Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashimiye Ishyaka rye CNDD-FDD ryongeye kumugirira icyizere kugira ngo azarihagararire nk’umukandida waryo mu Matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Inteko Rusange y’Ishyaka CNDD-FDD rimaze igihe ku butegetsi mu Burundi, yateranye kuri uyu wa 26 Mata 2026, yemeje Perezida Ndayishimiye nk’Umukandida uzarihagararira mu Matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.

Nyuma yo kumugena nk’umukandida waryo, Perezida Ndayishimiye yashimiye iri Shyaka, kuba ryongeye kumugirira icyizere.

Yagize ati “Nshimiye abanyamuryango bangiriye icyizere mu nteko rusange idasanzwe, bakanshyira imbere nk’umukandinda wa

CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’igihugu ya 2027.”

Ndayishimiye yizeje abarwanashyaka b’iri shyaka, ko uku kongera kumugirira icyizere, abikesha kuba yarakoze neza mu gihe amaze ku butegetsi, kandi abizeza kuzakomerezaho.

Ati “Ko twakoze mugashima, ndabemereye kubandanya ikivi, turi kumwe twese, kugira umurundi wese atunge kandi atunganirwe.”

Iri shyaka CNDD-FDD ryemeje Ndayishimiye nk’uzarihagararira muri ariya matora, ryari rimaze iminsi rivugwamo umwuka utari mwiza ushingiye ku kutumvikana ku mukandida rizatanga, aho benshi bavugaga ko bazemeza Ndayishimiye, ariko bamwe ntibabikozwe.

Abasesengura ibya Politiki mu Burundi, bavuga ko byagaragaraga ko Ndayishimiye azongera akemezwa nk’uzahagararira iri shyaka, kuko bamwe mu batari bamushyigikiye, bagiye bigizwayo, bagashyirwa ku ruhande.

Bavuga kandi ko kwemeza Ndayishimiye, bimuha amahirwe menshi yo kuzongera gutorerwa manda ya kabiri, kuko iri shyaka CNDD-FDD rimaze igihe ku butegetsi, bigoye ko hari uwahangana na ryo ngo aritsinde.

Perezida Ndayishimiye yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2020, nyuma yuko asimbuye nyakwigendera Pierre Nkurunziza wari umushyigikiye ko yiyamamaza.

Ndayishimiye yashimiye CNDD-FDD

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + thirteen =

Previous Post

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

Related Posts

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

by radiotv10
27/04/2026
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwuzukuru we yateye intambwe ya mbere yo kurushinga mu...

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

by radiotv10
27/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, nyuma yo gukorera ingendo mu Bihugu binyuranye, ari mu Burusiya aho agomba guhura...

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

by radiotv10
27/04/2026
0

Guverinoma ya Mali yemeje ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, General Sadio Camara yishwe mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro byibasiye iki...

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

by radiotv10
26/04/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe igitaraganya ubwo haraswaga amasasu muri hoteli yaberagamo umusangiro wari wahuje...

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida
AMAHANGA

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

by radiotv10
27/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

27/04/2026
Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

27/04/2026
Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

27/04/2026
Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

27/04/2026
Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

27/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa Ndayishimiye nyuma yo kwemezwa n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora ya Perezida

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.