Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’Umukozi w’Imana ukunzwe ku bagore bambara ibibakoza isoni babyita ‘gutwika’

radiotv10by radiotv10
10/08/2024
in IMYIDAGADURO
0
Ubutumwa bw’Umukozi w’Imana ukunzwe ku bagore bambara ibibakoza isoni babyita ‘gutwika’
Share on FacebookShare on Twitter

Apôtre Mignone Alice Kabera yasabye abakobwa n’abagore bambara imyenda migufi bavuga ko ari ukugira ngo bagaragare neza, ko bakwiye kubicikaho, kuko bashobora no kwambara bikwije kandi bakaberwa, ati “ushobora gutwika kandi ufite ubupfura.”

Apotre Mignone usanzwe ari umuyobozi w’Itorero Noble church na Women Foundation Ministries, yabitangarije abitabiriye igiterane All Womene Together kimaze iminsi kibera mu Mujyi wa Kigali.

Ubwo yagiraga inama abagore babyaye bakaba batabana n’abagabo bifuza kongera kurushinga, yagarutse ku ngeso zigaragazwa na bamwe muri bo nko kwambara imyenda ibakojeje isoni, ababwira ko bidakwiye.

Yagize ati “Iyo Imana iguhaye agakiza ntibikwambura umuco, iyo iguhaye agakiza ntibikwambura ubupfura, ahubwo buriyongera, ariko tugeze mu gihe aho umuntu agenda akikora ibyo adashaka kugira ngo abone amafranga, ugasanga umugore yambaye imyenda igaragaza amabere nk’uri kuyashyira kuri exposition, umugore ufite abana batandatu ukibaza agiye konsa isi.”

Yakomeje avuga ko umuntu ashobora kwambara akikwiza, kandi akanagaragara neza ku buryo n’abo yifuza gukurura n’ubundi bamwishimira.

Ati “Ushobora kwaka kandi wambaye ibikwiriye, ushobora gutwika kandi ufite ubupfura, sibyo? Birashoboka, ariko bamwe mu bagore ntibari kubyumva.”

Igiterane ‘All Women Together’ kiri kuba ku nshuro yacyo ya 12, ni ngaruka mwaka, aho icy’uyu mwaka cyitabiriwe n’abavuye ku Migabane yose y’Isi barenga 1 200.

Ni igiterane kandi cyatumiwemo abahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, nka Osinachi Kalu Okoro Egbu uzwi nka Snach wamamaye mu ndirimo zirimo ‘I Know who I am’, na ‘Victory is my Name’.

Apotre Mignone yakebuye abambara impenure bavuga ngo ni ugutwika

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − two =

Previous Post

Kompanyi ikomeye mu Bwongereza yatangaje ibyumvikanamo inkuru nziza ku bahinzi bo mu Rwanda

Next Post

Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza

Related Posts

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

by radiotv10
22/10/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo z’Imana, Ishimwe Joshua yifurije isabukuru nziza umugore we, akoresheje amagambo aryohereye, amwibutsa ko urukundo amukunda ari ntagereranywa. Josh...

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

by radiotv10
20/10/2025
0

Umuhanzikazi Antoinette Rehema w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ukorera ibikorwa bye bya muzika muri Canada, yashyize hanze indirimbo ye...

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

IZIHERUKA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru
AMAHANGA

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

22/10/2025
Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

22/10/2025
Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza

Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.