Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha.

Kuri uyu wa Kane tariki 23 Ukwakira, Abanyarwanda ndetse n’abandi benshi mu nguni zose z’Isi, bifurije Perezida Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko, aho yujuje imyaka 68.

Mu butumwa bwongera kwibutsa ibigwi n’ubutwari byaranze Perezida Paul Kagame, abantu benshi bagiye banyura ku mbuga nkoranyambaga, bakamwifuriza ibyiza mu mwaka mushya yinjiyemo.

Umukuru w’u Rwanda, na we mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashimiye abantu bose bafashe umwanya wabo bakamwifuriza isabukuru nziza.

Yagize ati “Ku nshuti nyinshi, abayobozi ndetse n’abandi bose banyifurije ibyiza ntabashije kumenya buri wese, ndifuza kubashimira byimazeyo ku bwo kunyifuriza isabukuru nziza. Muhabwe umugisha.”

Perezida Paul Kagame yavutse tariki 23 Ukwakira 1957, avukira mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo, mu muryango wa Deogratias Rutagambwa na Asteria Bisinda.

Kubera amateka mabi y’ubutegetsi bubi bwariho muri icyo gihe, Perezida Kagame yakuriye mu buhunzi muri Uganda, akurana ubwenge n’ubushishozi bihambaye, aho kuva ku myaka 15 ari mu batekerezaga kure bibaza uko Abanyarwanda bari barambuwe uburenganzira bwo kuba mu Gihugu cyabo, bazongera kububona.

We na bagenzi be, mu kubyiruka kwabo, bakomeje gutekereza icyakorwa, ndetse bajyenda begeranya ibitekerezo n’imbaraga, kugeza mu 1990 ubwo hatangizwaga urugamba rwo kwibohora, yagizemo uruhare, dore ko ari we waruyoboye.

Uretse ibigwi byo kuyobora urugamba rwo Kwibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Paul Kagame yanabaye indorerwamo ya benshi kubera imiyoborere ye ihanitse mu bushishozi, no kongera kubaka Igihugu cy’u Rwanda cyari cyamaze kuba umuyonga, ariko ubu kikaba ari intangarugero mu ruhando mpuzamahanga, byose bishinze imizi ku miyoborere myiza ya Perezida Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Are workplaces in Rwanda becoming more Gender-Inclusive?

Next Post

Friday Debate: Should weekends be longer?

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.