Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga

radiotv10by radiotv10
08/09/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Igitaramo kivugwaho gukongeza ubusambanyi n’ubutinganyi hamenyekanye icyatumye kidahagarikwa nkuko byifuzwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite ndetse na bamwe mu bagize Guverinoma ya Uganda, bari bahagurutse basaba ko iserukiramuco rizwi nka Nyege Nyege rihagarikwa ngo kuko rikongeza ubusambanyi n’ubutinganyi, gusa byaje kwemezwa ko kizaba ariko ku mabwiriza akarishye.

Iri serukiramuco ryari rimaze imyaka itatu ritaba kubera icyorezo cya COVID-19, biteganyijwe ko rizaba mu cyumweru gitaha aho rizamara iminsi ine.

Gusa Intumwa za rubanda, na bamwe mu bagize Guverinoma bari bamaganye iri serukiramuco, bavuga ko rigira uruhare mu kwangiza urubyiruko kubera ibirikorerwamo.

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robina Nabbanja yatangaje ko iri serukiramuco rizaba ariko hubarizwa amabwiriza akomeye azashyirwaho.

Mu kiganiro n’abafatanyabikorwa ndetse n’abategura iri serukikiramuco, Robina Nabbanja yagize ati “Igitaramo kizaba ku mabwiriza akomeye. Gikurura ba mukerarugendo benshi bo hanze; ntabwo twakwitesha aya mahiriwe muri iki gihe turi kuva mu ngaruka za COVID-19.”

Abadepite ku wa Kabiri bari bazamuye impaka zikomeye bagaragaza impungenge z’iri serukiramuco, bavuga ko rigira uruhare mu kwamamaza ubusambanyi mu Gihugu, basaba ko rihagarikwa.

Umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko witwa Sarah Opendi yari yagize ati “Kizahuruza abantu b’amoko yose bazaturuka ku Isi hose, batuzanire ingeso zabo mbi.”

Iyi Ntumwa ya Rubandam yavugaga ko iri serukiramuco riberamo ibikorwa byo kureshya abashaka kuba abatinganyi ndetse no kubibigisha.

Gusa Minisitiri w’Ubukerarugendo, Martin Mugarra we yakomeje gushyigikira ko iri serukiramuco ryaba kuko kugeza ubu hari abanyamahanga ibihumbi umunani (8 000) bamaze kwiyandikisha ko bazaryitabira.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anitah Among na we ari mu bari bamaganye iki gikorwa aho yari yagize ati “Ntabwo twakwemera ko ibikorwa nk’ibi bibera ku butaka bw’Igihugu cyacu ni gute mwakwemera kugurisha ayo matike hejuru y’ubuzima bw’abana bacu? Muri kwamamaza ubutinganyi muri Uganda.”

Minisitiri ushinzwe imyitwarire n’uburere mboneragihugu, Rose Lilly Akello yasobanuriye Inteko Ishinga Amategeko ko Minisiteri ye ndetse na Polisi baherutse guhura n’abategura Nyege Nyege bakabaha amabwiriza bagomba kuzagenderaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Ruto yise Kenyatta boss we nubwo yamuteye umugongo anahishura icyo baganiriye

Next Post

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Nyamasheke: Basenyeshejwe inzu babagamo bizejwe amabati none umwaka urihiritse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.