Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’ingenzi bwa Perezida Kagame bwabera buri wese akabando

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bw’ingenzi bwa Perezida Kagame bwabera buri wese akabando
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko ahantu habi umuntu yagera uko haba hameze kose, adakwiye kwemera kuhaguma, ahubwo ko aba akwiye gushaka uburyo ahava.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo mu ishuri ry’ubucuruzi ryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, rya Harvard University of Business, kuri uyu wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

Zimwe mu mpanuro yahaye aba banyeshuri biganjemo urubyiruko, muri iki kiganiro bagiranye muri Village Urugwiro, yagarutse ku masomo umuntu akwiye guhora agenderaho.

Yagize ati “Isomo rya mbere, utitaye kuri habi hashoboka waba uri, wahagejejwe n’ibintu bitandukanye cyangwa imbaraga runaka, ntukwiye kwemera kuguma hasi, shaka uburyo bwo guhaguruka.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko ibi ari na byo byafashije u Rwanda kuko rwigeze kubaho rumeze nk’urwasenyutse burundu ku buryo hari n’abarugeragamo bakibaza niba ruzongera kuba Igihugu.

Ati “Kimwe mu byahitaga bitekerezwa n’umuntu wazaga, yaribazaga ati ‘aba bantu bazashobora kongera kubyuka?’ yewe na bamwe muri twe, hari abibazaga bati ‘ariko ubu tuzava muri aka kangaratete?’.”

Yakomeje avuga ko uko umuntu ahora atekereza uko ibyo bibazo yabivamo, bigera aho umuntu akavuga ati “Oya ntabwo ngomba kubyemera.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko uko umuntu agenda yiyumvamo ko afite ubushobozi bwo kwikura muri ibyo bibazo, bituma n’abandi bashobora kugira icyo bakora, ndetse umuntu akabasha kugera kuri byinshi.

Ati “Icya kabiri, ni gute wabimenya? Hari byinshi byiza byagufasha kubimenya. Uko kwishyira ukizana kugufasha kujya ku ishuri, kugira icyerekezo cy’ubuzima, kuzabona amafunguro, kubasha gukora ubucuruzi, ukabasha gutekereza no gutanga umusaruro, kwigira, ukamenya kwitandukanya n’abandi ndetse no kugira umusanzu mu Gihugu. “

Avuga ko byumwihariko iyo umuntu ari mu buyobozi, aba agomba gukorana n’abaturage ayobora kugira ngo ibyo akora na bo babyibonemo, ndetse na we bamwibonemo.

Perezida Kagame yagaragaje ibyafasha benshi

Aba banyeshuri na bo bamubajije ibibazo

Bishimiye impanuro bahawe na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Next Post

Icyamamare Jaden Smith yakoze igikorwa cyumvikanamo ubumuntu buhebuje

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyamamare Jaden Smith yakoze igikorwa cyumvikanamo ubumuntu buhebuje

Icyamamare Jaden Smith yakoze igikorwa cyumvikanamo ubumuntu buhebuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.