du 23 Mars (AFC/M23).”

Iri huriro rikavuga ko Ubutegetsi bwa Congo ari bwo bufite inshingano z’imibanire y’iki Gihugu n’ibituranyi, no gukemura amakimbirane bagirana, ariko budakomeje kwitwaza iri huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + seven =

Previous Post

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

Next Post

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.