Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000
Share on FacebookShare on Twitter

Abasivile batunze imbunda muri Uganda bakomeje kwiyongera kuko kuva muri 2016 kugeza uyu munsi bavuye ku bihumbi bitatu (3 000) bagera ku bihumbi bitanu (5 000).

Komiseri w’Umuryango w’ibigo byigenga bicunga umutekano (PSOs/Private Security Organisations), Charles Ssebambulidde yatangaje ko abantu bifuza kugura cyangwa gutumiza imbunda bafunguriwe imiryango yo kwaka uburenganzira.

Gusa avuga ko bagomba kugaragaza impamvu zifatika bifuza izo ntwaro nko kuba bafite impungenge zijyanye n’umutekano wabo.

Yagize ati “Niba impamvu utanga itumvikana mu buryo buhagije cyangwa itsinda rishinzwe kubigenzura rigasanga ufite imyitwarire itazwi, polisi izahita itesha agaciro ubusabe bwawe cyangwa ikwambure imbunda wahawe.”

Charles Ssebambulidde yatangaje ko inyandiko ya Polisi yo kuzuza kugira ngo umuntu asabe ubwo burenganzira, ubwayo igura ibihumbi 50 by’amashilingi ya Uganda.

Iyo nyandiko iyo imaze kuzuzwa ishyikirizwa Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda binyujijwe kuri Komiseri wa Polisi ushinzwe ibigo byigenga bishinzwe umutekano n’intwaro.

Ssebambulidde yavuze kandi ko ushaka gutunga imbunda, agomba kugaragaza ko yahuguwe ku bijyanye no gutunga imbunda, ubundi akagaragaza urwandiko rwifuza kugura imbunda n’ikigo kibifitiye ububasha.

Ntiyagaragaje igihe bisaba kugira ngo uwujuje ibisabwa ahabwe imbunda yifuza, ndetse ntiyanasobanuye impamvu benshi mu basabye izi mpushya mu myaka ine ishize batazihawe nyuma yo kunyura mu nzira zose ziteganywa n’amategeko.

Ikinyamakuru The Observer gitangaza ko hari amakuru avuga ko abantu barenga ibihumbi 17 basabye ubu burenganzira bagitegereje kuva muri 2018.

Nanone kandi hari amakuru avuga ko umubare w’abasivile batunze imbunda zo mu bwoko bwa masotera (Pistol) wavuye ku bihumbi bitatu (3 000) wari uriho muri 2016, ukaba ugeze ku bihumbi bitanu (5 000).

Umwe mu bapolisi wahaye amakuru iki kinyamakuru yagize ati “Hari igenzura ryakozwe umwaka ushize ku bijyanye n’imbunda nto z’ibigo byigenga bicunga umutekano ndetse n’abasivile. Ndashaka kubamenyesha ko imibare igaragaza ko abantu barenga 4 900 bamaze guhabwa imbunga naho kompanyi zigenda zicunga umutekano zifite intwaro 23 000.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 2 =

Previous Post

Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

Next Post

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi
MU RWANDA

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.