Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite ndetse na bamwe mu bagize Guverinoma ya Uganda, bari bahagurutse basaba ko iserukiramuco rizwi nka Nyege Nyege rihagarikwa ngo kuko rikongeza ubusambanyi n’ubutinganyi, gusa byaje kwemezwa ko kizaba ariko ku mabwiriza akarishye.

Iri serukiramuco ryari rimaze imyaka itatu ritaba kubera icyorezo cya COVID-19, biteganyijwe ko rizaba mu cyumweru gitaha aho rizamara iminsi ine.

Gusa Intumwa za rubanda, na bamwe mu bagize Guverinoma bari bamaganye iri serukiramuco, bavuga ko rigira uruhare mu kwangiza urubyiruko kubera ibirikorerwamo.

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robina Nabbanja yatangaje ko iri serukiramuco rizaba ariko hubarizwa amabwiriza akomeye azashyirwaho.

Mu kiganiro n’abafatanyabikorwa ndetse n’abategura iri serukikiramuco, Robina Nabbanja yagize ati “Igitaramo kizaba ku mabwiriza akomeye. Gikurura ba mukerarugendo benshi bo hanze; ntabwo twakwitesha aya mahiriwe muri iki gihe turi kuva mu ngaruka za COVID-19.”

Abadepite ku wa Kabiri bari bazamuye impaka zikomeye bagaragaza impungenge z’iri serukiramuco, bavuga ko rigira uruhare mu kwamamaza ubusambanyi mu Gihugu, basaba ko rihagarikwa.

Umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko witwa Sarah Opendi yari yagize ati “Kizahuruza abantu b’amoko yose bazaturuka ku Isi hose, batuzanire ingeso zabo mbi.”

Iyi Ntumwa ya Rubandam yavugaga ko iri serukiramuco riberamo ibikorwa byo kureshya abashaka kuba abatinganyi ndetse no kubibigisha.

Gusa Minisitiri w’Ubukerarugendo, Martin Mugarra we yakomeje gushyigikira ko iri serukiramuco ryaba kuko kugeza ubu hari abanyamahanga ibihumbi umunani (8 000) bamaze kwiyandikisha ko bazaryitabira.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anitah Among na we ari mu bari bamaganye iki gikorwa aho yari yagize ati “Ntabwo twakwemera ko ibikorwa nk’ibi bibera ku butaka bw’Igihugu cyacu ni gute mwakwemera kugurisha ayo matike hejuru y’ubuzima bw’abana bacu? Muri kwamamaza ubutinganyi muri Uganda.”

Minisitiri ushinzwe imyitwarire n’uburere mboneragihugu, Rose Lilly Akello yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko ko Minisiteri ye ndetse na Polisi baherutse guhura n’abategura Nyege Nyege bakabaha amabwiriza bagomba kuzagenderaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Ruto yise Kenyatta boss we nubwo yamuteye umugongo anahishura icyo baganiriye

Next Post

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.