Ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo bukomeje gutuma abahungiye mu Rwanda bagaragaza intimba

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda, ziri mu myigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi buri gukorerwa bene wabo bo mu bwoko bw’Abatutsi bari gukorerwa Jenoside muri DRCongo, aho ibi bikorwa byakomereje ku mpunzi z’i Mahama.

Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe zazindukiraga mu myigaragambyo yo kwamagana ubu bwicanyi.

Izindi Nkuru

Ibikorwa byo kwamagana iyicwa ry’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomereje mu Karere ka Kirehe, aho impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama zaramukiye mu myigaragambyo.

Mu butumwa bwatanzwe n’izi mpunzi, mu majwi aranguruye, zagize ziti “Twamaganye ubwicanyi ndengakamere buri gukorerwa imiryango yacu y’Abatutsi yasigaye muri Congo.”

Bakomeza bagaragaza icyo bifuza, bati “Turashaka amahoro no gutaha.”

Kimwe n’impunzi z’i Kigeme, iz’i Mahama na zo zari zitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bugenewe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buri gukorana n’imwe mu mitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ni ibyapa na byo byanditseho ubutumwa bw’ibyo bifuza, nk’aho bagira bati “Twamaganye Jenoside iri gukorerwa Abatutsi ikozwe na Leta (FARDC) ifatanyije n’imitwe FDLR, NYATURA, PORECO, APCLS na Mai-Mai.”

Ahandi hagira hati “Turambiwe kuba Impunzi, birahagije kuva mu nkambi z’impunzi mu gihe kirenga imyaka 26.”

Ibikorwa by’iyi myigaragambyo byateguwe n’impunzi z’Abanyekongo baba mu Rwanda, bizanakomereza mu zindi nkambi zabo zirimo n’iy’i Mugombwa mu Karere ka Gisagara.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru