Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

VIDEO: Ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo ku Mavubi afite umukino asabwa kwikosoreramo muri Sitade Amahoro

radiotv10by radiotv10
28/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
VIDEO: Ubutumwa bwa Minisitiri wa Siporo ku Mavubi afite umukino asabwa kwikosoreramo muri Sitade Amahoro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko afitiye icyizere ikipe y’Igihugu Amavubi, ko itsinda umukino wo kwishyura uyihuza na Sudani y’Epfo, nyuma yuko atsindiwe i Juba, akaba yizeye ko muri Sitade Amahoro biza guhinduka.

Ni umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukuboza 2024 kuri Sitade Amahoro, aho u Rwanda ruza kuba rukina na Sudani y’Epfo mu gushaka itike yo kwerecyeza mu mikino y’Igikombe cya Afurika CHAN.

Ni umukino ugiye kuba nyuma y’uwabanje wabaye mu mpera z’icyumweru gishize tariki 22 Ukuboza, aho Sudani y’Epfo yatsinze u Rwanda ibitego 3-2.

Uyu mukino ugiye kuba nyuma y’icyumweru kimwe gusa, habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, byumwihariko zakozwe muri Minisiteri ya Siporo, aho Perezida Paul Kagame yagize Nelly Mukazayire Minisitiri w’iyi Minisiteri, ndetse ikanahabwa Umunyamabanga wa Leta ari we Rwego Ngarambe.

Minisitiri Nelly Mukazayire, kuri uyu wa Gatanu wasuye ikipe y’Igihugu aho iri mu myitozo, yagaragaje icyizere ayifitiye.

Mu butumwa burarikira Abanyarwanda kujya gushyigikira ikipe yabo, Minisitiri wa Siporo ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS, yagize ati “Warababonye muri Sudani y’Epfo ukuntu kuri 22 bazamutse bagakotana, njye sinshidikanya ko ejo bazayitsindira hano.”

View this post on Instagram

A post shared by Ministry of Sports | Rwanda (@rwandasports)

Muri ubu butumwa bw’amashusho yafatiwe kuri Sitade Amahoro, ahaza kubera uyu mukino, Rwego Ngarambe na we amwikiriza agira ati “Ni byo abahungu bari mu ngamba natwe tubabe inyuma, dukomeze twimane u Rwanda dushyire u Rwanda ku ruhando mpuzamahanga dutsinda.”

Kapiteni w’ikipe y’Igihugu, Muhire Kevin na we yizeje Abanyarwanda ko biteguye kubaha intsinzi muri uyu mukino bagakosora amakoza bakoze mu mukino wabanje batsinzwemo ibitego 3-2.

Minisitiri Nelly Mukazayire n’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS basuye ikipe y’Igihugu mu myitozo

Yabasabye kuzatsinda iyi kipe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye impanuro n’impamba byatuma mu miryango hatubera nk’ijuru rito

Next Post

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

M23 yashyize ukuri hanze ku kinyoma cyahimbwe na FARDC cy’ibyo yongeye kwegeka ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.