Ufite ubumuga bwo kutabona wakundaga The Ben banafitanye indirimbo yitabye Imana

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Umugabo witwa Hagenimana Fabien wari umufana w’umuhanzi The Ben ndetse banakoranye indirimbo, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye iminsi.

Hagenimana Fabien wari ufite ubumuga bwo kutabona, yamenyekanye cyane muri 2019 ubwo yahuriraga na The Ben ku Kibuga cy’Indege ubwo uyu muhanzi yari avuye muri America akakirwa n’abarimo uyu mugabo wamukundaga cyane.

Izindi Nkuru

Icyo gihe The Ben yaraturitse ararira kubera imbamutima z’uyu mugabo ndetse anamwizeza ko bazakorana indirimbo ndetse banabishyira mu bikorwa bakorana iyo bise ibyiringiro.

Bongeye kugaragara bari kumwe muri Kigari Arena tariki 01/01/2020 mu gitaramo gisanzwe gitangiza umwaka kizwi nka East African Party ubwo bombi baririmbanaga iyi ndirimbo.

Hagenimana ubwo yajyaga kwakira The Ben mu mpera za 2019

Gusa Hagenimana Fabien ubu ntakiri mu mwuka w’abazima kuko yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 10 Mata 2022.

Umubyeyi wa nyakwigendera witwa Nyabyenda Regine avuga ko Hagenimana yabanje kurwarira mu rugo ariko akaza gukomerezwa ari byo byatumye bamujyana kwa muganga akaba yaje kwitabira Imana mu Bitaro bya Kibagabaga.

Yagize ati Mu cyumweru gishize tubona birarushaho kuba bibi duhitamo kumujyana kwa muganga aho yari amaze icyumweru mbere y’uko yitaba Imana.”

Indirimbo ‘Ibyiringiro’ nyakwigendera yakoranye na The Ben, yumvikanagamo amagambo y’ihumure nk’aho baririmbaga bagira bati “…Uri ibyiringiro! Ntawakwizeye ngo akorwe n’isoni, oya! Uri ibyiringiro.”

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru