Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

VIDEO: Ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo ku Mavubi afite umukino asabwa kwikosoreramo muri Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
28/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
VIDEO: Ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo ku Mavubi afite umukino asabwa kwikosoreramo muri Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko afitiye icyizere ikipe y’Igihugu Amavubi, ko itsinda umukino wo kwishyura uyihuza na Sudani y’Epfo, nyuma yuko atsindiwe i Juba, akaba yizeye ko muri Sitade Amahoro biza guhinduka.

Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukuboza 2024 kuri Sitade Amahoro, aho u Rwanda ruza kuba rukina na Sudani y’Epfo mu gushaka itike yo kwerecyeza mu mikino y’Igikombe cya Afurika CHAN.

Ni umukino ugiye kuba nyuma y’uwabanje wabaye mu mpera z’icyumweru gishize tariki 22 Ukuboza, aho Sudani y’Epfo yatsinze u Rwanda ibitego 3-2.

Uyu mukino ugiye kuba nyuma y’icyumweru kimwe gusa, habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, byumwihariko zakozwe muri Minisiteri ya Siporo, aho Perezida Paul Kagame yagize Nelly Mukazayire Minisitiri w’iyi Minisiteri, ndetse ikanahabwa Umunyamabanga wa Leta ari we Rwego Ngarambe.

Minisitiri Nelly Mukazayire, kuri uyu wa Gatanu wasuye ikipe y’Igihugu aho iri mu myitozo, yagaragaje icyizere ayifitiye.

Mu butumwa burarikira Abanyarwanda kujya gushyigikira ikipe yabo, Minisitiri wa Siporo ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, yagize ati “Warababonye muri Sudani y’Epfo ukuntu kuri 22 bazamutse bagakotana, njye sinshidikanya ko ejo bazayitsindira hano.”

View this post on Instagram

A post shared by Ministry of Sports | Rwanda (@rwandasports)

Muri ubu butumwa bw’amashusho yafatiwe kuri Sitade Amahoro, ahaza kubera uyu mukino, Rwego Ngarambe na we amwikiriza agira ati “Ni byo abahungu bari mu ngamba natwe tubabe inyuma, dukomeze twimane u Rwanda dushyire u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga dutsinda.”

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu, Muhire Kevin na we yizeje Abanyarwanda ko biteguye kubaha intsinzi muri uyu mukino bagakosora amakoza bakoze mu mukino wabanje batsinzwemo ibitego 3-2.

Minisitiri Nelly Mukazayire n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS basuye ikipe y’Igihugu mu myitozo

Yabasabye kuzatsinda iyi kipe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 4 =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye impanuro n’impamba byatuma mu miryango hatubera nk’ijuru rito

Next Post

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Related Posts

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

by radiotv10
25/07/2025
0

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Mavubi, Nshuti Innocent, yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa ES Zarzis yo mu Cyiciro cya Mbere muri Tunisia. Nshuti...

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

Haravugwa akayabo k’ashobora gutangwa kuri Kapiteni wa APR wifuzwa n’ikipe ifite izina rikomeye

by radiotv10
24/07/2025
0

Claude Niyomugabo, myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na APR FC anabereye kapiteni, ari mu biganiro na Simba Sports Club yo muri...

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

Amakuru ategerejwe muri Rayon: Harerekanwa umukinnyi mushya

by radiotv10
24/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwiyubaka yitegura igaruka rya Shampiyona ndetse no kuzahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup, irerekana...

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

Cyera kabaye Kiyovu iratangira imyitozo, Haringingo na Amissi Cedrick baritezwe

by radiotv10
23/07/2025
0

Umutoza mushya wa SC Kiyovu, Haringingo Francis Christian aratangiza imyitozo itegura umwaka w'imikino 2025-2026 kuri iyi kipe yahise ininjiza Amiss...

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

by radiotv10
23/07/2025
0

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo...

IZIHERUKA

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?
Uncategorized

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.