Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho

radiotv10by radiotv10
24/09/2021
in SIPORO
0
UGANDA: Bright Anukani yasinye muri Vipers SC ya Robertinho
Share on FacebookShare on Twitter

Bright Anukani wari umukinnyi wo hagati mu ikipe ya KCCA FC y’iwabo muri Uganda, yasinye amasezerano y’imyaka itatu mu ikipe ya Vipers SC, amasezerano arimo ko bashobora kuyongeraho undi mwaka mu gihe umwaka wa mbere waba urangiye.

Binyuze ku rubuga rwa Vipers SC ikinira kuri sitade ya St Marry’s iri mu gace ka Kitende, bavuga ko Anukani w’imyaka 21 ukina hagati mu kibuga bamuzanye nk’igisubizo muri uyu mwanya kuko bamwizeramo ubushobozi bwo gushorera imipira igana ku izamu no kuba anifitemo ubushobizi bwo gutsinda ibitego aturuka hagati.

Bright Anukani wabaye muri Proline FC kuva mu 2017 mbere yo kujya muri KCCA FC. Muri Proline FC, Bright Anukani yakinnye imikino 45 atsinda ibitego 23.

Bright Anukani ubwo yasinyaga muri Vipers SC

Nyuma yo gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Vipers SC, Bright Anukani wari intizanyo ya Proline FC muri KCCA kuva mu 2020, yavuze ko yishimiye kuba ari umukinnyi mushya muri iyi kipe kuko ngo iri mu makipe buri mukinnyi w’Umugande wese yifuza gukinira.

“Nejejwe no kuba nasinye mu ikipe y’ubukombe. Nagize ibihe byiza ubwo nari muri Proline FC ndetse ndanashimira buri umwe wese ufite aho ahurira na Proline FC kuko baramfashije bamba inyuma ijoro n’amanywa mu myaka y’imikino yose nahamaze. Vipers SC ni ikipe ikomeye uwo yakomangira wese yayifungurira imiryango kuko ni ikipe y’agatangaza kuri njye.” Bright Anukani

Bright Anukani mu myitozo ya mbere yakoreshejwe na Robertinho

Vipers SC ni ikipe itozwa na Roberto Goncalves de Carmo “Robertinho” watojeho ikipe ya Rayon Sports. Kuri Bright Anukani avuga ko ku munsi wa mbere ahura n’uyu mutoza bagiranye ibiganiro amwereka icyo amukeneyeho mu kibuga ndetse ku bwe yumva afite icyerecyezo kiza n’ikipe muri rusange.

“Mpereye mu biganiro nagiranye n’umutoza mukuru ku munsi wa mbere w’imyitozo. Nishimiye ko icyerecyezo afite na gahunda ziri imbere. Robertinho ari kubaka ikipe itsinda, njyewe rero ubu umutima wanjye uri muri Vipers SC kuko twatangiye imyiteguro tunakina imikino ya gicuti kugira ngo tuzatangire umwaka w’imikino 2021-2022 duhagaze neza” Anukani aganira n’urubuga rwa Vipers SC

Bright Anukani yerekana umwenda wa Vipers SC

Bright Anukani ni umukinnyi usanzwe anahamagarwa mu ikipe y’igihugu ya Uganda “Uganda Cranes” kuko ari no mu bakinnyi baserukiye iki gihugu mu mikino ya nyuma ya TOTAL CHAN 2020 yabereye muri Cameron nyuma yo kuba yari mu ikipe ya Uganda Cranes yatwaye CECAFA Senior Challenge Cup 2019.

Vipers SC ibitse igikombe cya shampiyona 2020-2021, kuri ubu bari mu rugendo rwo gushaka uko bakongera umubare w’ibikombe bya shampiyona kuko ubu babitse bitanu.

CAF Confederations Cup: Anukani strike enough to hand Proline draw in  Rwanda - PML Daily

Bright Anukani ubwo AS Kigali yahuraga na Proline FC muri TOTAL CAF Confederation Cup 2019

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − four =

Previous Post

Raporo y’ubushakashatsi bwa PEPFAR igaragaza ko umubare w’abangavu bandura SIDA uzamuka

Next Post

GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

IZIHERUKA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa
AMAHANGA

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

GATSIBO: Ishuri ry’umuryango intwaro ikomeye yo guhashya ikibazo cy’abangavu baterwa inda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.