Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho

radiotv10by radiotv10
24/09/2021
in SIPORO
0
UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho
Share on FacebookShare on Twitter

Bright Anukani wari umukinnyi wo hagati mu ikipe ya KCCA FC y’iwabo muri Uganda, yasinye amasezerano y’imyaka itatu mu ikipe ya Vipers SC, amasezerano arimo ko bashobora kuyongeraho undi mwaka mu gihe umwaka wa mbere waba urangiye.

Binyuze ku rubuga rwa Vipers SC ikinira kuri sitade ya St Marry’s iri mu gace ka Kitende, bavuga ko Anukani w’imyaka 21 ukina hagati mu kibuga bamuzanye nk’igisubizo muri uyu mwanya kuko bamwizeramo ubushobozi bwo gushorera imipira igana ku izamu no kuba anifitemo ubushobizi bwo gutsinda ibitego aturuka hagati.

Bright Anukani wabaye muri Proline FC kuva mu 2017 mbere yo kujya muri KCCA FC. Muri Proline FC, Bright Anukani yakinnye imikino 45 atsinda ibitego 23.

Bright Anukani ubwo yasinyaga muri Vipers SC

Nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Vipers SC, Bright Anukani wari intizanyo ya Proline FC muri KCCA kuva mu 2020, yavuze ko yishimiye kuba ari umukinnyi mushya muri iyi kipe kuko ngo iri mu makipe buri mukinnyi w’Umugande wese yifuza gukinira.

“Nejejwe no kuba nasinye mu ikipe y’ubukombe. Nagize ibihe byiza ubwo nari muri Proline FC ndetse ndanashimira buri umwe wese ufite aho ahurira na Proline FC kuko baramfashije bamba inyuma ijoro n’amanywa mu myaka y’imikino yose nahamaze. Vipers SC ni ikipe ikomeye uwo yakomangira wese yayifungurira imiryango kuko ni ikipe y’agatangaza kuri njye.” Bright Anukani

Bright Anukani mu myitozo ya mbere yakoreshejwe na Robertinho

Vipers SC ni ikipe itozwa na Roberto Goncalves de Carmo “Robertinho” watojeho ikipe ya Rayon Sports. Kuri Bright Anukani avuga ko ku munsi wa mbere ahura n’uyu mutoza bagiranye ibiganiro amwereka icyo amukeneyeho mu kibuga ndetse ku bwe yumva afite icyerecyezo kiza n’ikipe muri rusange.

“Mpereye mu biganiro nagiranye n’umutoza mukuru ku munsi wa mbere w’imyitozo. Nishimiye ko icyerecyezo afite na gahunda ziri imbere. Robertinho ari kubaka ikipe itsinda, njyewe rero ubu umutima wanjye uri muri Vipers SC kuko twatangiye imyiteguro tunakina imikino ya gicuti kugira ngo tuzatangire umwaka w’imikino 2021-2022 duhagaze neza” Anukani aganira n’urubuga rwa Vipers SC

Bright Anukani yerekana umwenda wa Vipers SC

Bright Anukani ni umukinnyi usanzwe anahamagarwa mu ikipe y’igihugu ya Uganda “Uganda Cranes” kuko ari no mu bakinnyi baserukiye iki gihugu mu mikino ya nyuma ya TOTAL CHAN 2020 yabereye muri Cameron nyuma yo kuba yari mu ikipe ya Uganda Cranes yatwaye CECAFA Senior Challenge Cup 2019.

Vipers SC ibitse igikombe cya shampiyona 2020-2021, kuri ubu bari mu rugendo rwo gushaka uko bakongera umubare w’ibikombe bya shampiyona kuko ubu babitse bitanu.

CAF Confederations Cup: Anukani strike enough to hand Proline draw in  Rwanda - PML Daily

Bright Anukani ubwo AS Kigali yahuraga na Proline FC muri TOTAL CAF Confederation Cup 2019

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 14 =

Previous Post

Raporo y’ubushakashatsi bwa PEPFAR igaragaza ko umubare w’abangavu bandura SIDA uzamuka

Next Post

GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

Related Posts

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

by radiotv10
29/10/2025
0

Rayon Sports ishobora kubura umutoza w’umunya-Senegal, Serigne Saliou Dia bari bumvikanye, nyuma yuko aje ku rutonde rw’abashobora guhabwa akazi mu...

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim...

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.