Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000

radiotv10by radiotv10
19/09/2022
in Uncategorized
0
Uganda: Abasivile batunze imbunda bikubye kabiri mu myaka 6, ababisabye bagitegereje ni 17.000
Share on FacebookShare on Twitter

Abasivile batunze imbunda muri Uganda bakomeje kwiyongera kuko kuva muri 2016 kugeza uyu munsi bavuye ku bihumbi bitatu (3 000) bagera ku bihumbi bitanu (5 000).

Komiseri w’Umuryango w’ibigo byigenga bicunga umutekano (PSOs/Private Security Organisations), Charles Ssebambulidde yatangaje ko abantu bifuza kugura cyangwa gutumiza imbunda bafunguriwe imiryango yo kwaka uburenganzira.

Gusa avuga ko bagomba kugaragaza impamvu zifatika bifuza izo ntwaro nko kuba bafite impungenge zijyanye n’umutekano wabo.

Yagize ati “Niba impamvu utanga itumvikana mu buryo buhagije cyangwa itsinda rishinzwe kubigenzura rigasanga ufite imyitwarire itazwi, polisi izahita itesha agaciro ubusabe bwawe cyangwa ikwambure imbunda wahawe.”

Charles Ssebambulidde yatangaje ko inyandiko ya Polisi yo kuzuza kugira ngo umuntu asabe ubwo burenganzira, ubwayo igura ibihumbi 50 by’amashilingi ya Uganda.

Iyo nyandiko iyo imaze kuzuzwa ishyikirizwa Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Uganda binyujijwe kuri Komiseri wa Polisi ushinzwe ibigo byigenga bishinzwe umutekano n’intwaro.

Ssebambulidde yavuze kandi ko ushaka gutunga imbunda, agomba kugaragaza ko yahuguwe ku bijyanye no gutunga imbunda, ubundi akagaragaza urwandiko rwifuza kugura imbunda n’ikigo kibifitiye ububasha.

Ntiyagaragaje igihe bisaba kugira ngo uwujuje ibisabwa ahabwe imbunda yifuza, ndetse ntiyanasobanuye impamvu benshi mu basabye izi mpushya mu myaka ine ishize batazihawe nyuma yo kunyura mu nzira zose ziteganywa n’amategeko.

Ikinyamakuru The Observer gitangaza ko hari amakuru avuga ko abantu barenga ibihumbi 17 basabye ubu burenganzira bagitegereje kuva muri 2018.

Nanone kandi hari amakuru avuga ko umubare w’abasivile batunze imbunda zo mu bwoko bwa masotera (Pistol) wavuye ku bihumbi bitatu (3 000) wari uriho muri 2016, ukaba ugeze ku bihumbi bitanu (5 000).

Umwe mu bapolisi wahaye amakuru iki kinyamakuru yagize ati “Hari igenzura ryakozwe umwaka ushize ku bijyanye n’imbunda nto z’ibigo byigenga bicunga umutekano ndetse n’abasivile. Ndashaka kubamenyesha ko imibare igaragaza ko abantu barenga 4 900 bamaze guhabwa imbunga naho kompanyi zigenda zicunga umutekano zifite intwaro 23 000.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Kigali: Polisi yafashe Moto 80 zari zipakiye imizigo irenze ubushobozi bwazo (AMAFOTO)

Next Post

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Mu gutabariza Queen Elizabeth Abaperezida batwawe muri Bus uretse abarimo Biden na Macron

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.