Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

VIDEO: Ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo ku Mavubi afite umukino asabwa kwikosoreramo muri Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
28/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
VIDEO: Ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo ku Mavubi afite umukino asabwa kwikosoreramo muri Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko afitiye icyizere ikipe y’Igihugu Amavubi, ko itsinda umukino wo kwishyura uyihuza na Sudani y’Epfo, nyuma yuko atsindiwe i Juba, akaba yizeye ko muri Sitade Amahoro biza guhinduka.

Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukuboza 2024 kuri Sitade Amahoro, aho u Rwanda ruza kuba rukina na Sudani y’Epfo mu gushaka itike yo kwerecyeza mu mikino y’Igikombe cya Afurika CHAN.

Ni umukino ugiye kuba nyuma y’uwabanje wabaye mu mpera z’icyumweru gishize tariki 22 Ukuboza, aho Sudani y’Epfo yatsinze u Rwanda ibitego 3-2.

Uyu mukino ugiye kuba nyuma y’icyumweru kimwe gusa, habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, byumwihariko zakozwe muri Minisiteri ya Siporo, aho Perezida Paul Kagame yagize Nelly Mukazayire Minisitiri w’iyi Minisiteri, ndetse ikanahabwa Umunyamabanga wa Leta ari we Rwego Ngarambe.

Minisitiri Nelly Mukazayire, kuri uyu wa Gatanu wasuye ikipe y’Igihugu aho iri mu myitozo, yagaragaje icyizere ayifitiye.

Mu butumwa burarikira Abanyarwanda kujya gushyigikira ikipe yabo, Minisitiri wa Siporo ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, yagize ati “Warababonye muri Sudani y’Epfo ukuntu kuri 22 bazamutse bagakotana, njye sinshidikanya ko ejo bazayitsindira hano.”

View this post on Instagram

A post shared by Ministry of Sports | Rwanda (@rwandasports)

Muri ubu butumwa bw’amashusho yafatiwe kuri Sitade Amahoro, ahaza kubera uyu mukino, Rwego Ngarambe na we amwikiriza agira ati “Ni byo abahungu bari mu ngamba natwe tubabe inyuma, dukomeze twimane u Rwanda dushyire u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga dutsinda.”

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu, Muhire Kevin na we yizeje Abanyarwanda ko biteguye kubaha intsinzi muri uyu mukino bagakosora amakoza bakoze mu mukino wabanje batsinzwemo ibitego 3-2.

Minisitiri Nelly Mukazayire n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS basuye ikipe y’Igihugu mu myitozo

Yabasabye kuzatsinda iyi kipe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + fifteen =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye impanuro n’impamba byatuma mu miryango hatubera nk’ijuru rito

Next Post

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Related Posts

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.