• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

radiotv10by radiotv10
28/10/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana, kuko yujuje ibisabwa byose, agasaba n’Abanyarwanda kumushyigikira.

Uyu mukobwa uvuka ku mubyeyi umwe w’Umunyarwanda (Se) na Nyina w’Umubiligikazi, yavukiye i Bruxelles muri 2003, ari na ho yakuriye.

Ni umukobwa uhoza u Rwanda ku mutima, kuko nubwo atarubamo ariko yumva afitanye isano na rwo rya hafi kandi yishimira intambwe iki Gihugu gikomeje gutera yaba mu iterambere no mu zindi nzego zose zacyo.

Ubu ari mu guhatana mu irushanwa rya Miss Belgium, ndetse icyiciro cya mbere akaba yaragitsinze, aho yazamutse mu batoranyijwe mu Mujyi wa Bruxelles, ubu akaba ageze muri 1/2 cy’iri rushanwa.

Kyra Nkezabera, ubwo yatorwaga mu bazamuka mu Mujyi wa Bruxelles, yabaye Miss Polarity [wakunzwe n’abantu cyane] ndetse aba n’igisonga cy’uwabaye uwa mbere i Bruxelles.

Muri iki cyiciro cya 1/2 ahari gukorwa amatora ku rubuga rwa Miss Belgium, amatora yafunguye imiryango, ndetse agasaba Abanyarwanda kumushyigikira dore ko aho umuntu yaba ari hose yamushyigikira anyuze kuri uru rubuga akamutora.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na RADIOTV10, Kyra Nkezabera yavuze ko yizeye kugera kure muri iri rushanwa, ndetse akaba yakwegukana ikamba.

Yagize ati “Ibikenewe byose ndabyujuje, kandi niyumvamo uwo muhamagaro kuko nitabiriye irushanwa mfite icyizere. Hamwe n’Imana, nizera ko izabinshoboza.”

Umwe mu bo mu muryango wa Kyra Nkezabera, na we avuga ko uyu mukobwa kuva mu bwana bwe yakunze kurangwa n’ishyaka ryo gushaka kugera ku ntsinzi y’ibyo yatangiye.

Yagize ati “Ni umwana wakuranye umuhate, ku buryo iyo yinjiye mu kintu aba yifuza ko akirangiza neza, akakirangiza ageze ku musaruro aba yifuza, ku buryo natwe twatangaye ubwo twumvaga ko yatsinze icyiciro cya mbere akanaza mu ba mbere.”

Uyu mukobwa si uwa mbere ufite inkomoko mu Rwanda witabiriye amarushanwa y’ubwiza nk’aya ku Mugabane w’u Burayi, dore ko na Miss Sonia Roland Uwitonze yitabiriye Miss France muri 2000, ndetse akanegukana ikamba.

Abifuza gutora uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda, banyura kuri uru rubuga.

Kyra Nkezabera yazamutse mu bahataniraga mu mujyi wa Bruxelles

Aherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 22 y’amavuko
Avuga ko yifuza kuzasura u Rwanda akomokamo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 4 =

Previous Post

Igihe ikoranabuhanga rya VAR rizatangira gukoresherezwa mu Rwanda cyamenyekanye

Next Post

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.