Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho

radiotv10by radiotv10
24/09/2021
in SIPORO
0
UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho
Share on FacebookShare on Twitter

Bright Anukani wari umukinnyi wo hagati mu ikipe ya KCCA FC y’iwabo muri Uganda, yasinye amasezerano y’imyaka itatu mu ikipe ya Vipers SC, amasezerano arimo ko bashobora kuyongeraho undi mwaka mu gihe umwaka wa mbere waba urangiye.

Binyuze ku rubuga rwa Vipers SC ikinira kuri sitade ya St Marry’s iri mu gace ka Kitende, bavuga ko Anukani w’imyaka 21 ukina hagati mu kibuga bamuzanye nk’igisubizo muri uyu mwanya kuko bamwizeramo ubushobozi bwo gushorera imipira igana ku izamu no kuba anifitemo ubushobizi bwo gutsinda ibitego aturuka hagati.

Bright Anukani wabaye muri Proline FC kuva mu 2017 mbere yo kujya muri KCCA FC. Muri Proline FC, Bright Anukani yakinnye imikino 45 atsinda ibitego 23.

Bright Anukani ubwo yasinyaga muri Vipers SC

Nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Vipers SC, Bright Anukani wari intizanyo ya Proline FC muri KCCA kuva mu 2020, yavuze ko yishimiye kuba ari umukinnyi mushya muri iyi kipe kuko ngo iri mu makipe buri mukinnyi w’Umugande wese yifuza gukinira.

“Nejejwe no kuba nasinye mu ikipe y’ubukombe. Nagize ibihe byiza ubwo nari muri Proline FC ndetse ndanashimira buri umwe wese ufite aho ahurira na Proline FC kuko baramfashije bamba inyuma ijoro n’amanywa mu myaka y’imikino yose nahamaze. Vipers SC ni ikipe ikomeye uwo yakomangira wese yayifungurira imiryango kuko ni ikipe y’agatangaza kuri njye.” Bright Anukani

Bright Anukani mu myitozo ya mbere yakoreshejwe na Robertinho

Vipers SC ni ikipe itozwa na Roberto Goncalves de Carmo “Robertinho” watojeho ikipe ya Rayon Sports. Kuri Bright Anukani avuga ko ku munsi wa mbere ahura n’uyu mutoza bagiranye ibiganiro amwereka icyo amukeneyeho mu kibuga ndetse ku bwe yumva afite icyerecyezo kiza n’ikipe muri rusange.

“Mpereye mu biganiro nagiranye n’umutoza mukuru ku munsi wa mbere w’imyitozo. Nishimiye ko icyerecyezo afite na gahunda ziri imbere. Robertinho ari kubaka ikipe itsinda, njyewe rero ubu umutima wanjye uri muri Vipers SC kuko twatangiye imyiteguro tunakina imikino ya gicuti kugira ngo tuzatangire umwaka w’imikino 2021-2022 duhagaze neza” Anukani aganira n’urubuga rwa Vipers SC

Bright Anukani yerekana umwenda wa Vipers SC

Bright Anukani ni umukinnyi usanzwe anahamagarwa mu ikipe y’igihugu ya Uganda “Uganda Cranes” kuko ari no mu bakinnyi baserukiye iki gihugu mu mikino ya nyuma ya TOTAL CHAN 2020 yabereye muri Cameron nyuma yo kuba yari mu ikipe ya Uganda Cranes yatwaye CECAFA Senior Challenge Cup 2019.

Vipers SC ibitse igikombe cya shampiyona 2020-2021, kuri ubu bari mu rugendo rwo gushaka uko bakongera umubare w’ibikombe bya shampiyona kuko ubu babitse bitanu.

CAF Confederations Cup: Anukani strike enough to hand Proline draw in  Rwanda - PML Daily

Bright Anukani ubwo AS Kigali yahuraga na Proline FC muri TOTAL CAF Confederation Cup 2019

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 13 =

Previous Post

Raporo y’ubushakashatsi bwa PEPFAR igaragaza ko umubare w’abangavu bandura SIDA uzamuka

Next Post

GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

Related Posts

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.