Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yashimiye Ishyaka rye CNDD-FDD ryongeye kumugirira icyizere kugira ngo azarihagararire nk’umukandida waryo mu Matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.
Inteko Rusange y’Ishyaka CNDD-FDD rimaze igihe ku butegetsi mu Burundi, yateranye kuri uyu wa 26 Mata 2026, yemeje Perezida Ndayishimiye nk’Umukandida uzarihagararira mu Matora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha.
Nyuma yo kumugena nk’umukandida waryo, Perezida Ndayishimiye yashimiye iri Shyaka, kuba ryongeye kumugirira icyizere.
Yagize ati “Nshimiye abanyamuryango bangiriye icyizere mu nteko rusange idasanzwe, bakanshyira imbere nk’umukandinda wa
CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’igihugu ya 2027.”
Ndayishimiye yizeje abarwanashyaka b’iri shyaka, ko uku kongera kumugirira icyizere, abikesha kuba yarakoze neza mu gihe amaze ku butegetsi, kandi abizeza kuzakomerezaho.
Ati “Ko twakoze mugashima, ndabemereye kubandanya ikivi, turi kumwe twese, kugira umurundi wese atunge kandi atunganirwe.”
Iri shyaka CNDD-FDD ryemeje Ndayishimiye nk’uzarihagararira muri ariya matora, ryari rimaze iminsi rivugwamo umwuka utari mwiza ushingiye ku kutumvikana ku mukandida rizatanga, aho benshi bavugaga ko bazemeza Ndayishimiye, ariko bamwe ntibabikozwe.
Abasesengura ibya Politiki mu Burundi, bavuga ko byagaragaraga ko Ndayishimiye azongera akemezwa nk’uzahagararira iri shyaka, kuko bamwe mu batari bamushyigikiye, bagiye bigizwayo, bagashyirwa ku ruhande.
Bavuga kandi ko kwemeza Ndayishimiye, bimuha amahirwe menshi yo kuzongera gutorerwa manda ya kabiri, kuko iri shyaka CNDD-FDD rimaze igihe ku butegetsi, bigoye ko hari uwahangana na ryo ngo aritsinde.
Perezida Ndayishimiye yagiye ku butegetsi mu mwaka wa 2020, nyuma yuko asimbuye nyakwigendera Pierre Nkurunziza wari umushyigikiye ko yiyamamaza.


RADIOTV10









