Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye cyo kumuha izi nshingano, amwizeza ko we n’abandi bakozi b’iyi Banki bazakorana umurava kugira ngo Igihugu kigire ubukungu bushinze imizi.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ashyizeho abayobozi bashya ba Banki Nkuru y’u Rwanda.

Muri aba bayobozi, Madamu Soraya Hakuziyaremye wari Guverineri Wungirije, yagizwe Guverineri, asimbura John Rwangombwa wari umukuriye.

Nyuma y’Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirenge rishyiraho Soraya ku mwanya wa Guverineri wa BNR, yanditse ku rubuga nkoranyambaga ubutumwa bwo gushimira Perezida Paul Kagame wamugiriye iki cyizere.

Yagize ati “Ni iby’agaciro gakomeye nanashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku cyizere. Gukorera u Rwanda ku buyobozi bwanyu, ni iby’agaciro gahambaye, hamwe n’itsinda ry’abakozi ba Banki Nkuru y’u Rwanda, tuzakora ibishoboka tunagire uruhare mu ntego z’u Rwanda mu kurugeza mu Bihugu bifite ubukungu bwihagazeho.”

Soraya Hakuziyaremye, yahawe izi nshingano zo kuba Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, nyuma y’imyaka ine ari Guverineri Wungirije w’iyi Banki, inshingano yari yarahawe muri Werurwe 2021.

Soraya wari wasimbuye Dr Monique Nsanzabaganwa wari watorewe kuba Visi Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, icyo gihe yari amaze imyaka itatu ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, inshingano yari yarahawe muri 2018.

Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda, asanzwe ari inararibonye by’imari n’ubukungu, dore ko yanabyigiye ku Mugabane w’u Burayi, aho yize muri Université Libre de Bruxelles ryo mu Bubiligi, aho yize mu bijyanye n’Imari n’Ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Hemejwe ikigiye gukorwa mu rubanza rw’uwari Gitifu aregwamo kwaka ruswa uwari Captain

Next Post

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Related Posts

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugabo witwa Bwarikera Bonaventure wo mu Kagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yafashwe n’abaturage nyuma...

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

IZIHERUKA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye
AMAHANGA

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

14/07/2025
Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

12/07/2025
Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Rusizi: Uzwiho kuvuga nabi ubuyobozi yafatanywe ibendera ry’Igihugu yamanuye ku Kagari izuba riva

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.