Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira
Share on FacebookShare on Twitter

Indirimbo yari isanzwe ikundwa na Jacob Oulanyah wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uherutse kwitaba Imana azize uburwayi, yabyinnwe n’Abadepite mu rwego rwo kumwunamira.

Izi ntumwa za rubanda, zabyinnye indirimbo yitwa ‘Yoo leng’ ya Romeo Odong uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yakundwaga cyane na nyakwigendera Jacob Oulanyah.

Iyi ndirimbo yabyinwe n’izi ntumwa za rubanda kuri uyu wa Mbere ubwo zari mu Kiriyo kibanziriza umunsi wo guherekezaho bwa nyuma nyakwigendera mu muhango uteganyijwe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Werurwe 2022.

Muri uyu muhango wabereye i Muyenga aho nyakwigenera yari atuye, wari uyobowe n’Umushumba Rev. Can. Onesmus Asiimwe uyobora urusengero rwitiriwe Mutafatifu Francis i Makerere, hongeye kugarukwa ku byaranze nyakwigendera.

Rev. Can. Onesmus Asiimwe yagize ati “Jacob Oulanyah yakoze ibyo yari ashoboye muri iyi si, tuzahora iteka tumwibuka kandi dushimira Imana ko yarangije ubutumwa bwe hano ku Isi.”

Tariki 20 Werurwe 2022, nibwo Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yatangaje iby’urupfu rwa Hon Jacob L’Okori Oulanyah wari umaze iminsi arwaye ndetse wari wagiye kwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Urupfru rwa Oulanyah rwagiye rugarukwaho na benshi bihanganisha Uganda ku bwo kubura uyu muyobozi mukuru aho mu nama idasanzwe ya 19 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, abakuru b’Ibihugu bongeye kwihanganisha igihugu kinyamuryango Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + fourteen =

Previous Post

Bidasubirwaho DRCongo yamaze kuba Umunyamuryango wa EAC, Abakuru b’Ibihugu bayihaye ikaze

Next Post

DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo

DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.