Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bashimiye Donald Trump watsinze amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, aho yamubwiye ko ubutumwa bwe, bwagaragaje ko iki Gihugu cyaba umufatanyabikorwa w’amahitamo utanga ubwisanzure mu mikoranire.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024, ibyari bimaze kuva mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byagaragazaga ko Umu-Republican Donald Trump yatsinze Umu-Democrat Kamala Harris.

Nyuma yuko bigaragaye ko Trump yatsinze, we ubwe yahise atanga ubutumwa bw’intsinzi, ashimira Abanyamerika bamutoye n’abataramutoye, aboneraho kuvuga ko urugendo rwe rutoroshye rurangiye abonye iyi ntsinzi izatuma Igihugu cye cyongera kugira ubuhangange.

Abanyacyubahiro banyuranye, bahise bagaragaza ko bishimiye intsinzi ya Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America muri manda imwe, ntabashe kwegukana iya kabiri, ubu akaba azagaruka muri White House muri Mutarama umwaka utaha asimbuye Joe Biden bahanganye mu matora yaherukaga.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa yageneye Trump, na we yamushimiye mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda “ku bw’intsizni yawe y’amateka, ndetse n’amatora yo kwiyemeza ya Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ubutumwa bwawe bwumvikana, bwakomeje kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za America ari umufatanyabikorwa w’amahitamo wakomeza gutanga urugero, aho guhatira abandi uko ibona ibintu cyangwa kugendera mu nzira ze.”

Perezida Kagame yaboneyeho kwizeza Trump kuzakorana mu nyungu zihuriwe z’Ibihugu byombi mu bihe biri imbere.

Muri Mutarama 2018, ubwo Perezida Trump yahuraga na Perezida Kagame mu Ihuriro ry’Ubukungu i Davos, yamushimiye imiyoborere ye, byumwihariko amushimira kuba icyo gihe yari afite inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kandi ko yari yizeye kuzazisohoza neza.

Icyo gihe kandi Trump yavuze ko Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bisanganywe umubano mwiza, ushingiye ku mikoranire ihamye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Urugendo rutoroshye rw’uwakize Cancer yo mu ibere n’inama atanga zafasha benshi

Next Post

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.