Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
26/12/2023
in MU RWANDA
0
Ubutumwa bwagaragaye muri telefone y’ukekwa ko yiyahuye bwumvikanamo igishobora kuba cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge, hagaragaye umurambo w’umusore bikekwa ko yiyahuye, bitewe n’ubutumwa bwagaragaye muri telefone bamusanganye, yabwiraga umuntu ko arambiwe imiruho y’Isi.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse kuri uyu wa Mbere tariki 25 Ukuboza 2023, wasanzwe umanitse mu giti mu Mudugudu w’Umucyo mu Kagari ka Rwezamenyi II mu Murenge wa Rwezamenyo.

Abageze kuri uyu murambo bwa mbere, bavuga ko basanze umanitse mu mishumi y’inkweto z’uyu musore zari zinamuri irihande, bagakeka ko yayikuyemo kugira ngo ayifashishe mu kwiyambura ubuzima.

Ni amakuru kandi yanemejwe Na Nirere Marie Rose uyobora Umurenge wa Rwezamenyo, wavuze ko uyu musore bikekwa ko yiyahuye, nubwo inzego zishinzwe iperereza zahise ziritangira.

Andi makuru ava mu baturage, avuga ko uyu musore yari asanzwe ari umukozi wo mu rugo rumwe rwo muri uyu Murenge wa Rwezamenyo, ariko akaba yari aherutse kuruvamo abibye 40 000 Frw.

Ubwo bamubonaga yapfuye, bamusanganye irangamuntu ndetse na telefone ye, irimo ubutumwa yari yandikiye umuntu amubwira agahinda afite, ko yamaze kwiheba ndetse ko arambiwe kuba mu Isi y’ibibazo.

Nanone kandi muri telefone ye, hagaragaye ubutumwa bw’uko yari yishyuye 7 000 Frw mu kabari yari yabanje kujya gufatiramo agacupa, ari na bwo bikekwa ko yiyahuye akavuyemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Israel Mbonyi yongeye gukora ibyashobora abahanzi bacye mu Rwanda

Next Post

DRC: Abashyigikiye uhanganye na Tshisekedi bavuze ko nibabiba amajwi haba akantu

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abashyigikiye uhanganye na Tshisekedi bavuze ko nibabiba amajwi haba akantu

DRC: Abashyigikiye uhanganye na Tshisekedi bavuze ko nibabiba amajwi haba akantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.