Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashimiye Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho n’Itangazamakuru muri iyi kipe, akaba aherutse gusezera kuri izi nshingano.
Ngabo Roben asanzwe ari Umunyamakuru wa RADIOTV10, yanabibangikanyaga n’inshingano zo kuba Umukozi ushinzwe Itumanaho n’itangazamakuru muri Rayon Sports.
Uyu munyamkauru w’ibiganiro bya siporo yatangaje ko yasezeye kuri izi nshingano yari afite muri Rayon mu itangazo yashyize hanze tariki 10 Gashyantare 2026, ryakurikiwe n’impaka ndende zumvikanye cyane mu itangazamakuru rya siporo mu Rwanda.
Mu butumwa bwashyize hanze n’ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Gashyantare 2026, bwavuze ko bushimira uyu wari umukozi ushinzwe itumanaho muri iyi kipe.
Ubuyobozi bw’iyi kipe bwavuze ko Ngabo Roben yaranzwe no gukorana umuhate “kuva ku gutera akanyabugabo ku mukino, kugeza ku majoro y’ibikombe, watanze ibyair bikenwe igihe cyose.”
Ubutumwa bwa Rayon Sports bukomeza bugira buti “Warakoze Ngabo Roben, ku bw’ishyaka, guhanga udushya n’imbaraga watanze kuva muri 2018 kugeza muri 2026.”
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasoje ubutumwa bwabwo bwifuriza Ngabo Roben gukomeza kuba umwe mu bagize umuryango mugari w’Aba-Rayon.
Mu kiganiro cyatanzwe na Ngabo Roben nyuma yo gusezera, yavuze ko yafashe iki cyemezo nyuma yuko ubuyobozi buriho muri iyi kipe bumugaragarije ko butagishaka ko bakomezanya.
Yagize ati “ubuyobozi bwa Rayon Sports bwanyeretse ko bifuzaga ibitandukanye n’ibyo nsanzwe mbakorera.Banyeretse ko bakwifuza kugira wenda undi.”
RADIOTV10










