Wednesday, March 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

radiotv10by radiotv10
18/03/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye abantu kuzamura imyumvire ntibakomeze kwibaza ku myambarire umuhanzi Doja Cat yagaragayemo ku rubyiniro mu Rwanda kuko “kuri stade atari ku rusengero”, ariko ko Umunyarwanda uzabyigana azaba agaragaje ko atatojwe.

Ni ubutumwa Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima yatangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2026 nyuma yuko hazamutse impaka zakuruwe n’imyambarire y’uyu muhanzi waraye ataramiye i Kigali.

Muri ubu butumwa yahaye umutwe ugira uti “Tuzamure imyumvire”, Dr. Utumatwishima yagarutse ku ngingo eshatu, aho yatangiye avuga ko “Kuri stage (urubyiniro), Umuhanzi akora performance ijyanye n’ubuhanzi bwe.”

Akomeza agira ati “Music Stage si ku rusengero, si ku nteko y’umuco, si mu ishuri, si no mu rugo. Dutoze umuco wo kubaha ikintu mu mwanya wacyo”

Muri ubu butumwa Minisitiri yatangiye agaragaza ko iriya myambarire ya Doja Cat idakwiye kuba ikibazo bitewe n’aho yari ayambariye, yasoje agira ati “Uzabyigana atari Doja kuri stage azaba ataratojwe.”

Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko, uzwiho kugaragaza gukomera ku muco nyarwanda no gucyebura abashaka kuwutokoza, yagaragaje ko atanyuzwe n’ubu butumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko.

Yagize ati “Igihe umuco ufashwe nk’akazi& inshingano aho kuba ubuzima! Mpore muco wacu, Ishyuka. Urantengushye Mutware kandi nturi uwa mbere nturi n’uwanyuma, ubuzima ni umweru n’umukara, ariko no mu ijoro inyenyeri ziramurika, ABUMUCO tuzakomeza kuvuga no gutesha nk’ibi ko atari byo i Rwanda.”

Bamwe mu bakomeje gutanga ibitekerezo ku butumwa bwa Minisitiri Dr. Utumatwishima; baravuga ko niba yemera ko iriya myambarire y’uriya muhanzi ijyanye no kuba yari ku rubyiniro, ntawundi muhanzi ukwiye kubikomwaho nk’uko yasoje ubutumwa bwe avuga ko “uzabyigana azaba ataratojwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Next Post

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Related Posts

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

Umukinnyikazi wa filimi wamenyekanye yagarutse mu Rwanda akihagera agaragaza amarangamutima y’urukumbuzi

by radiotv10
18/03/2026
0

Mutoni Assia wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko uzwi mu y'uruhererekane ya Seburikoko, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka ine agiye...

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

by radiotv10
16/03/2026
0

Umunyamakuru Ndayisaba Leonidas watangiye akazi kuri RADIOTV10, yavuze ko gukorera iki gitangazamakuru, ari amahirwe adasanzwe, kuko iyi radio iri mu...

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

by radiotv10
16/03/2026
0

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yongeye gutakambira Urukiko ngo rumusubikire igihano cy’igifungo cy'igifungo cy'imyaka itatu...

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

by radiotv10
13/03/2026
0

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet Mazimpaka ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagizwe umuyobozi wa Televiziyo ya KC2 asimbura Gloria Mukamabano uherutse gusezera....

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Ishimwe Sandra wamamaye mu gukina filimi nyarwanda byumwihariko mu yitwa City Maid yakinagamo yitwa Nadia, yatangaje ko yigeze gukundana n’umusoe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

by radiotv10
18/03/2026
0

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

18/03/2026
Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

18/03/2026
U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

U Rwanda rwatangiye kugaragaza ibimenyetso mu rubanza rwarezemo u Bwongereza rwatangiye kuburanishwa

18/03/2026
Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

Hatangajwe igihe ingendo z’indege z’imbere mu Rwanda zizasubukurwirwa n’ibiciro byazo

18/03/2026
Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

18/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Ubutumwa bwa Minisitiri w’Urubyiruko Dr.Utumatwishima ku mpaka zavutse ku myambarire ya Doja Cat bwazamuye izindi

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.