Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Trump ku bw’intsinzi ye y’amateka
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bashimiye Donald Trump watsinze amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, aho yamubwiye ko ubutumwa bwe, bwagaragaje ko iki Gihugu cyaba umufatanyabikorwa w’amahitamo utanga ubwisanzure mu mikoranire.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ugushyingo 2024, ibyari bimaze kuva mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byagaragazaga ko Umu-Republican Donald Trump yatsinze Umu-Democrat Kamala Harris.

Nyuma yuko bigaragaye ko Trump yatsinze, we ubwe yahise atanga ubutumwa bw’intsinzi, ashimira Abanyamerika bamutoye n’abataramutoye, aboneraho kuvuga ko urugendo rwe rutoroshye rurangiye abonye iyi ntsinzi izatuma Igihugu cye cyongera kugira ubuhangange.

Abanyacyubahiro banyuranye, bahise bagaragaza ko bishimiye intsinzi ya Trump wayoboye Leta Zunze Ubumwe za America muri manda imwe, ntabashe kwegukana iya kabiri, ubu akaba azagaruka muri White House muri Mutarama umwaka utaha asimbuye Joe Biden bahanganye mu matora yaherukaga.

Perezida Paul Kagame, mu butumwa yageneye Trump, na we yamushimiye mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda “ku bw’intsizni yawe y’amateka, ndetse n’amatora yo kwiyemeza ya Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za America.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Ubutumwa bwawe bwumvikana, bwakomeje kugaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za America ari umufatanyabikorwa w’amahitamo wakomeza gutanga urugero, aho guhatira abandi uko ibona ibintu cyangwa kugendera mu nzira ze.”

Perezida Kagame yaboneyeho kwizeza Trump kuzakorana mu nyungu zihuriwe z’Ibihugu byombi mu bihe biri imbere.

Muri Mutarama 2018, ubwo Perezida Trump yahuraga na Perezida Kagame mu Ihuriro ry’Ubukungu i Davos, yamushimiye imiyoborere ye, byumwihariko amushimira kuba icyo gihe yari afite inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kandi ko yari yizeye kuzazisohoza neza.

Icyo gihe kandi Trump yavuze ko Igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bisanganywe umubano mwiza, ushingiye ku mikoranire ihamye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − five =

Previous Post

Urugendo rutoroshye rw’uwakize Cancer yo mu ibere n’inama atanga zafasha benshi

Next Post

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Hatangajwe umwanzuro wafatiwe APR ku makosa yatumye ihagarika umwe mu bayobozi bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.