Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yatangaje ko u Bufaransa bwifatanyije n’Abanyarwanda muri iki gihe binjiyemo cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yabitangaje mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025, abunyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Muri ubu butumwa, Perezida Macron yatangiye avuga ko “none tariki 07 Mata 2025, hatangiye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorwe Abatutsi mu Rwanda.”

Yakomeje agira ati “U Bufaransa burizeza ko bwiyemeje Kwibuka, ukuri n’ubutabera, kandi bwifatanyije byimazeyo kuri uyu munsi mpuzamahanga wo Kwibuka.”

Arongera ati “U Bufaransa bwifatanyije n’Abanyarwanda mu bitekerezo kandi bubafashe mu mugongo cyane.”

Perezida w’u Bufaransa kandi yaboneyeho gushima intambwe yatewe n’Abanyarwanda bakarangwa n’ubudaheranwa, bagafata icyemezo cyo kongera kwiyubakira Igihugu cyabo, babikesha ubumwe n’ubwiyunge bimakaje nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Emmanuel Macron yavuze ko ku giti cye yiyemeje gukomeza kuzirikana ibihe by’amajye byabaye mu Rwanda bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yakozwe nyuma yuko habayeho kubiba amacakubiri mu Rwanda n’urwango.

Ati “Ubuhamya bubabaje bw’abarokotse, butwibutsa ko tugomba kurwanya inzangano n’amacakubiri uko byaba bimeze kose.”

Yibukije kandi ko kuva muri 2019 ari bwo u Bufaransa bwemeje ko tariki 07 Mata, ari Umunsi wo Kwibuka muri iki Gihugu, mu rwego rwo gufasha abato n’abo mu bihe bizaza kwigira ku mateka y’ibyabaye mu Rwanda.

Yavuze kandi ko u Bufaransa bukomeje gushyira imbaraga mu gutuma abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu Bufaransa bagezwa imbere y’ubutabera, avuga ko kuva yakwiyemeza iyi ntego, hari imanza zikomeye zabaye, kandi hatangwa ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Next Post

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.