Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa

radiotv10by radiotv10
06/01/2022
in MU RWANDA
0
Ubwiyongere bwa COVID muri Gereza bwatumye urubanza rwa Urayeneza rwongera gusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Urayeneza Gerard n’abo baregwa hamwe rwongeye gusubikwa kubera ko inteko iruburanisha irimo Umucamanza mushya nyuma y’uko umwe mu bacamanza bari bayigize yazamuwe mu ntera akajyanwa mu Rukiko rw’Ubujurire ndetse n’abaregwa bakaba batemerewe gusohoka kubera ubwiyongere bwa COVID-19 muri Gereza.

Urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwagombaga kuburanisha uru rubanza rw’ubujurire kuri uyu wa Kane tariki 06 Mutarama 2022.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Inteko iburanisha yinjiye mu cyumba cy’urukiko rufite icyicaro i Nyanza, ihita imenyesha ababuranyi ko urubanza rwongeye gusubikwa kuko umwe mu bacamanza bagize iyi nteko ari mushya kuko yasimbuye uwari uyigize wajyanywe mu rundi rukiko.

Uyu mucamaza wajyanywe mu rundi rukiko ni Beatrice Mukamurezi wagizwe Umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire.

Beatrice Mukamurezi wahawe uyu mwanya n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 14 Ukuboza 2021, yari amaze igihe ari Umucamanza mu rugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka aho yaburanishije zimwe mu manza zikomeye zizwi mu Rwanda zirimo urwaregwamo Leon Mugesera na Paul Rusesabagina na bagenzi be.

Urukiko rwavuze ko Umucamanza mushya agomba guhabwa umwanya wo kwiga kuri iyi dosiye ruhita rwimurira iburanisha tariki 11 Mutarama 2022.

Urukiko kandi rwavuze ko kubera ko muri Gereza hagaragaye ubwiyongere bwa COVID-19, imfungwa n’abagororwa batemerewe gusohoka bityo ko n’abaregwa muri uru rubanza batemerewe gusohoka ngo bajye hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 15 =

Previous Post

Rwamagana: Yandikiye mwarimu amusaba kumugurira inkweto undi amuha mu zo asanganywe

Next Post

Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu

Sosiyete Sivile ntiyemera ko ibibazo by’imibereho ari yo ntandaro ikomeye y’inda ziterwa abangavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.