Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bashimiye Donald Trump watsinze amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, aho yamubwiye ko ubutumwa bwe, bwagaragaje ko iki Gihugu cyaba umufatanyabikorwa w’amahitamo utanga ubwisanzure mu mikoranire.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024, ibyari bimaze kuva mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byagaragazaga ko Umu-Republican Donald Trump yatsinze Umu-Democrat Kamala Harris.

Nyuma yuko bigaragaye ko Trump yatsinze, we ubwe yahise atanga ubutumwa bw’intsinzi, ashimira Abanyamerika bamutoye n’abataramutoye, aboneraho kuvuga ko urugendo rwe rutoroshye rurangiye abonye iyi ntsinzi izatuma Igihugu cye cyongera kugira ubuhangange.

Abanyacyubahiro banyuranye, bahise bagaragaza ko bishimiye intsinzi ya Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America muri manda imwe, ntabashe kwegukana iya kabiri, ubu akaba azagaruka muri White House muri Mutarama umwaka utaha asimbuye Joe Biden bahanganye mu matora yaherukaga.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa yageneye Trump, na we yamushimiye mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda “ku bw’intsizni yawe y’amateka, ndetse n’amatora yo kwiyemeza ya Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ubutumwa bwawe bwumvikana, bwakomeje kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za America ari umufatanyabikorwa w’amahitamo wakomeza gutanga urugero, aho guhatira abandi uko ibona ibintu cyangwa kugendera mu nzira ze.”

Perezida Kagame yaboneyeho kwizeza Trump kuzakorana mu nyungu zihuriwe z’Ibihugu byombi mu bihe biri imbere.

Muri Mutarama 2018, ubwo Perezida Trump yahuraga na Perezida Kagame mu Ihuriro ry’Ubukungu i Davos, yamushimiye imiyoborere ye, byumwihariko amushimira kuba icyo gihe yari afite inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kandi ko yari yizeye kuzazisohoza neza.

Icyo gihe kandi Trump yavuze ko Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bisanganywe umubano mwiza, ushingiye ku mikoranire ihamye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + eighteen =

Previous Post

Urugendo rutoroshye rw’uwakize Cancer yo mu ibere n’inama atanga zafasha benshi

Next Post

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.