Saturday, July 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Uri mu cyiciro cy’urubyiruko wo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, ukora imitako iryoheye ijisho akoresheje uduti tw’imishito tuba twavuyeho mushikaki, avuga ko agifite imbogamizi zo kutagira isoko rihagije.

Tuyisenge Cassien w’imyaka 29 y’amavuko, yabwiye RADIOTV10 ko aka kazi yagahanze mu bihe bya COVID-19 ubwo akazi ke ko kuvangavanga imiziki kahagararaga.

Ati “Igitekerezo cyaje giturutse kuba nari ndi njyenyine, turi mu rugo nkaguma nitekerezaho, ntekereza uburyo akazi kanjye kahagaze.”

Avuga ko ari bwo yatangiye gutekereza uburyo yajya abyaza umusaruro imishito, kuko yabonaga ikoreshwa rimwe ikajugunywa kandi igateza umwanda.

Ati “Nashatse uburyo nayibyaza umusaruro, ni bwo naje kujya njya mu kabari gufata imishito ndayirundanya nkayisena neza nkayikoramo utuntu tw’utuvaze.”

Iba yabaye umwanda ariko ikagira akamaro

Ni imitako inogeye ijisho, ishimwa na buri wese uyibonye, ariko isoko ryayo riracyari rito, mu gihe inzozi z’uyu musore zo ari ngari, ku buryo yifuza kwagura ibikorwa bye.

Ati “Ibintu bigera aho bikaba byinshi. Kuko intego mfite ni ukuba nakora ibintu byinshi nkabona isoko nkacuruza twese tukagura ikintu twinjiza. Ariko ubu mfite isoko rito ntabwo abantu barabimenyera, ntibaramenya ngo Made i Rwanda yacu imeze ite. Bamenyereye bya bindi by’Abashinwa.”

Tuyisenge Cassien ubu afite abakozi babiri bahoraho, bamufasha muri aka kazi ke, bakanamushimira kuba uyu murimo yahanze watumye babasha kubaho, ndetse ko na bo hari icyo bamwigiraho.

Ayikuramo imitako iryoheye ijisho

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinze Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque yavuze ko hari ibyemerewe uyu musore kuko ibyo akora byashimwe n’inzego zo hejuru.

Ati “Ubwo hari urugendo rwa Minisitiri w’Urubyiruko yadusuraga, ku buvugizi twakoze hari ibyo bamwemereye ko hagiye kubaho imurikira i Kigali yabo aho amurika ibintu bye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere avuga kandi ko ubuyobozi buri kubaka inzu ngari y’urubyiruko muri aka Karere izajya inakorerwamo imurika, ku buryo bizanafasha uyu musore kubona aho agaragariza ibikorwa bye bikanagurwa.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Hamaganiwe kure igikorwa cyabaye mu Rwanda kibangamira ihame rikomeye ry’Abanyarwanda

Next Post

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Related Posts

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo...

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda BNR yatangaje igiye guhugura urubyiruko ku mikoreshereze y'ikoranabuhanga muri serivisi z'imari hifashishijwe telefoni ngendanwa, kugira ngo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa (Operations Manager) mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi (NAEB), ari...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

by radiotv10
18/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 74 y’amavuko usanzwe akora akazi ko kunganira abantu mu mategeko, ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha...

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

Igisubizo cyahawe ushinja ubuyobozi kumuteza ubukene cyumvikanamo ko akwiye gukurayo ijisho

by radiotv10
18/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, uvuga ko ubuyobozi bwamutwariye umusaruro w’ikawa wari kuvamo agera miliyoni...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe
MU RWANDA

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

by radiotv10
18/07/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

18/07/2025
Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

The DRC Government has summoned the Ugandan Ambassador over diplomatic concerns

18/07/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Amakuru agezweho: Umuyobozi mu Kigo cy’Igihugu NAEB afunzwe ukurikiranyweho kwigwizaho imitungo

18/07/2025
Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

Ubutegetsi bw’u Burundi buravugwaho gufata icyemezo cyatangiye guteza ihungabana impunzi z’Abanyekongo

18/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Banki Nkuru y’u Rwanda yararikiye urubyiruko amahirwe rugiye kubona

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.