• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu Joy Lance Mickels usanzwe akinira Sabah FC yo muri Azerbaijan, wari wahamagawe bwa mbere mu ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangaje ko atazitabira ubutumire kubera imvune, gusa agaragaza agahinda ko kuba atazakinira u Rwanda ku nshuro ye ya mbere.

Ni mu gihe Ikipe y’u Rwanda yitegura imikino ibiri ya Benin na Afurika y’Epfo, yamaze kugera mu mwiherero, aho bamwe mu bakinnyi bakina hanze batangiye kuhagera.

Joy Lance Mickels wari wahamagawe ku nshuro ye ya mbere, yagize imvune ku Cyumweru tariki 05 Ukwakira 2025, habura umunsi umwe ngo afate rutemikirere imwerecyeza mu Rwanda.

Uyu musore w’imyaka 31, yavunikiye mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona ya Azerbaijan, aho iyi kipe akinira ya Sabah FC yatsindaga FK Karvan Evlakh ibitego 2–0 ndetse birimo n’icye cya mbere yatsinze kuri penaliti.

Mu magambo yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Mickels yavuze ko yababajwe no kuba atakije gukinira Ikipe y’u Rwanda Amavubi ku nshuro ye ya mbere.

Yagize ati “Mbabajwe cyane no kubabwira ko nyuma yo guhamagarwa bwa mbere mu ikipe y’Igihugu, nakomeretse bikomeye mu mbavu ku munota wa 92, umunsi umwe mbere yo guhaguruka.”

Mickels yavuze ko yari yishimiye cyane gufasha u Rwanda mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, ariko ko ibyabaye ntacyo yabihinduraho.

Yakomeje agira ati “Ndashimira cyane abayobozi bangiriye icyizere bakampamagara mu ikipe y’Igihugu. Nizeye ko Imana imfitiye undi mugambi, kandi nemeye kubyakira mu kwizera no kwicisha bugufi.”

Yasoje avuga ko aho arwariye azashyigikira Amavubi, ndetse ko ayifuriza intsinzi.

Amavubi azakira Benin kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira 2025 mu gihe tariki ya 13 Ukwakira iyi Kipe y’u Rwanda izakirwa na Afurika y’Epfo  i Durban.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Impamvu Abanyerondo ari bo ba mbere bafunzwe nyuma yuko ibendera ry’Igihugu ryibwe ku Kagari

Next Post

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.